Indirimbo Fall y’umuhanzi wo muri Nigeria Davido, yamaze guca agahigo ko kuba ari yo ndirimbo imaze kurebwa inshuro nyinshi kuri Youtube, aho imaze kurebwa izisaga miliyoni 99.
Kugeza ubu, Miss Mutesi Aurore Kayibanda, ntabwo akiri kuri Instagram, naho umugabo we Egide Mbabazi wakurikiraga umuntu umwe gusa ariwe Aurore, ariko ubu ntabwo akimukurikira, ikindi gitangaje.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi siyansi n’umuco, ryashyize umiziki wa Reggae mu mirage y’isi ikwiye kubungabungwa ngo itazimira.
Iradukunda Liliane ntiyahiriwe n’irushanwa rya mbere ryo kurimba neza no kwiyerekana mu mideli (Miss World Top Model) mu marushanwa yo gutoranya Nyampinga w’ Isi ari kubera mu mujyi wa Sanya mu gihugu cy’ Ubushinwa.
Ikirezi Annaïs Déborah ni umwana w’umuhanzi Massamba Intore, umwe mu bahanzi baririmba injyana gakondo, akagira ijwi rinyura benshi. Massamba Intore akomora inganzo kuri Se umubyara ari we Sentore Athanase, wabaye umukirigitananga w’icyogere.
Abakunzi b’umuziki wa Uganda babyukiye ku nkuru y’akababaro y’uko umwe mu bari bagize itsinda rya Good Life, Moses Ssekibogo wari uzwi nka "Radio" yitabye Imana.
Umururimbyi w’injyana ya Country wo muri Amerika (USA), Don Williams yitabye Imana nyuma y’igihe gito yari amaze arwaye.
Umukinnyi wa film muri Hollywood Dwayne Johnson uzwi nka ’The Rock’ yatangaje ko bishimishije cyane kumva abafana be bifuza ko yazitabira amatora ya perezida USA mu matora ya 2020.
Amandine Juru, Umukobwa wa Eugene Habimana wamenyekanye ku izina rya Cobra Cadillac kubera akabyiniro kitwa Cadilac yari yarubatse kagakundwa cyane mu Mujyi wa Kigali , yanejejwe cyane n’uko se yakiriye agakiza akabatirizwa mu mazi menshi.
Radio yo mu Mujyi wa Birmingham mu Bwongereza yitwa Mid City Radio yafashe umwanzuro wo kudacuranga indirimbo zo kuri album ya Ed Sheeran yise Divide, zimaze iminsi irindwi yose zihariye imyanya 10 ya mbere ku rutonde rw’indirimbo zikunzwe cyane muri iki gihugu.
Umuhanzi, umuririmbyi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Ed Sheeran yaciye agahigo n’ipusi itasimbuka, nyuma y’uko umuzingo w’indirimbo ze yise Divide ugurishijwe cyane kurusha izindi ndirimbo 500 zose zishyize hamwe.
Ku nshuro ya mbere bataramiye mu gihugu cy’Ububirigi, Charly na Nina beretswe ko ibihangano byabo bikunzwe cyane muri iki gihugu.
Nyuma y’amezi atatu abaganga bagerageza gushakisha impamvu y’urupfu rwa nyakwigendera George Michael, umuhanzi w’umwongereza watabarutse kuri noheli tariki 25 Ukuboza 2016, ikinyamakuru The Sun cyemeje ko yazize ibiyobyabwenge.
Dorcas Dienda, wiyamamariza kuba Miss RD Congo, akomeje kwibasirwa n’Abanyekongo nyuma yo gutangaza ko abazungu barusha ubwenge abirabura.
Jennifer Lopez, umuririmbyi n’umukinnyi wa filime wo muri Amerika yatandukanye n’umukunzi we, Casper Smart, bari bamaranye imyaka itanu.
Nyuma yo gukubita umwe mu babyinnyikazi be akirukanwa shishi itabona muri Kenya, umuhanzi w’icyamamare, Koffi Olomide, yatawe muri yombi na Polisi ya Kinshasa.
Nyuma yo guhumuriza abafana ko P Square igiye gusubirana, Peter yagaragaye akora igitaramo cya wenyine i Dubai.
Umunyamakuru Erneste Ugeziwe uzwi nka “Ernesto” kuri Televiziyo y’u Rwanda, yerekeje muri Amerika kwiga mu gihe cy’imyaka ibiri ariko akazanakomerezayo akazi.
Nyuma y’iminsi ibiri gusa umugabo wa Celine Dion, Réné Angelil, yishwe na kanseri, musaza we, Daniel Dion, na we yitabye Imana azize iyi ndwara.
Koffi Olomidé, umuhanzi wo muri Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo, avuga ko nyuma yo gukora umuziki yifuza kuba Perezida wa Afurika.
Katy Perry, umuririmbyikazi wo muri Amerika, ni we uyoboye urutonde rw’abaririmbyi b’abagore binjije amafaranga menshi mu mwaka wa 2014-2015.
Ikigo Kigali Fashion Week kigiye gutora umunyamideri uhiga abandi, akazafashwa gukorana n’ibigo mpuzamahanga.
Nyampinga w’Umurage Bagwire Keza Joannah akeneye amajwi y’Abanyarwanda ngo abashe kwegukana intsinzi mu marushanwa y’ubwiza bushingiye k’umurage ku rwego rw’isi.
Beyoncé Knowles, umuririmbyikazi wo muri Amerika, indirimbo ye yakunzwe cyane yitwa “XO” bivugwa ko yaba yarayibye undi muririmbyi wo muri Amerika, ufasha abandi kuririmba (backup singer), witwa Ahmad Lane.
Umuriribyi José Chameleone wo muri Uganda yasabwe n’umukuru w’inteko ishinga amategeko y’icyo gihugu kwita ku buryo bwihariye ku kwamamaza no kumenyekanisha ubukerarugendo bw’ahantu nyaburanga 40 haherereye mu gace kitwa Busoga aho muri Uganda.
Umuhanzi Mani Martin usanzwe amenyereweho gutanga ubutumwa bwiza aragira inama abantu kugira imvugo nziza kabone n’ubwo bo baba babwirwa nabi. Mani Martin yemeza ko ijambo ryiza rihumuriza kandi rigahoza uwashegeshwe n’imvugo mbi imubwirwa.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Rap, Kanye West, yahanishijwe igihano cyo kumara imyaka ibiri yitwararitse kubera ibyaha yahamijwe byo guhohotera umunyamakuru wamufotoye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Los Angeles umwaka ushize ari kumwe na fiancée we Kim Kardashian.
Melanie Brown w’imyaka 38 uzwi ku izina ry’ubuhanzi Mel B, waririmbaga muri Spice Girls yatangaje ko umunsi mukuru wa Noheli azawurira mu Rwanda ari kumwe n’umuryango wa Perezida Paul Kagame.
Umuhanzikazi wo mu gihugu cya Uganda witwa Shanita Namuyimbwa uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Bad Black uherutse gufatirwa mu Rwanda yashyikirijwe Polisi ya Uganda kugira ngo akurikiranwe n’ubutabera.
Katy Perry, umuririmbyikazi wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, niwe uza ku mwanya wa mbere ku rutonde rw’abakurikirwa n’abantu benshi ku rubuga mpuzambaga rwa Twitter kuko akurikirwa n’abantu miliyoni 46 n’ibihumbi 529 n’abantu 319.