Riderman ari mu bahanzi bahabwa amahirwe yo kwegukana Guma Guma

Benshi mu bakurikiranira hafi iby’amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star baraha amahirwe umuhanzi Riderman kuba yakwegukana ay’uyu mwaka kuko ariwe wagaragaje gukundwa cyane no kugira abafana benshi kurusha abandi.

Mu bitaramo byagiye bibera hirya no hino byakomeje kuvugwa ko Riderman yashimishije cyane abafana ndetse akaba yaranagaragaye nk’umuhanzi ufite imbaga nini y’abafana.

Abafana ba Riderman i Rubavu.
Abafana ba Riderman i Rubavu.

Mu gihe kandi mu bandi bahanzi harimo abavugwaho kugura abafana no kuba aribo babihera ibyapa bibamamaza, Riderman we ibyo ngo ntabikozwa nyamara akarenga akagira abafana benshi cyane.

Uretse Riderman uhabwa amahirwe yo kwegukana insinzi, hari abandi nabo bavuga ko Knowless ariwe uzayegukana kubera uburyo nawe yitwara ku rubyiniro (stage).

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 13 )

uyu musore ni umuhanzi, umusizi,...
ahubwo yatinze kucyegukana!
Let’s go Ridezo, Igisumizi!!!

venuste yanditse ku itariki ya: 28-07-2013  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka