Umunyamidelikazi akaba n’umwe mu bagore b’abaherwe, ufite inkomoko muri Uganda, Zari Hassan uzwi nka ‘The Boss Lady’, yakuyeho urujijo ku mashusho aherutse gusakara ku mbuga nkoranyambaga afatanye agatoki ku kandi n’uwahoze ari umugabo we, Diamond Platnumz, bigakekwa ko basubiranye.
Umuhanzikazi Simisola Bolatito Kosoko, akaba umwe mu bagore bakundirwa ijwi ryiza muri muzika ya Nigeria no ku rwego mpuzamahanga, yasobanuye uko Facebook yamuhuje n’umugabo n’uburyo atifuzaga gushakana n’umuhanzi.
Umuhanzi Usher Raymond IV wamamaye mu muziki mpuzamahanga mu njyana ya R&B, nka Usher, yatangaje ko nyuma ya alubumu ye nshya yahurijeho abahanzi bo muri Nigeria, agiye gutangira gukora indirimbo mu njyana ya Afrobeats.
Uko iminsi igenda itambuka ni nako umuziki nyarwanda ugenda urushaho gutera imbere mu buryo bugaragara ndetse bikagaragarira mu buryo abahanzi bakomeje kwigaragaza ku ruhando mpuzamahanga by’umwihariko mu Karere.
Nyakwigendera Randeresi Landouard waririmbye ‘Karoli Nkunda’, indirimbo benshi bakunze kwita ‘Karoli nshuti yanjye y’amagara’, ni umwe mu bahanzi bo hambere bigiye gucuranga mu kigo cyitaga ku bafite ubumuga cya Gatagara, ahahoze ari muri Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Karere ka Nyanza.
Umwuga wo kuvanga umuziki (Deejay) ntumenyerewe cyane mu bakobwa kuko kuva mbere wasangaga ukorwa n’ab’igitsina gabo gusa ariko uko imyaka yagiye izamuka, ni ko n’abakobwa bagenda barushaho kuwinjiramo ndetse bakanagaragaza ko bashoboye.
Beyoncé Giselle Knowles-Carter, umuhanzikazi ukomoka muri Amerika, yabaye umwiraburakazi wa mbere wakoze amateka, indirimbo ye aherutse gushyira hanze ikayobora urutonde rwa Billboard country chart’ rw’injyana za Country Music.
Abahanzi nka Michael Jackson, Whitney Houston, umwami n’umwamikazi mu njyana ya Pop na RnB, ni bamwe mu bagiye bakora amateka bagaca uduhigo tutarakurwaho n’undi uwo ari we wese bakagurisha miliyoni za kopi za Alubumu ku bakunzi babo hirya no hino ku isi.
Rusanganwa Norbert, uzwi nka Kenny Sol, akaba umwe mu bahanzi bahagaze neza bamaze no kugwiza igikundiro mu Rwanda no mu Karere, yamaze kwinjira mu mikoranire na label y’umuziki ya 1:55 AM, iyobowe na Karomba Gael, uzwi ku izina rya Coach Gael.
Umusaza Ngombwa Timothée wahimbye indirimbo zirenga 100 zirimo izagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu nka Ziravumera, Ziganjamarembo, n’izindi, yatangarije Kigali Today ko nyuma y’igihe kirekire yari amaze arwaye, ubu noneho aje guhagarara ku bihangano bye byitirirwa abandi bahanzi.
Umuhanzikazi akaba n’umukinnyi ukomeye muri sinema ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Jennifer Lopez, yatangaje ko akazina ka ‘Ifunanya’, ari ryo zina ry’akabyiniriro agiye kujya yitwa.
Mu birori biba bihanzwe amaso n’Isi yose, biherekeza umukino wa nyuma wa Shampiyona ya NFL (American Football) bizwi nka Super Bowl halftime Show, abahanzi Taylor Swift na Beyoncé batangaje ko bitegura gushyira hanze Album zabo nshya.
Umuhanzi mu njyana ya Afrobeats, Joseph Akinfenwa Donus, uzwi cyane ku izina rya Joeboy, nyuma yo gutandukana n’inzu yari isanzwe imufasha ya Empawa Music ya Mr Eazi, yatangaje ko na we yashinze inzu izajya ifasha abahanzi yise ‘Young Legend’.
Mu gitaramo umuhanzi The Ben yakoreye i Kampala ku munsi w’abakundana (Saint Valentin), yatanze ibyishimo ku rwego rwo hejuru ku bakunzi b’umuziki we mu gihugu cya Uganda.
Mu mwuga w’ubuhanzi by’umwihariko kuririmba no gucuranga, habamo abahanzi bakundwa cyane kubera indirimbo runaka kandi nyamara atari bo bazihimbye ariko ugasanga zaratumye bamamara kurusha ba nyirazo (ba nyiringanzo).
Irushanwa rya ‘Rwanda Gospel Stars Live 2024’ ryagarukanye umwihariko, aho rigiye kuzenguruka Igihugu hatoranywa abanyempano bashya, mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana.
Umuhanzi Yvanny Mpano uzwiho kugira impano mu kuririmba, yagaragaje ko kuba yari amaze igihe adakora umuziki nk’uko bikwiye byatewe ahanini n’ibibazo byagiye bimukoma mu nkokora bijyanye n’ubushobozi.
Umuhanzi David Adedeji Adeleke uzwi nka Davido ukomoka muri Nigeria, akaba icyamamare mu njyana ya Afrobeats yahishuye ko nyuma y’uko atabashije kwegukana igihembo cya Grammy, umubyeyi we (nyina) yamusabye kudacika intege.
Umuhanzi Icyishaka David wamamaye ku izina rya Davis D yatangaje izina rya Album yitegura gushyira hanze, ahishurira abakunzi be ko izaba yitwa ‘Retour du Roi’ cyangwa se ‘Kugaruka k’Umwami’.
Umwarimu uri mu kiruhuko cy’izabukuru witwa Kagoyire Rita w’imyaka 75, ni we wahimbye indirimbo Nakunze mama ndamubura ahagana mu 1971, ubwo yari ari mu kiruhuko cya saa sita aho yigishaga mu mashuri abanza i Nyakabungo, mu cyahoze ari komine Ntongwe ubu ni mu karere ka Ruhango ari naho akomoka.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Divine Ikubor, uzwi ku izina rya Rema, yakoze amateka aba uwa mbere wo ku mugabane wa Afurika, wegukanye igihembo mu bitangirwa mu gihugu cy’u Bushinwa.
Ubuyobozi bwa Trace bwatangaje ko Gwladys Watrin yagizwe umuyobozi wa Trace Academia na Trace Rwanda mu rwego rwo kurushaho guteza imbere uburezi bushingiye ku bumenyingiro no kurushaho gufasha iki kigo kwagura ibikorwa byacyo mu Rwanda.
Nyuma y’uko Leta y’u Burundi ifashe umwanzuro wo gufunga imipaka yose iyihuza n’u Rwanda, abahanzi bakomoka muri icyo gihugu bavuga ko icyo cyemezo gifite ingaruka zikomeye cyane by’umwihariko mu rwego rw’imyidagaduro kuko hari ibigiye gusubira inyuma.
Igitaramo cy’umuhanzi wo muri Nigeria, Damini Ogulu, uzwi cyane ku izina rya Burna Boy, muri Grammy 2024, cyashyizwe ku mwanya wa 6 ku rutonde rwa Billboard nk’umuhanzi mu njyana ya Afro-beat witwaye neza ku rubyiniro.
Umuririmbyikazi ukomoka muri Canada, Céline Marie Claudette Dion, nyuma y’igihe arwana n’ibibazo bikomeye by’ubuzima, yongeye kugaragara mu ruhame mu birori byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards, ndetse ashyikiriza igihembo Taylor Swift.
Umuhanzi wamamaye mu njyana ya Afrobeats, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido na bagenzi be bakomoka muri Nigeria batashye amara masa mu bihembo bya Grammy Awards nubwo bahabwaga amahirwe.
Kompanyi ifasha abahanzi yitwa Universal Music Group (UMG) yatangaje ko igiye gukura indirimbo zose z’abahanzi n’abanditsi b’indirimbo isanzwe ireberera inyungu ku rubuga rwa TikTok nyuma y’uko impande zombi zitumvikanye ku masezerano mashya.
Iyo uvuze Hip-Hop nk’injyana y’umuziki mu Rwanda, amwe mu mazina y’abakoze umuziki muri iyi njyana ahita aza mu mitwe y’abantu benshi ni nka Jay Polly, BullDogg, Fireman, P Fla, Green P, MC Mahoni Boni, Riderman, NPC, K8 Kavuyo, Pacson, Diplomate, Bac T, DMS, Neg G, Bably, n’abandi benshi cyane.
Umuhanzi Bruce Melodie uri mu batanze ibiganiro muri Rwanda Day 2024, yageneye impanuro urubyiruko rw’u Rwanda, arusaba gutangira gutekereza k’u Rwanda rw’ahazaza ndetse bagaharanira no kuba urugero rwiza mu byo bakora.
Umuziki urakundwa cyane ku Isi, gusa si ko abawukora bose bahirwa na wo. Mu Rwanda nk’ibindi bihugu, buri mwaka haba abahanzi bagaragaza ko bashobora gukora cyane ku buryo bamenyekana mu ruhando rw’umuziiki akenshi bitewe n’impano, ubushobozi n’ibindi byinshi.