Umunyanigeria Klint da Drunk yarwaje imbavu abitabiriye Seka Live yari iyobowe na Rutura

Mu gitaramo cy’urwenya cyitwa Seka Live gitegurwa na Nkusi Arthur uzwi nka Rutura, umunya Nigeria Afamefuna Klint Igwemba uzwi ku izina rya Klint da Drunk yatembagaje imbaga yari yitabiriye ibi birori, ava ku rubyiniro abantu badashize ipfa.

Klint da Drunk yatumye abantu bitabiriye Seka Live bataha bikanda imbavu
Klint da Drunk yatumye abantu bitabiriye Seka Live bataha bikanda imbavu

Mu gihe kirenga gato iminota 45 ari ku rubyiniro, abumva neza icyongereza gikoreshwa muri Nigeria ntabwo bigeze bafatanya umunwa kuva atangiye kugeza asoje, aho yaje no gutera urwenya by’umwihariko ku cyongereza gikoreshwa iwabo muri Nigeria.

Kuri iki cy’ururimi, yagaragaje icyongereza cy’iwabo nk’ururimi rusetsa cyane Abanyamerika, atanga urugero ku ndirimbo Wizkid yakoranye na Beyonce aho abantu bumvaga amagambo ya Wizkid bakananirwa kumenya niba ari icyongereza.

Nkusi Arthur wari uyoboye iki gitaramo ari na we wagiteguye, yateye urwenya kuri gahunda za Polisi zirimo “Gerayo Amahoro”, impushya z’ibinyabiziga, anatera urwenya kuri Yesu yibaza ukuntu yagaruka agahindura amazi Divayi kandi Polisi yahita imuhuhishamo.

Nkusi Arthur uzwi nka Rutura utegura Seka Live na we ntiyatanzwe mu gusetsa abitabiriye iki gitaramo
Nkusi Arthur uzwi nka Rutura utegura Seka Live na we ntiyatanzwe mu gusetsa abitabiriye iki gitaramo

Kuri iyi nshuro, ntabwo iki gitaramo cyitabiriwe nk’uko byari bisanzwe bigenda, kuko wabonaga mu myanya yo hagati n’inyuma abantu ari bacye, gusa ntabwo byabujije abaje kwishima no kugorora imbavu.

Wari umwanya kandi wo guha impano nshyashya zirimo Patrick , Divine, Milly na Mercy, aho nabo bahawe umwanya wo kwigaragariza abakunzi b’urwenya, bakabasha kugaragaza ko ejo hazaza habo ari heza mu gutera urwenya.

Dore mu mafoto uko iki gitaramo cyari kimeze

Dr Efenekwe w'umunyakenya na we yasekeje cyane abitabiriye Seka Live
Dr Efenekwe w’umunyakenya na we yasekeje cyane abitabiriye Seka Live
Umwe mu bagize Bigomba guhinduka Team na we byamurenze araseka
Umwe mu bagize Bigomba guhinduka Team na we byamurenze araseka
Abitabiriye batashye batifuza gutaha
Abitabiriye batashye batifuza gutaha
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka