PGGSS: Jay Polly yemeje Abanyakarongi

Ubwo abahanzi 9 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star Season 2 biyamamazaga mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, tariki 12/05/2012, Abanyakarongi batagira ingano bagaragarije umuhanzi Jay Polly ko bamushyigikiye byimazeyo.

Jay Polly akigera imbere y’imbaga y’abantu ibihumbi n’ibihumbi bari buzuye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cya Ruybengera, abantu bahise basakuriza rimwe bashyira amaboko hejuru abandi bafite igitambaro cyanditseho izina rye nk’ikimenyetso cy’ibyishimo bari bamufitiye.

Abakunzi ba Jay Polly ni bo bonyine bitwaje igitambaro kiriho izina ry'umuhanzi wabo.
Abakunzi ba Jay Polly ni bo bonyine bitwaje igitambaro kiriho izina ry’umuhanzi wabo.

Jay Polly yaririmbye ari uwa kane ku bahanzi 9 bagombaga kunyura imbere y’imbaga, ariko abamubanjirije wabonaga badasusurutsa abantu cyane nkawe, dore ko we yaririmbaga indirimbo ze abaje kureba bose bakaririmbana nawe kuva indirimbo igitangiye kugeza irangiye.

Ku bahanzi 10 bari bari mu irushanwa, 9 ni bo basigayemo nyuma y’uko uwitwa Emmy avuyemo kubera ko yari afite uruzinduko rwo kujya kwiga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Abanyakarongi batagira ingano bitabiriye kwiyamamaza kw'abahanzi muri Primus Guma Guma Super Star Season 2
Abanyakarongi batagira ingano bitabiriye kwiyamamaza kw’abahanzi muri Primus Guma Guma Super Star Season 2

Muri iyi minsi abahanzi basigaye muri Primus Guma Guma Super Star Season 2 barazenguruka mu turere twose tw’igihugu biyereka abafana babo ari nako babaha amanita. Biteganyijwe ko uzegukana iri rushanywa azamenyekana tariki 23/07/2012.

GASANA Marcellin

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Njyewe wendumu fan waTom ndabona pggss izatwarwanabo
bomu tsinda rya Taff Gangs kandi mujye mutugezaho amakuru yabahanzi bomuri Congo

Gasre Deplick yanditse ku itariki ya: 13-05-2012  →  Musubize

uyu muco wo gushyigikira umukunzi wawe n’amazina ye ku gitambaro ni mwiza.ni byiza abanyakarongi mukomereze aho n’abandi banyarwanda mubonereho!

yanditse ku itariki ya: 13-05-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka