Umuririmbyi Princess Pricillah atangaza ko indirimbo yashyize hanze yitwa “Biremewe” yayihimbye biturutse ku byabaye ku nshuti ze zakundanaga.
Umuraperi Riderman ahamya ko kuba injyana ya Hip Hop igenda isubira inyuma biterwa ahanini na bamwe mu banyamakuru b’imyidagaduro avuga ko barya ruswa.
Mu iserukiramuco rya Cinema (Festival du cinéma africain de Khouribga) ribera muri Maroc, iry’uyu mwaka, mu birori byo kuri uyu wa 15 Nzeli 2017, Umuco Nyarwaanda wahawe ikuzo n’icyubahiro nkumuco wihariye.
Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’abandi batandukanye bahatuye bagiye gutaramirwa n’abaririmbyi barimo Sauti Sol, Nirere Shanel na Teta Diana.
The Ben na Tom Close bafatwa nk’inkingi z’injyana ya R&B mu Rwanda, bagiye gushyira hanze indirimbo bakoranye izaba yitwa "Thank You".
Kuva irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ryarangira, umuraperi Bull Dogg yahise atangira kugendera kure abari bashinzwe inyungu ze, yirinda ko bazagabana amafaranga yahembwe.
Umururimbyi w’injyana ya Country wo muri Amerika (USA), Don Williams yitabye Imana nyuma y’igihe gito yari amaze arwaye.
Biteganijwe ko irushanwa ry’ubwiza ryo ku rwego rw’isi ryo muri 2017 (Miss World 2017) rizabera mu Bushinwa, rikazitabirwa na Banyampinga 130 barimo na Miss Rwanda, Elsa Iradukunda.
Umunyarwenya Mugisha Clapton uzwi nka Kibonke n’itsinda ry’abafana be bazwi nk’Abanyagasani batoye Nyampinga (Miss) uzajya abavuganira mu bikorwa by’urukundo bakora akazajya anabahagararira aho biri ngombwa.
Abaririmbyi Charly na Nina bakomeje guhirwa n’isoko rya muzika ryo muri Uganda ku buryo batumirwa mu birori bitandukanye ngo bajye gutaramira ababyitabiriye.
Liliane Kalima, umunyamideri wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) ari mu bazamurika imideri y’imyambaro mu Mujyi wa New York mu birori byiswe “New York Fashion Week”.
Augustine Miles Kelechi, umuhanzi wo muri Nigeria wamamaye cyane nka Tekno Miles agiye kuza mu Rwanda mu gitaramo biteganyijwe ko kizaba ku cyumweru tariki 10 Nzeli 2017.
Nyuma y’iminsi igera kuri 48 umuririmbyi Kitoko yari amaze mu Rwanda, yongeye gusubira i Burayi mu Bwongereza aho avuga ko hamaze kuba nko mu rugo.
Itsinda ry’abaririmbyi bo mu njyana ya Hip Hop mu Rwanda rizwi nka Tuff Gangs ryemeje ko rigiye gusubirana nyuma y’amezi atatu bagirana ibiganiro bagasanga bagomba kongera guhuza imbaraga.
Jose Chameleon umuhanzi w’icyamamare mu gihugu cya Uganda yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’Umunyarwanda Jean Paul Samputu.
Abahanzi b’Abanyarwanda ariko baba muri Amerika, The Ben na Meddy kuva bagaruka mu Rwanda bakunze kubazwa icyabateye gutoroka bakigumira muri Amerika.
Meddy, umuririmbyi wo mu Rwanda ariko uba muri Amerika (USA) yatangaje ko atari yajya mu rukundo ko ariko ari gutereta umukobwa wo muri Amerika yirinze gutangaza izina rye.
Liliane Mbabazi wahoze mu itsinda rya Blue 3 hamwe na Sindi Sanyu na Jack Chandiru, Yimukiye mu Rwanda n’abana be, akazanakora umuziki ucurangitse Kinyarwanda.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), umuririmbyi The Ben yakoze igitaramo cyiswe “Kwita Izina Gala Dinner” cyabereye muri Kigali Convention Center.
Meddy, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika yageze mu Rwanda aho yaje mu gitaramo cyiswe "Beer Fest".
Umuhanzi Ngabo Meddy yakandagije ibirenge bye Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, nyuma y’imyaka irindwi atahakandagira.
Umuririmbyi Bruce Melody atangaza ko indirimbo “Ikinya” ikunzwe n’abati bake muri iki gihe, yayihimbye akamara umwaka n’igice ayitegura.
Umuhanzi Senderi avuga ko agiye gukora ibitaramo byo gukusanya amafaranga yo kugura amagare yo guha abaturiye umugezi wa Nyabarongo bagorwa no kubona amazi meza.
Umuririmbyi The Ben avuga ko amaze kwibonera imbona nkubone abakobwa batatu basutse amarira babitewe n’uko bamubonye ari ku rubyiniro aririmba.
Indirimbo “Kami” y’umuhanzi Kid Gaju yafatanyije na The Ben yiyongereye ku rutonde rw’indirimbo z’abaririmbyi bo mu Rwanda zimaze kurebwa n’abarenga miliyoni ku rubuga rwa YouTube.
Urujijo ni rwose mu bakunzi ba Alpha Blondy, wagombaga gutaramira abitabiriye igitaramo cy’iserukiramuco rya muzika ryiswe Kigali Up kuri iki cyumweru tariki ya 20 Kanama 2017, ariko bigahinduka ku munota wa nyuma.
Patoranking, umuririmbyi wo muri Nigeria wari utegerejwe n’abatari bake mu iserukiramuco rya KigaliUp! yageze ku rubyiniro aririmbira kuri CD kandi abandi baririmbaga “Live”.
Ubwo umuririmbyi The Ben yageraga ku rubyiniro mu gitaramo cy’Intsinzi, umwe mu bafana be yamwishimiye cyane, biramurenga bigera aho agwa igihumura.
Umuririmbyi Phiona Mbabazi atangaza ko anejejwe no kuba agiye kwitabira bwa mbere iserukiramuco rya KigaliUp! akaririmbana bimwe mu bihanganye muri muzika.
Soleil Laurent, umuhanzi w’umunyamerika waje mu Rwanda kwitabira iserukiramuco rya KigaliUp! atangaza ko mu byo akunda ku Rwanda harimo uko Abanyarwanda babyina.