Mico The Best yakuye urujijo ku bibaza ku magambo yo mu ndirimbo ze

Benshi bakunze kwibaza ku myandikire y’umuhanzi Mico the Best, akaba yasobanuye ko ibihangano bye biba bigomba kugira umwihariko, nk’uko yabigarutseho mu kiganiro kuri Kt Radio kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Kamena 2021.

Mico The Best
Mico The Best

Ni nyuma y’indirimbo nka Igare, Umunaba n’iyo aherutse gusohora mu cyumweru gishize yise Amabiya. Mu gusobanura inyito yazo yagize ati “Iyi myandikire ni mishya si ko nahoze nandika mbere, ubu ndeba icyo isoko rikeneye akaba aricyo mbaha”.

Yakomeje agira ati “Nk’abantu batinya kuvuga ijambo amabiya bikanga ibindi icya mbere nashatse kuvuga inzoga z’urufuro mu cyongera bita beer, kurivuga rero nta nka mba naciye amabere. Usibye ko n’igice cy’umubiri umuntu aba atinya kuvuga na cyo kibaho n’ubwo atari byo navugaga”.

Ku ndirimbo za mbere yavuze ko imyandikire ifite umwihariko ati “Iyo nsohoye indirimbo mba nshaka ko abantu babimenya, kandi iyo zifite umwihariko mu myandikire nk’izanjye barazimenya. Kandi zose ziba zifite ubutumwa”.

Mico yavuze ko amabiya harimo ubutumwa buvuga ko kunywa inzoga nyinshi ugasamara atari byiza, kugeza aho utangira kwicuza mu gitondo utazi aho waraye.

Indirimbo amaze iminsi asohora imwe imwe, yavuze ko ari gutegura album ku buryo hazaba hariho indirimbo zimenyerewe n’izindi zizasohokera rimwe na album, kugeza ubu iracyarimo gutunganywa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

turashima inkuru mutugezaho ariko muzatubwire kubahoze mwitsinda rya charl na nina. murakoze

junis mukeshimana yanditse ku itariki ya: 14-08-2021  →  Musubize

iyo werura ukayita amabya bashaka bakajya kuri RIB puuh imyumvire mikeya

mugune yanditse ku itariki ya: 2-07-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka