Abiga ubumenyingiro bazungukira ubumenyi muri filime igiye gukinirwa mu Rwanda
Abiga amasomo ajyanye n’ubumenyingiro bagiye kungukira ubumenyi muri Filime yitwa “Muganga” igiye gukinirwa mu Rwanda guhera ku wa gatandatu tariki ya 28 Werurwe 2015.
Ibi byatangajwe, ku wa Gatanu tariki ya 27 Werurwe 2015 na Dorcie Rugamba, umuyobozi wa Rwanda Arts Initiative yateguye iyi filime, akaba umuyobozi wayo ndetse n’umwe mu bazagaragara bakina muri iyi filime.

Rugamba yagize ati “Iyi filime yatewe inkunga n’ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), izafasha abana b’abanyarwanda kwihugura mu bumenyingiro butandukanye biga, buzaba bukenerwa mu gihe tuzaba dukina iyi filime. Biteganyijwe ko izakinwa igihe kirekire kuko iyi filime ‘Muganga’ ari filime y’uruhererekane (Serie)”.
Rugamba yakomeje atangaza ko mu byiciro bazakinamo iyi filime byose bazajya bahugura abanyeshuri babiri babiri biga ubumenyingiro mu myuga itandukanye ikenerwa muri filime, kugeza igihe iyi filime izarangirira.
Ati “Muri iyi filime tuzakorana n’inararibonye mu kuyobora filime, mu gufata amashusho, mu gusiga no gutaka imibiri y’abantu, mu kwambika abantu, mu gufata amajwi ndetse no mu gutanga urumuri mu gihe tuzaba dukina”.

Izo nararibonye mu myuga itandukanye Rugamba yatangaje ko bazaziha abanyeshuri babiri babiri bazajya bazigiraho muri icyo gihe cyo gukina, kugira ngo bazarangize bafite ubumenyi kandi bamenyereye no gukora, bikazabafasha kuzahita bibona ku isoko ry’umurimo batarinze gutegereza.
Rugamba atangaza ko iyi filime y’uruhererekane yiswe “Muganga” izashimisha abantu cyane kuko iteguranye ubuhanga, ikaba izanafasha abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga kwirinda indwara kuko ikubiyemo ubutumwa ku buvuzi, buri mu ndimi eshatu Ikinyarwanda, Igifaransa n’Icyongereza.
Roger Marc Rutindukanamurego
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Turategereje. Nonese imvugo niyongiro? Arikontimukagaragaze amarira menshi, kuko yumunyarwanda amena amarira ubona biteye agahinda. Impamvu zimwenazimwe flm nyarwana zidakurikirwa kubwangembona aruko habaharimo amarira.