Umuhanzi Senderi ubwo yari ari mu Stade i Nyamirambo yaguriye abanyeshuri bari bahari ibisugiti na shikareti barishima babyinana nawe biratinda.
Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko Anita Pendo yaba atwite kuburyo ngo yitegura no kwibaruka mu minsi ya vuba.
Amagambo "Indangagaciro na Made in Rwanda" ni amagambo yagarutsweho cyane na ba nyampinga, mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017.
Mu gikorwa cyo kumurika imideli kizwi nka Kigali Fashion Week kigiye kongera kubera mu Rwanda hazamurikwamo imideli itandukanye ariko hanamurikwemo imodoka.
Abahanzi bazahatanira Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya 7, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Werurwe 2017 bamaze kumenyekana.
Abantu batandukanye bahawe akazi mu gikorwa cyo gutora Miss Huye Campus 2017 baravuga ko kuva cyaba batari bishyurwa amafaranga bakoreye.
Umunyarwenya Ntarindwa Diogene uzwi nka Gasumuni cyangwa Atome agiye gususurutsa abakunzi be abasetsa yigana uburyo Miss Igisabo yitwaye muri Miss Rwanda 2017.
Kuri ubu abantu batandukanye iyo bumvise izina Iradukunda Elsa nta kindi bahita batekereza uretse Nyampinga w’u Rwanda 2017.
Miss Uwase Hirwa Honorine uzwi nka "Miss Igisabo" avuga ko nubwo ategukanye ikamba rya Miss Rwanda 2017 nta gahunda afite yo kongera guhatanira iryo kamba.
Iradukunda Elsa niwe wambitswe ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017 nyuma yo guhigika abandi bakobwa 14 bari bahanganye.
Nyampinga w’u Rwanda 2016 n’abo bahataniraga ikamba basinyiye imihigo itandukanye bagombaga guhigura mu gihe cya manda yabo.
Abanyarwenya Ben Nganji, Nkusi Arthur uzwi nka Rutura na Niyitegeka Garasiyani uzwi nka Seburikoko, bagiye gususurutsa Abanye-Huye bifashishije urwenya.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017 bari mu mwiherero i Nyamata bahize imihigo bagomba kuzahigura muri manda yabo.
Nyampinga w’Umuco mu Rwanda, Mutoni Jane yegukanye umwanya w’igisonga cya mbere mu marushanwa y’ubwiza ya Nyampinga w’Umuco ku isi yabereye muri Afurika y’epfo.
Uko ari 15 bose barifuza kuzegukana ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, ariko iri kamba rizahabwa umwe muri bo. Nyuma yo kwitegereza buri wese kuri aya mafoto ari ku mbuga zabo za Facebook, murabona ari nde ufite urubuga ( Facebook page) ruryoshye guhiga abandi?
Abaririmbyi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman bataramiye Abanye-Huye ku bufatanye na Sosiyete y’itumanaho, Airtel.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, batangiye umwiherero i Nyamata mu Karere ka Bugesera.
Ku bufatanye na sosiyete y’itumanaho, Airtel abahanzi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman basusurukije Abanya-Rubavu bataha batabishaka.
Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, bazajya mu mwiherero i Nyamata mu ntara y’Iburasirazuba bamaze kumenyekana.
Abakobwa 26 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2017, ku wa kabiri tariki ya 31 Mutarama 2017, barahuye barasabana, barushaho kumenyana.
Abakobwa babiri muri batandatu bemerewe guhagararira Intara y’Amajyaruguru mu marushanwa ya Miss Rwanda 2017 nibo bo bonyine bavuka muri iyo Ntara.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Mutarama 2017 mu Karere ka Rubavu, hatangiye igikorwa cyo guhitamo abakobwa bazahagararira Intara y’Iburengerazuba mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017.
Akon, umuririmbyi wo muri Amerika ukomoka muri Senegal na Davido umuririmbyi wo muri Nigeria bari butaramire abitabiriye ibirori bifungura CAN 2017.
Irushanwa ryo gutoranya umukobwa uhiga abandi ubwiza, uburanga n’umuco rizwi nka Miss Rwanda, rizibanda ku bikorerwa mu Rwanda bizwi nka Made in Rwanda muri uyu mwaka 2017.
Bimwe mu bihembo bizahabwa uzatorerwa kuba Miss Rwanda 2017 harimo imodoka nshya yo mu bwoko bwa Suzuki Swift (Okm) ifite agaciro ka miliyoni 15RWf.
Umuvugabutumwa w’Umunyarwanda witwa Corneille Karekezi uba muri Nigeria agiye kumurika umuzingo w’indirimbo (Album) ze yise “Jye ndi umugeni wa Yesu”.
The Ben, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika (USA) yakoze igitaramo cyashimishije abatari bake kuburyo cyarangiye bamwe batabyifuza.
Biteganyijwe ko guhitamo abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2017, bizatangirira mu mujyi wa Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, tariki ya 14 Mutarama 2017.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Congo (DRC), Koffi Olomide yamaze kugera i Kigali aho aje mu gitaramo gisoza umwaka kizaba ku wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2016.
Umuhanzi w’icyamamare w’umunye congo Koffi Olomide, ari mu nzira agana i Kigali aho ategerejwe mu gitaramo gisoza umwaka kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2016.