CIMERWA yateguye isiganwa ku maguru rigamije gukangurira abantu imikoreshereze myiza y’umuhanda hagamijwe kurwanya impanuka zo mu mihanda rizaba taliki ya 07 Gicurasi 2016.
Mu isiganwa mpuzamahanga ku maguru rizabera i Kigali taliki ya 22/05/2016,sosiyete ya MTN yatanze inkunga ya Milioni 69 z’amanyarwanda
Mu isiganwa ku maguru rizenguruka intara ryabereye i Nyanza kuri uyu wa Gatandatu,abana b’abakobwa bakiri bato bagaragaje ko bafite impano nyuma yo kwanikira abakuru n’abahungu
Kuri iki cyumweru mu karere ka Rwamagana habereye isiganwa ku maguru,isiganwa ryateguwe n’akarere ka Rwamagana ku bufatanye na AVEGA na MSAADA
Akarere ka Rwamagana ku bufatanye na AVEGA na MSAADA,bateguye isiganwa ku maguru mu ngeri zose rizaba kuri iki cyumweru i Rwamagana
Muhitira Felicien na Nyirarukundo Salomé nibo begukanye isiganwa ryiswe “Kigali HeForShe Half Marathon” yabereye i Kigali kuri iki cyumweru
Kuri iki cyumweru mu mihanda y’umujyi wa Kigali harakinwa isiganwa "Kigali Half Marathon" rigizwe n’ibilometero 21
Umutoza wa w’imyitozo ngororamubiri Muvunyi Eric atangaza ko gukora imyitozo buri gihe ari inkingi zirinda ubuzima zikanafasha mu iterambere.
Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) irakangurira abaturage kumva ko siporo atari iy’abafite amafaranga ahubwo ko ifitiye akamaro kanini umubiri wabo.
Mu gihe urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe rwisanga mo impano y’umukino wa Acrobatie, akarere karasanga kagomba gushyira ingufu muri uwo mu kino hagambiriwe no gutanga ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge.
Gymtonic ya BE FIT ikorera muri Stade Amahoro ifitiye gahunda abakozi batabona umwanya wo gukora siporo, ibagenera ahantu ho gukorera siporo hagezweho kandi hujuje ubuziranenge kugira ngo umuntu abeho neza.
Akarere ka Musanze, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015 katangiye imyiteguro yo gushinga ikipe y’imikino ngororamubiri izategura abasore n’inkumi bazajya bitabira amarushanwa yo mu gihugu no hanze ,ikaba yitezweho kuzamura urwego uwo mukino uriho uyu munsi.
Mu isiganwa mpuzamahanga ku maguru rizwi ku izina rya Kigali International Peace Marathon ryabereye mu Rwanda kuri iki cyumweru taliki ya 24 Gicurasi 2015 ryarangiye Kenya yihariye imyanya ya mbere mu gihe Eric Sebahire yabaye uwa gatatu muri Kilometero 21 naho Ruvubi Jean Baptiste aba uwa kabiri muri kilometero 42.
Kuri iki cyumweru taliki ya 24 Gicurasi 2015 u Rwanda rurakira ku nshuro ya 11 isiganwa mpuzamahanga ku maguru rizwi ku izina rya Kigali International Peace Marathon ,aho abarenga 1400 barimo n’abanyamahanga bamaze kwiyandikisha.
Umukinnyi w’imikino ngororamubiri mu Rwanda Kajuga Robert aratangaza ko yamaze gukira ku buryo ubu yiteguye kwitabira imikino ya Marathon mpuzamahanga y’amahoro izabera mu Rwanda taliki 24 Gicurasi 2015.
Mu rwego rwo gushyigikira no guteza imbere imikino ngororamubiri, ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda (FRA) rigiye gutangiza ikigo kizajya cyita ku mikino ngororamubiri mu Rwanda mu Karere ka Gicumbi.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda ya MTN yongeye gutera inkunga ingana na Milioni 53 z’amanyarwanda isiganwa ku maguru rizabera mu Rwanda taliki ya 24 Gicurasi 2015 rizwi ku izina rya International Peace Marathon.
Ikipe y’imikino ngororamubiri (Athletism) y’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur yahize andi makipe mu mikino yo kwiruka yateguwe n’Ubuyobozi bw’ Ingabo za Loni zibungabunga amahoro i Darfur (UNAMID).
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Bernard Makuza, aratangaza ko Abanyarwanda bakwiye kwitabira siporo buri gihe kandi bakayishyira mu gahunda zabo za buri munsi nk’uko badashobora gusiba kurya.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisitere y’Umuco na Siporo(MINISPOC), Kalisa Edouard, yifatanyije n’abakozi n’urubyiruko rwo mu karere ka Gicumbi mugikorwa cyo gukora Siporo rusange ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 13/3/2015.
Bamwe mu bakozi biganjemo abakora akazi ko mu biro bibumbiye muri KUC (Karongi Unity Club) bavuga ko kuba bafata umwanya bagakora siporo bituma bashira amavunane aturuka ku kumara umwanya munini bicaye, bikanabafasha kwirinda indwara zimwe na zimwe ziterwa no kuba umubiri utabona imyitozo ngororamubiri.
Urwego rw’Umuvunyi kuri uyu wa gatandatu tariki 11/10/2014 rwatangaje amarushanwa y’urubyiruko mu Ntara y’Amajyaruguru agamije gukangurira urubyiruko kwirinda no gukumira ruswa.
Mu gitondo cyo ku wa 22 Kamena 2014, ku cyicaro cy’akarere ka Muhanga, niho hatangirijwe igikorwa cyo gukora Sport kuri bose mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa karindwi muri Asosiyasiyo y’u Rwanda rwo hagati.
Mu mikino yo gusiganwa ku maguru “Marathon mpuzamahanga yitiriwe Amahoro ya Kigali yabaye ku cyumweru tariki 18/5/2014, Abanyakenya nibo begukanye imidari myinshi, nyuma yo kuza ku isonga muri byiciro bitandukanye by’iryo siganwa ngarukamwaka.
Muvunyi Hermas Cliff uherutse kwegukana umudari wa zahabu muri shampiyona y’isi yo gusiganwa ku maguru (Athlétisme) yabereye i Lyon mu Bufaransa mu cyumweru gishize, avuga ko amaze kugera kuri byinshi yifuzaga mu buzima bwe, gusa yumva asigaje kwegukana umudari wa zahabu mu mikino Olympique.
Umunyarwanda Muvunyi Hermas Cliff, usiganwa ku maguru mu rwego rw’abafite ubumuga muri meteto 400 na metero 800, kuri uyu wa mbere tariki 22/7/2013, yeguanye umudari wa zahabu mu marushanwa y’isi (World Championship) arimo kubera i Lyon mu Bufaransa.
Ikigega cyitiriwe Gasore Serges cyateguye isiganwa ku maguru mu bana bakiri batoya bo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.
Abanyakenya bongeye kugaragaza ko bazi gusiganwa intera ndende, ubwo begukanaga imyanya ya mbere muri Maratahon mpuzamahanga ya Kigali yitiriwe Amahoro yasorejwe kuri Stade Amahoro ku cyumweru tariki 19/05/2013.
Bayigamba Robert wigeze kuba Minisitiri w’imikino mu Rwanda, ni we watorewe kuyobora Komite y’igihugu y’imikino Olympique (Comite National Olmpique et Sportif du Rwanda –CNOR), mu matora y’abagize komite nshya yabaye ku wa gatandatu tariki 20/04/2014.
Umunya Afurika y’Epfo Lill Darren ni we wongeye kwegukana umwanya wa mbere ahita anahabwa umwambaro w’umuhondo uhabwa umukinnyi umaze gusiga abandi bose kuva isiganwa ryatangira. Ku umunsi wa karindwi w’isiganwa rya Tour du Rwanda, ryakomeje kuwa wa Gatandatu tariki ya 24/11/2012.