Miss Sandra Teta yizihije isabukuru y’amavuko afunze

Miss Sandra Teta yizihirije isabukuru y’amavuko muri gereza akaba yarafunzwe azira kongeragutanga sheki zitazigamiye, n’ubu akaba akirimo .

Ibi bibaye nyuma y’uko nta gihe kinini kirashira uyu Miss Sandra Teta afunzwe azira guha umucuruzi Nkusi Godfrey sheki itazigamiye ariko nyuma y’igihe gito bakamurekura nyuma yo kumvikana n’uyu mucuruzi uburyo azamwishyura.

Miss Sandra Teta si ubwa mbere akurikiranyweho iki cyaha
Miss Sandra Teta si ubwa mbere akurikiranyweho iki cyaha

Nk’uko byemejwe na Sup. Mbabazi Modeste, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, Miss Sandra Teta yatawe muri yombi kuwa kabiri tariki 3 Ugushyingo 2015. Byabaye bucya ngo agire isabukuru ye y’amavuko.

Miss Sandra Teta akaba akurikiranyweho na none gutanga sheki zitazigamiye, aho ubu noneho zigera muri eshanu, ndetse hakaba hakiriho ko amasezerano yagiranye na Nkusi Godfrey atayubahirije.

Miss Sandra Teta yizihirije isabukuru y'amavuko afunze
Miss Sandra Teta yizihirije isabukuru y’amavuko afunze

Kuri iyi nshuro kandi, Miss Sandra Teta akaba yaramaze gushyikirizwa ubushinjacyaha ngo abe yaburanishwa kuri ibi byaha akurikiranyweho n’insubiracyaha.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 13 )

yh ibyo ntaho bitaba kandi amakosa abaho NGO atwigishe sinamurenganya byose bibaho ikibi nukutisubiraho sorry kabisa kandi tukurinyuma peew

kiza vanessa yanditse ku itariki ya: 28-01-2018  →  Musubize

biratangaje muriki gihe abanyarwandakazi bakomeje nkwitesha agaciro...kandi , umukobwa aba umwe agatukisha bose niyo mpamvu ibihano bya mbere byakagombya gutangwa nabanyirubwite(abandi bakobwa), bakamuha akato, ubundi kera umukobwa yarangwaga no kuba umupfasoni, none ugira utya ukabona, umukobwa asohotse muri hotel cg lodge nta nisoni, avuye gutanga igituba, afatanye agatoki nuwo avuye kugiha ngo n’uruzungu, ubundi bakifotoza bambaye ubusa barangiza bakohereza ku mbuga nkoranyambaga, ubuse turajya he?

hortense yanditse ku itariki ya: 9-11-2015  →  Musubize

KO ATAZA KUDUSURA i RUSIZI.

BEN KWIZERA EMMANUEL yanditse ku itariki ya: 7-11-2015  →  Musubize

naburanishwe icyaha nikimufata kandi bimaze kwemezwa niba ntakindi kibazo afite cyo mumutwe abihanirwe .

alias yanditse ku itariki ya: 7-11-2015  →  Musubize

Umuti ni umwe. Banki zose zimukomanyirize ntazongere gutunga carnet de cheques.

Mugabo yanditse ku itariki ya: 7-11-2015  →  Musubize

umva miss nagukundaga arko ibyo urimo ukora biragutakariza comfidence kndi sinzi niba ejo hazaza hawe ari uko ugomba kuhategura

Mnq,Teta yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

Sibyiza kumuntu wumukobwa cyane miss agomba kisubiraho nawe nidanje

Uwamahoro yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

ntamwiza wabuze inenge nanyirahuku igiramabinga

abbas yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

Ubu se azongera kurega ngo bamusebeje. Famille ye nayo se izongera kwirakaza ngo bayisebereje umwana. Nibicare bahane umwana wabo kandi nawe ajye amenya uko areshya. Icyo uzaba cyo ejo ugitegura ubu. Nakomeza kwiyangiriza izina bizamugora kurigarura, kandi no kwizerwa bizamugora.

inkuru yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

Harya ubu azongera kurega ngo bamusebeje. Famille se yo izongera kwirakaza ngo bayisebereje umwana. Nibicare bahane umwana wabo areke izi ngeso kandi amenye uko areshya.

inkuru yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

Uyu mwana ko numva ari danger ra?ariko abayamuha bo ni bande?ndabona atoroshye

eva yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize

Uyu mwana ko numva ari danger ra?ariko abayamuha bo ni bande?ndabona atoroshye

eva yanditse ku itariki ya: 6-11-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka