Yanga yitabye Imana

Nkusi Thomas wamamaye cyane ku izina rya ‘Yanga’ mu gusobanura amafilimi mu rurimi rw’Ikinyarwanda, yitabye Imana azize uburwayi.

Yanga yitabye Imana
Yanga yitabye Imana

Inkuru y’urupfu rwa Yanga yamenyekanye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Kanama 2022, amakuru akavuga ko yazize uburwayi, akaba yaguye muri Afurika y’Epfo.

Nkusi Thomas amaze igihe yarahagaritse ibikorwa byo gusobanura Filimi, ahubwo yari asigaye agaragara atanga ubuhamya ko yahindutse umurokore, ko kumenya Imana byamufashije guhindura imyitwarire ndetse ahitamo no guhagarika aka kazi ke yakoraga ka buri munsi kari kamutunze.

Ubu nta kandi kazi kazwi yakoraga kuko ibikorwa byo gusobanura amafilimi mu Kinyarwanda, byakorwaga n’abandi bantu batandukanye.

Ku mbuga nkoranyambaga hatambutse ubutumwa bw’umubabaro buvuga ku rupfu ry’uyu Nkusi Thomas, witabye Imana bitunguranye, akaba yaguye muri Afurika y’Epfo aho yari amaze iminsi arwariye.

Yanga yamamaye mu gusobanura Filimi zari zigezweho hagati y’umwaka wa 2000 na 2013.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 20 )

yanga Imana imwakire mubayo yatugezaho agasobanuye hano iwacyu congo

Niramure fidel yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize

mana nyagasani wumve ubusabe bwacu umutuze aheza wadusezeranyije

KARASIRA Fiston yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize

Urupfu tugendana narwo.Tuge duhora twiteguye.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,ibyubahiro,etc...Nkuko imana yaturemye ibidusaba,tujye dushaka ubwami bw’imana cyane,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana ko batazazuka.Ntitukemere ababeshya ko upfuye aba yitabye imana.Siko bible ivuga.

gatera john yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize

Tujye tubaho nkaho uwo munsi waba uwacu wa nyuma mu buzima.

Umunyabwenge Salomon mu mubwiriza 3:1-2 agira ATI:
[1]Ikintu cyose kigenerwa igihe cyacyo, n’icyagambiriwe munsi y’ijuru cyose gifite umwanya wacyo.
[2]Hariho igihe cyo kuvuka n’igihe cyo gupfa, igihe cyo gutera n’igihe cyo kurandura ibikūri.

Aaron Sabayesu yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize

Arikose nigute twabura intwari 2 umunsumwekoko?basuzume ububurwayi bwadutwaye abantu niba ntabagiranabi babirinyumap!

MUGABO Gillaumme yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize

RIP nkusi Thomas

Iradukunda Jean D’amour yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize

Muduhe amakuru yanyayo

Ariel yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize

RIP MUVANDI

ni yanditse ku itariki ya: 17-08-2022  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka