Film nshya igaragaza uko Abanyarwanda bahezwa hanze na bene wabo

Hasohotse Film Unzi Igice igaragaza uko Abanyarwanda bari mu mahanga badatahuka kubera ko bababeshya uko u Rwanda rutari, kugira ngo bagumane imitungo.

Film Unzi Igice, yanditswe na Nyirinkindi Uwezeyimana Clement, igaragaza neza uko mu Rwanda hari Abanyarwanda babeshya bene wabo baba mu mahanga bababwira ko u Rwanda rudahagaze, mu rwego rwo kugira ngo batazigera batekereza gutaha, kugira ngo bagume mu mitungo yabo ndetse bamwe unasanga baranayigurishije.

Bamwe mu bagaragara muri iyi Filme
Bamwe mu bagaragara muri iyi Filme

Clement avuga ko ajya kwicara agatekereza kwandika iyi film, yabitekereje nyuma y’uko hari imwe mu ncuti ze wari warahungiye hanze y’igihugu, nyuma akajya abaza uko mu Rwanda bimeze, bene wabo bakajya bamubwira ko uko u Rwanda rutari.

Ati “Byarambabaje cyane, twari duturanye iwacu Gikongoro, bakajya bamubeshya bakamubwira ibintu bibi gusa kugira ngo atazigera atahuka, ariko njye naje kubimufashamo mubwiza ukuri uko u Rwanda rurimo gutera imbere”.

Akameza avuga ko, hari ingero nyinshi afite za bamwe mu nshuti ze agenda yumva mu biganiro, babeshya bene wabo bakabereka uko u Rwanda rutari, bagamije inyungu zabo bwite.

Ati “Iyi film nayanditse ndanayikina ahanini ngamije kwereka abanyarwanda ababa hanze “Diaspora”, uko u Rwanda ruhagaze ubu nkanabereka uko dushaka u Rwanda muri vision 2020, kugira ngo bihere ijisho aho kujya babeshywa”.

Uwizeyimana wanditse iyi Filme
Uwizeyimana wanditse iyi Filme

Iyi Filme kuyita “Unzi Igice” ngo yashakaga kumvikanisha ko abantu bari mu mahanga u Rwanda baruzi igice, uko barubwirwa Atari ko rumeze ubu.

Iyi Filme, igaragaramo umusaza utuye za Nyarutarama, aho abeshya murumuna we ko u Rwanda nta terambere rizigera rihagera. Aho agenda agafata amafoto y’ahantu hadasa neza, akayamwoherereza amwereka uko u Rwanda ruri.

N’ubwo akora ibi aza kugaragara agenda mu modoka nziza, ndetse anatuye mu mazu meza, ahanini yarabigezeho kubera imitungo ya murumuna we yariye.

Uwizeyimana wanditse iyi Film akanayikina, ubusanzwe yikorera akazi k’ubucuruzi, iyi film akaba ayisohoye nyuma y’imyaka itatu ayitekerezaho.

Ushaka iyi Filme wayisanga kuri https://www.youtube.com/watch?v=BAhD3vx8HJg

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Iyi filime ninziza pe! gusa nitugahe amaso gusa. tujye Dukuramo ninyigisho kandi tuzishyire mubikorwa.

Ufitinema gerard yanditse ku itariki ya: 8-10-2015  →  Musubize

Iyi film iranyemeje,biragoye kwemera ko yakorewe mu Rwanda kbsa.En plus harimo ubutumwa bufatika.Good job Uwizeyimana Clement,keep it up!

Janviere Bicu yanditse ku itariki ya: 4-10-2015  →  Musubize

mana we muraje kwemera kbsa mbega film iryoshye unzi igice film by uwizeyimana clement

mawazo angelique yanditse ku itariki ya: 3-10-2015  →  Musubize

Iri ni ikosora haba mu mikinire n’ubutumwa itanga. Keep it up Uwizeyimana Clement. Uziye igihe!

Ved. Muhirwa yanditse ku itariki ya: 3-10-2015  →  Musubize

Dore umugabo ureba kure ahubwo bireze ibyo yakinye ahubwo c aboneka ate?

mariko yanditse ku itariki ya: 2-10-2015  →  Musubize

igikorwa nkiki ni inyamirwa, abanyarwanda twese turusheho gusobanura no gusabanukirwa iterambere,umutekano n’ibindi byinshi byiza biri mu gihugu cyacu,felicitation kuri Uwizeyimana Clement.

Mfuranzima marie Josee yanditse ku itariki ya: 2-10-2015  →  Musubize

At least this is movie, keep it up!!

yasini yanditse ku itariki ya: 2-10-2015  →  Musubize

yoooo ariko abo banyarwanda barabaroze, banga na bene Wabo? ngaho bayobozi unva ko mwabuze inpfashanyigisho!!!!

kayiranga yanditse ku itariki ya: 2-10-2015  →  Musubize

mbega byiza we maze kuyireba abayobozi b,igihugu nibafate iya mbere bigishe abanyarwanda bayifashishije dusabe n,abari muri Rwanda day bayirebe bravoooo

tito yanditse ku itariki ya: 2-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka