Nyamitari yaretse kuririmba indirimbo zihimbaza Imana kugira ngo yisanzure

Umuhanzi Patrick Nyamitari wamenyekanye cyane aririmba indirimbo z’Imana akaza guhindura akaririmba izisanzwe, yavuze ko yabitewe n’uko mu rusengero yumvaga hadatuma yisanzura uko bikwiye kandi ari umuhanzi munini.

Nyamitari yahagaritse kuririmba indirimbo z'Imana kugira ngo yisanzure mu buhanzi
Nyamitari yahagaritse kuririmba indirimbo z’Imana kugira ngo yisanzure mu buhanzi

Avuga ko agiye kujya aririmba indirimbo zitari izo mu rusengero, gusa abantu benshi cyane cyane abo mu rusengero babifashe nko guta umurongo kandi ari amafuti.

Nyamitari we avuga ko abantu bagakwiye kwemera impinduka, ati “Nk’uko ushobora kubona umuntu avuye mu kazi kamwe akajya mu kandi kamuhemba menshi ntihagire ubona ko bidasanzwe, ni ko nanjye navuye mu ndirimbo zo mu rusengero gusa nkaguka nkajya no hanze”.

Mu rusengero Nyamitari avuga ko hamufungaga hamubuza kugera ku bantu benshi no kuririmba ibyo ashaka.

Ati “Buriya hari ibintu byinshi ntabashaga kuririmba, hari n’abantu ntari bugereho kuko nari meze nk’uboshye ariko nanone bitavuze ko uyu munsi ntakora indirimbo nshima Imana cyangwa se ikindi”.

Nyuma yo kuva mu ndirimbo zo mu rusengero, Nyamitari yasohoye indirimbo nyinshi zivuga urukundo rw’umukobwa, ubuzima n’ibindi. Kuri ubu afite iyitwa ‘Umwiza’ aherutse gusohora.

Mu bahanzi bafite amajwi meza Nyamitari akenshi azamo, kuri we akavuga ko umuhanzi mwiza ari ufite umwihariko utuma abantu bamutandukanya n’abandi byoroshye, kandi akaba afite uburyo bw’imyandikire butandukanye.

Ati “Wa muntu uzumva ijwi rye ugahita umenya ngo ni runaka cyangwa se uburyo bwe bwo kwandika bikagukurura”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Twagukundaga none ujyiye ngo kwisanzura kwisanzura ubwo uraje
Uhimbe indirimbo zirimo amagambo Atari meza Kandi nyamara iyo wigumira muri Gospel yarigukingiye byinshi cyane wibuke ko hanze ari habi ibi nkubwiye uzabona ingaruka zabyo (ubwo uvuye mumasezerano ntampamvu)

Gaspard yanditse ku itariki ya: 25-02-2021  →  Musubize

Tujye twitondera abavuga ko baririmba "indirimbo z’Imana".Kubera ko kenshi baba bishakira kumenyekana (fame) cyangwa amafaranga.Usanga kandi benshi biyandarika mu bakobwa cyangwa abahungu.Ikindi kandi,ijambo ry’imana rivuga ko "bubahisha Imana iminwa yabo,nyamara umutima wabo uri ahandi".Ibyo byitwa "godly appearance" (kwerekana ko ukorera Imana,nyamara hali ibindi ugamije).Ibyo bibabaza Imana cyane.Ni hypocrisy.

rutebuka yanditse ku itariki ya: 24-02-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka