Jude Okoye, mukuru wa Peter na Paul Okoye bari bagize itsinda rya muzika rya Psquare akaba yaranababereye umujyanama, yatangaje ko yakuyemo akarenge ke mu kugerageza gukemura amakimbirane akomeje kuvuka hagati y’aba barumuna be b’impanga.
Uyu mugabo ni umwe mu bakinnyi ba filimi batumye sinema y’u Bufaransa igira ibihe byiza, akaba yaramenyekanye cyane akina nk’umuntu utisukirwa muri filimi zakunzwe cyane zirimo iyitwa Le Samouraï mu 1967.
Umuhanzi Fally Ipupa ukomoka muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba azwi cyane mu njyana ya Rumba, yari ategerejwe n’abafana be benshi bari baje kumureba mu gitaramo yari gukora kuwa Gatanu tariki 16 Kanama 2024, ariko birangira ataje, aho bamwe mu rubyiruko rwari rumutereje, bagaragaje uburakari bavuga ko (…)
Umuhanzikazi Sheebah Karungi uri mu Rwanda aho yitabiriye igitaramo kizaba kuri uyu wa Gatandatu, yatangaje ko muri gahunda afite harimo kubyara, akagira abana nubwo ibijyanye no gushaka ntabyo ateganya.
Jackson Mucunguzi, umwe mu bayobozi bakuru ba Polisi muri Uganda, yatangaje ko Shakib Lutaaya (Cham), umugabo wa Zari Hassan, naramuka yifuje kwegeranya ibimenyetso byose birimo ibirego by’ihohoterwa akorerwa n’uyu mugore harimo irishingiye ku mutungo ndetse n’iry’imitekerereze inzego zibishinzwe ziteguye kumwakira.
Barack Obama wabaye Perezida wa 44 wa Leta Zunze Ubumwe za America, nkuko asanzwe abigenza buri mwaka yashyize hanze urutonde rw’indirimbo yakunze cyane kurusha izindi mu mpeshyi ya 2024.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Israel Mbonyi yakiriwe nk’umwami ubwo yari ageze i Nairobi muri Kenya, yakirwa n’umwe mu bantu bazwi mu gutegura ibitaramo bikomeye witwa Big Ted ndetse n’abanyamakuru bakorera ibinyamakuru bitandukanye by’aho muri Kenya.
Umuhanzi w’Umunyanigeriya, Paul Okoye uzwi nka Rude Boy wamamaye mu itsinda rya P-Square n’impanga ye, Peter Okoye uzwi nka Mr P, yavuze ko uyu muvandimwe we yashatse kumugambanira na mukuru wabo (Jude Okoye) ku nzego zishinzwe kugenzura ikoreshwa nabi ry’umutungo muri Nigeria, EFCC kugira ngo batabwe muri yombi.
Umuhanzi w’Umunyamerika akaba n’icyamamare mu njyana ya pop, Justin Randall Timberlake, imbere y’umucamanza wategetse ko uruhushya rwe rwo gutwara ibinyabiziga ruhagarikwa muri leta ya New York, yahakanye icyaha cyo gutwara imodoka yasinze.
Umunyarwenya Fred Omondi, akaba murumuna w’icyamamare mu gusetsa, Eric Omondi yitabye Imana nyuma y’impanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa gatanu. Yaguye mu bitaro bya Mama Lucy aho yari yahise ajyanwa kwitabwaho.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, David Adedeji Adeleke OON uzwi nka Davido, yatangaje ko yishimiye icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa Recording Academy butegura ibihembo bya Grammy Awards ku kwagurira ibikorwa muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.
Umuraperi akaba n’umuririmbyi wo muri Nigeria, Skales, yamaganye mugenzi we wamamaye muri Afrobeats, Wizkid nyuma yo gutangaza amagambo ataravuzweho rumwe ko injyana ya Hip-Hop yapfuye.
Polisi yo mu mujyi wa Kampala muri Uganda yatangaje ko yatangiye gukora iperereza ku birego by’ihohotera bishinjwa umuhanzi w’icyamamare muri icyo gihugu no mu Karere, Joseph Mayanja uzwi cyane ku izina rya Dr Jose Chameleone.
Inama y’ubuyobozi bwa Kaminuza ya Howard University ifite inkomoko ku mateka y’abirabura bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Washington DC, yambuye umuhanzi w’injyana ya hip-hop Sean "Diddy" Combs impamyabumemyi y’icyubahiro yari yaramugeneye mu 2014.
Ibiyobyabwenge ni kimwe mu mpamvu zikomeye mu gutera uburwayi ndetse bikanakurura urupfu ku bantu baba babikoresha, iyo usanga barabaswe nabyo cyangwa se bagakoresha ibirengeje igipimo.
Umuhanzi wo muri Nigeria, Oladapo Oyebanjo, ufite izina rya stage "D’banj,” yatangaje ko urugendo rwe rw’umuziki amazemo imyaka 20 ibyo yagezeho byose bitari gushoboka iyo atagira Michael Ajereh, uzwi cyane ku izina rya Don Jazzy wamufashije akamuba hafi.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Patrick Okorie, uzwi cyane ku izina rya Patoranking yarangije mu ishuri ry’ubucuruzi rya Harvard.
Umuhanzi ukomoka muri Ghana, Livingstone Etse Satekla uzwi nka Stonebwoy yegukanye igihembo cy’Umuhanzi w’Umwaka muri Telecel Ghana Music Awards (TGMA).
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Chinedu Okoli, uzwi cyane ku izina rya Flavour N’abania, ari mugahinda nyuma y’uko se, Benjamin Onyemaechi Okoli yitabye Imana.
Aya mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza uyu muraperi w’Umunyamerika, Sean ‘Combs’ Diddy wamenyekanye nka P. Diddy, akorera ibikorwa by’ihohotera birimo gukubita uwahoze ari umukunzi we, Casandra “Cassie” Ventura, mu cyumba cya hoteli.
Nyuma y’uko Nyampinga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Noelia Voigt w’imyaka 24 y’amavuko, yeguye kuri uwo mwanya yari yatorewe mu 2023, yashyize hanze amakuru mashya yatumye asubiza ikamba, harimo itotezwa, ibikorwa by’ihohoterwa n’imikorere idahwitse.
Umuraperi w’Umunya-Canada Aubrey Drake Graham uzwi nka Drake, ubuzima bwe buri mu kaga nyuma y’uko urugo rwe ruherereye i Toronto rurashweho n’umutu utaramenyekanye agakomeretsa mu buryo bukomeye ushinzwe umutekano we.
Melanie Brown, umuhanzikazi wamenyekanye mu itsinda “Spice Girls” ryo mu Bwongereza, ryakunzwe mu ndirimbo “Wannabe” yahishuye ubuzima bushaririye bw’ihohoterwa yanyuzemo mu rushako rwatumye asubira kubana na nyina ndetse akisanga nta nakimwe agisigaranye.
Umushabitsikazi akaba n’umwe mu bagore bamamaye ku mbuga nkoranyambaga, Zarinah Hassan, yanenze umugabo we Shakib Cham Lutaaya, wemeye kwishyurwa Amadolari 1000 n’umunyamakuru wo muri Tanzania, Mange Kimambi, akamena amabanga y’urugo.
Umwamikazi w’injyana ya country music, Dolly Rebecca Parton yashimye byimazeyo Beyoncé ukomeje gukora amateka muri iyi njyana, nyuma yo gushyiraho agahigo we atigeze akora, aho indirimbo ye yayoboye urutonde rwa “Billboard Hot 100”, rushyirwaho ubwoko bwose by’injyana.
Abagize umuryango w’icyamamare muri Filimi zo gusetsa w’Umunya-Nigeria, John Okafor uzwi cyane nka Mr Ibu, batangaje ko yaciwe ukuguru kubera impamvu z’uburwayi.
Umukinnyi w’icyamamare muri sinema ya Nigeria (Nollywood) John Okafor, uzwi ku izina rya Mr Ibu, Umuryango we watangaje ko yabazwe inshuro eshanu ndetse ko azajya kuvurirwa hanze y’igihugu cya Nigeria.
Khadija Kopa, nyina wa Zuchu yahakanye ko atazi ibimaze iminsi bivugwa ko umukobwa we akundana n’umuhanzi Diamond Platnumz, kuko atarigera amumwereka nk’umuntu bazashyingiranwa.
Umuhanzikazi Britney Spears yavuze ko yigeze gutwita umwana wa mugenzi we Justin Timberlake, ariko biza kurangira bombi bafashe icyemezo kigoye cyo kuyikuramo.
Steve Harvey akaba umunyamakuru w’icyamamare muri Amerika, yakuyeho ibihuha byahwihwiswaga ko umugore we Marjorie yamuciye inyuma kuri bamwe mu bakozi babo barimo n’umutetsi.