Kalisa John yatangaje ko nta bucuti budasanzwe afitanye na Young Grace

Kalisa John a.k.a Kjohn azwi cyane muri Entertainment nk’umuntu uteza imbere abahanzi (promotion). Mu minsi ishize yaragaragaweho cyane kwibanda ku makuru y’umuhanzi Young Grace bityo bituma abantu benshi babyibazaho cyane.

John Kalisa yanditse ku rubuga rwe rwa facebook agira ati: “Bafana banjye nikundira reka mberurire impamvu mukunda kubona mpositinga cyane Young Grace ntabwo ari uko mukunda urukundo rwo kubana cyangwa kuryana ahubwo nababwiye ko turi ku isi yo gushaka amafaranga".

Amafoto anyuranye Kjohn ari kumwe na Young Grace
Amafoto anyuranye Kjohn ari kumwe na Young Grace

Yakomeje agira ati "Ntimugakeke ko dukundana kuko afite umukunzi kandi nanjye mfite uwanjye; mbese Grace tubanye kubera ari muri Big Star Entertainment nawe umunsi uzinjiramo tuzagufasha niba ushaka kwinjiramo hamagara 0728171330 promotion ni 40% ni ubuntu”.

Kalisa John (Kjohn) na Young Grace
Kalisa John (Kjohn) na Young Grace
Kjohn na Young Grace.
Kjohn na Young Grace.

Young Grace avugwaho kuba yaba abyumva kimwe n’umusore wagaragaye bakora ubukwe mu mashusho aherutse gufata y’indirimbo ye “Uri final” nyuma y’uko yavuzweho gukunda Lil G ariko Lil G we ntamukunde.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

hahha ntibakatubeshye!barabihisha ariko amaherezo bikagaragara!ese kuki iyo promotion atayikorera n’abandi bahanzi?kuki buri munsi buri saha aba yivugira gusa Young Grace???

Love Ukuri yanditse ku itariki ya: 31-01-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka