Miss Umuhoza Simbi Fanique yeretse urubyiruko rwo mu Karere ka Kirehe ko kwigirira icyizere ari byo bizabageza kuri byinshi byiza.
Ama G The Black atangaza ko nyuma yo gutandukana n’umugore we nta rungu afite kuko ngo asigaye arimarwa n’inkoko ze na tereviziyo.
Kuri ubu umuryango wa Tom Close na Niyonshuti Ange Tricia uri mu byishimo nyuma yo kwibaruka undi mwana.
Ubwo irushanwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Guma Superstar 7 (PGGSS7) ryasozwaga habayeho gutungurana ugereranyije n’ibyo bamwe bari biteze.
Chinedu Ikidieze na Osita Iheme n’ibindi byamamare muri sinema nyafurika byitabiriye umugoroba (Gala Night) w’abahatanira ibihembo bya “AMAA2017" batemberejwe umujyi wa Kigali.
Itsinda ry’abaririmbyi “Dream Boys” niryo ryegukanye irusharwa ryo kuririmba rya Primus Guma Guma Superstar ribaye ku nshuro ya karindwi (PGGSS7).
Umuririmbyi Yvan Buravan yigaramye iby’urukundo bivugwa ko yaba afitanye n’umukobwa witwa Hoza Idol, avuga ko uwo mukobwa bataziranye.
Mu gihe usanga hari ibyamamare biba bifite abantu bihariye babyambika, umuhanzi Teta Diana we agaragaza ko ibyo atajya abitaho umwanya.
The Ben, umuririmbyi wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) avuga ko icyo ashyize imbere ari ukubanza kumenyekana muri Afurika kuko hari benshi bataramumenya.
Abitabira Rwanda Day igiye kubera mu Bubiligi barataramirwa n’abahanzi batandukanye barimo abo mu Rwanda n’abandi baba muri icyo gihugu.
Iserukiramuco rya Kigali Up riteganyijwe muri Kanama 2017 riri mu biganiro n’abahanzi b’ibyamamare kugira ngo bazaze gususurutsa Abanyarwanda bazitabira iryo serukiramuco.
Miss Rwanda 2017, Elsa Iradukunda afite gahunda yo gukomeza kuvuza abantu barwaye “Ishaza” mu jisho kuko ngo hakiri benshi bakeneye kuvurwa.
Joss Stone, umuririmbyi ukomeye wo mu Bwongereza yakoranye indirimbo iri mu Kinyarwanda na Deo Munyakazi uzwi mu gucuranga inanga gakondo.
Minisiteri y’umuco na siporo (MINISPOC) itangaza ko igiye kugirana ibiganiro n’abahanzi bakoze amashusho y’indirimbo “Too Much” kugira ngo harebwe icyakorwa.
Umuhanzi Senderi International Hit yasazwe n’ibyishimo ubwo yaririmbiraga bwa mbere muri Kigali Convention Centre yemeza ko ari umuhigo ahiguye.
Indirimbo "Just a Dance Remix" ya Yvan Buravan yasubiyemo yifashishije umuhanzi AY wo muri Tanzania yagiye hanze.
Hari imyambaro n’imyambarire yagezweho mu Rwanda mu myaka yashize kuburyo iyo bamwe mu rubyiruko batayambaraga bumvaga batarimbye.
Umuhanzi Yvan Buravan aritegura gushyira hanze indirimbo yise ‘Just Dance Remix’ yasubiyemo yifashishije umuhanzi wo muri Tanzania witwa AY.
Bruce Melody uri muri Kenya mu marushanwa yo kuririmba ya Coke Studio, yatangajwe n’uburyo muri iryo rushanwa bakora ibintu byinshi mu gihe gito.
James Cameron wanditse akanayobora filime “Titanic” yasohotse mu 1997, yajyanwe mu nkiko azira kuba yaribye igitekerezo cyo gukora iyo filime yakunzwe.
Bamwe mu bahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 batangiye gushaka abafana babaha amafaranga kugira ngo bajye kubashyigikira.
Umukinnyi wa film muri Hollywood Dwayne Johnson uzwi nka ’The Rock’ yatangaje ko bishimishije cyane kumva abafana be bifuza ko yazitabira amatora ya perezida USA mu matora ya 2020.
Umuhanzi Diamond Platinumz yatangiye gucururiza indirimbo abahanzi bo mu Rwanda ahereye ku muhanzi DJ Pius.
Bruce Melody agiye kwerekeza i Nairobi muri Kenya mu igerageza ryo kuririmba ngo hasuzumwe niba ashobora gukorana na Coke Studio.
Abaririmbyi Charly na Nina batangaza ko iyo bafite akazi kenshi kuryama babyibagirwa ku buryo ngo bashobora kuryama amasaha ane cyangwa ari munsi yayo.
Joss Stone, umuririmbyi ukomeye wo mu Bwongereza agiye gufatanya n’umuririmbyi wo mu Rwanda gukora indirimbo iri mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Dusabejambo Clementine, niwe Munyarwanda wenyine ugaragara ku rutonde rw’abahatanira ibihembo bya filime byitwa AMAA (The Africa Movie Academy Awards).
Abarasta batandukanye bo mu Rwanda batangaza ko umunsi wo kwibuka Bob Marley ari umunsi ukomeye kuri bo bagereranya na Noheli yizihizwa n’Abakristu.
Muyoboke Alex ahakana yivuye inyuma amakuru avuga ko yaba agiye gutandukana na Charly na Nina agahamya ko ari ibinyoma byambaye ubusa.
Abahanzi b’abaririmbyi bavuga ko batari basobanukirwa n’imikorere ya sosiyete yashyizweho yitwa RSAU (Society of Authors) izajya yishyuza abacuranga indirimbo zabo.