Kompanyi y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), bagaragaje ko uretse gushyigikira uruganda rw’imyidagaduro mu gihugu, hari n’izindi inyungu nyinshi u Rwanda ruzabona nirwakira ibihembo bya Trace Awards 2023.
Icyamamare muri muzika yo muri Nigeria, akaba na rwiyemezamirimo, D’Banj, afatanyije n’umunyamideli w’icyamamare Maria Borges, nibo bazayobora ibirori byo gutanga ibihembo bya Trace ku nshuro ya mbere mu Rwanda.
Umuhanzi Diamond Platnumz, mu mpera z’icyumweru gishize yajyanywe mu bitaro, nyuma yo gufatwa n’uburwayi mbere yo gutaramira mu mujyi wa Arusha muri Wasafi festival.
Umuhanzi MUGISHA Benjamin uzwi nka The Ben, yatangaje ko impamvu adakunda kwirukira gukora ibihangano byinshi, bishingiye ku kuba kuri we akunda guha abakunzi be indirimbo nziza zifite ireme kurusha kuzuza umubare gusa.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Oluwatobiloba Daniel Anidugbe, uzwi cyane nka Kizz Daniel, yahakanye amakuru yavugaga ko yafungiwe muri Côte d’Ivoire azira kwishyurwa ntaririmbe mu gitaramo yari yatumiwemo.
Umuhanzi Kizame Selamani, ni umuhungu w’imfura wa nyakwigendera Buzizi Kizito, umwe mu bahanzi b’abahanga u Rwanda rwagize ahagana mu 1980, akaza kwitaba Imana mu 1996 ku myaka 42 azize ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gihe hasigaye gusa ibyumweru bibiri ngo abanya-Kigali bataramirwe mu gitaramo cy’amateka n’itsinda rikomeye mu njyana ya RnB, ‘Boys II Men’ amatike yaguraga ibihumbi 100Frw, yamaze gushira ku isoko, n’aho abazakoresha ikarita ya BK Arena Prepaid card’ bagabanyirizwaho 30%.
Itsinda rizwi cyane ry’abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana mu njyana zigezweho (Urban Gospel), “Victorious Team”, rikorera umuziki mu Burundi biyemeje kumenyekanisha no kwagurira ibikorwa byabo mu Rwanda.
Umuhanzi ukomeye mu njyana ya Afrobeats, Davido, yihanangirije abantu bakomeje gukwiza ibihuha by’uko yibarutse impanga no gusakaza amafoto ye ya kera ku mbuga nkoranyambaga, abasaba kubireka.
Igitaramo cy’umuhanzi Peter Gene Hernandez uzwi cyane nka Bruno Mars, yahagaritse igitaramo yagombaga gukorera mu mujyi wa Tell Aviv muri Israel, kubera ibibazo by’intambara hagati y’iki gihugu n’umutwe wa Hamas.
Umuraperi w’Umunyakanada, Aubrey Drake Graham, wamamaye ku izina rya Drake, yatangaje ko agiye kuba afashe akaruhuko mu muziki kubera uburwayi amaranye iminsi.
Dusenge Eric ukoresha izina rya Alto mu muziki, nyuma y’igihe atagaragara, yashyize hanze indirimbo ye nshya yise ‘Yego’, yemeza ko atazongera gutindira abakunzi be.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Ishimwe Joshua wamamamaye nka Josh Ishimwe, yasobanuye impamvu magingo aya asubiramo indirimbo z’abandi gusa, ndetse n’impamvu mu muziki we atarobanura ashingiye ku idini abarizwamo nk’umuyoboke.
Producer Li John, umenyerewe mu gutunganya indirimbo z’abandi bahanzi, nyuma yo kwinjira mu ruhando rw’abahanzi mu Rwanda, yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Ndagutinya’, yiyemeza kugeza umuziki ku rwego mpuzamahanga.
Umuhanzikazi wo muri Tanzania, Zuhura Othman Soud uzwi cyane ku izina rya Zuchu, yavuze ko Diamond Platnumz atari umugabo we, bityo ko akwiye gukora ibyo ashaka n’igihe abishakiye.
Ku itariki 24 Nzeri 2023, hateganyijwe igitaramo cyiswe Tujyane Mwami Live Concert, gifite umwihariko wo kuzabanzirizwa n’ivugabutumwa ryo ku muhanda, gusangira ndetse no gufasha abanyeshuri bo mu miryango itishoboye.
Umuhanzi Platini P na Kirenga Gad, bakoze indirimbo bise ‘Ijana ku Ijana’, ikangurira urubyiruko kwigira kuri Perezida Kagame, rukurikije ubutwari bwe, rugakora ibibereye Umunyarwanda.
Emile Nzeyimana uzwi nka Papa Emile, umuhanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana ari mu gahinda gakomeye nyuma y’urupfu rw’umugore we Ineza Parfine.
Shalom Choir yo muri ADEPR Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali yakoreye igitaramo mu nyubako ya BK Arena, abacyitabiriye bashima imigendekere yacyo, dore ko bari bitabiriye ari benshi, kukizamo bikaba byari ubuntu.
Umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana zikunze gukoreshwa muri Kiliziya Gatolika ziri mu njyana ya ‘Classique’, Niyonzima Oreste, agiye kumurika ibitabo bibiri biriho indirimbo 223 zirimo izo yahanze ku giti cye, ndetse n’izindi yakoreye amanota, ibizwi nka ‘solfège’.
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Christian Irimbere, ku Cyumweru tariki 10 Nzeri 2023, yakoze igitaramo cye cya mbere nk’umuhanzi wigenga, nyuma y’imyaka irindwi amaze akora umuziki.
Korali Ambassadors of Christ ibarizwa mu Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, igeze kure imyiteguro y’igitaramo yise ‘Umubyeyi Remera Fundraising Concert’, abazacyitabira bazinjira ku buntu.
Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bahawe ibihembo batsindiye muri Rwanda Gospel Star Live, nyuma y’umwaka n’igice babitegereje.
Umuraperi Hakizimana Amani uzwi nka AmaG The Black, ageze mu Karere ka Musanze amurika Album ye nshya yise Ibishingwe. Ni Album agiye kumurika ku nshuro ya kabiri, akaba avuga ko kwinjira biba ari ubuntu.
Ku wa Kane tariki 7 Nzeri 2023, ni bwo hatangajwe urutonde rw’abahanzi bagezweho mu Rwanda bazifashishwa mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival, bigarutse nyuma y’imyaka itatu bidakorwa imbonankubone.
Shalom Choir yo mu Itorero rya ADEPR Nyarugenge, igiye gukorera igitaramo cy’amateka muri BK Arena, kizanaririmbamo umuhanzi Israel Mbonyi, kwinjira bikazaba ari ubuntu.
Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Iyanya Onoyom Mbuk, wamamaye nka Iyanya, yatangaje ko yigeze kugera ku rwego rwo gushaka kwiyahura kubera ibibazo byo gukena.
Indirimbo Diamond Platnumz yise ‘Achii’, aheruka gukorana na Koffi Olomide yaje ku mwanya wa 9 ku mugabane wa Afurika, ndetse no ku wa 150 ku rutonde rw’izikunzwe ku Isi muri Kanama.
Umuhanzi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Christian Irimbere, yiyambaje ibyamamare mu kuramya Alexis Dusabe na Tuyiringire Arsène [Tuyi], mu gitaramo gikomeye agiye gukorera i Kigali.
Urukiko rwa Brooklyn muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwategetse R. Kelly hamwe na Universal Music Group (UMG) yahoze ireberera inyungu z’uyu muhanzi kwishyura amadolari y’Amerika arenga ibihumbi 500 y’impozamarira igomba guhabwa abagizweho ingaruka n’ibikorwa by’uyu muhanzi.