Abanyarwanda bitabiriye imikino Paralympique imaze iminsi ibera i London bayirangije ari nta mudari begukanye. Uwo Abanyarwanda bari bafitiye icyizere cyane ni Muvunyi Hermas usiganwa muri metero 400 na 800.
Umuryango mpuzamahanga uteza imbere imikino (Right to play) usaba abantu cyane cyane urubyiruko n’abana kwitabira gukina, kuko bigira uruhare runini mu kubaka umubiri n’ubwonko.
Ku cyumweru tariki 05/08/2012, Umunya-Jamaica Usain Bolt yesheje umuhigo wo kwiruka metero 100 mu gihe gitoya kuva imikino Olympique yabaho aho yasize bagenzi be bari bahanganye akoresheje amasegonda 9 n’ibice 63.
Umunyarwandakazi Claudette Mukasakindi nawe yarangije imikino Olympique ari nta mudari nyuma yo kutitwara neza agafata umwanya wa 101 mu bakinnyi 107 bari bahanganye muri Marathon (km42) yabaye ku cyumweru tariki 05/08/2012.
Bamwe mu bagore bigeze gukina imikino ngororamubiri bemeza ko byabafashije kugira uruhare mu kwifatira ibyemezo no kubarinda mu gihe cy’imyororokere. Ibi kandi binemezwa n’ubushakashatsi bwabikozweho.
Mu gikorwa cy’ihererekanya bubasha cyabaye tariki 03/06/2012, Ministiri ufite imikino mu nshingano ze, Mitali Protais, yasabye abahawe ubuyobozi bw’ishyirahamwe ngororamubiri (RAF) gukorana ubushake, gukorera hamwe no kurangwa n’ubuyobozi bwiza.
Abasore n’inkumi 78 biga mu mashuri anyuranye mu Ntara y’Uburasirazuba batsindiye kuzahagararira Intara y’Uburasirazuba mu irushanwa rizahuza amashuri yisumbuye yose mu Rwanda mu mikino ngororamubiri izaba mu mpera z’icyumweru kizarangita tariki 10/06/2012 mu karere ka Nyanza.
Umunyarwanda waje ku mwanya wa hafi mu Isiganwa ry’Amahoro ryabereye i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 27/5/2012, yaje ku mwanya wa gatatu muri kimwe cya kabiri cy’iyi marathon cya kirometero 21, mu gihe mu birometero 42 yaje nyuma y’imyanya 11.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu bazitabira International Peace Marathon izabera i Kigali tariki 27/05/2012 ngo bizeye kwitwara neza muri ½ cya marathon kuko ahandi nta bunararibonye bahafite; nkuko bitangazwa n’umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’ingororamubiri mu Rwanda, Rukundo Johnson.
Minisiteri y’Umuco na Siporo irahamagarira Abaturarwanda kuzitabira igikorwa cy’Isiganwa Mpuzamahanga ry’Amahoro, rizaba kuri iki Cyumweru tariki 27/05/2012.
Ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda (RAF), kuri iki cyumweru tariki 13/05/2012, ryabonye ubuyobozi bushya nyuma y’amezi asaga 10 riyoborwa by’agateganyo.
Nyuma y’amezi asaga 10 mu ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (RAF) harimo umwuka mubi, kuri iki cyumweru tariki 06/05/2012 abanyamuryango baganiriye n’umuyobozi mu biro bya Minisitiri w’Intebe, Barikana Eugene mu rwego rwo gushaka umuti w’icyo kibazo.
Ikipe y’igihugu ya Sitting Volleyball izahaguruka mu Rwanda tariki 7 Gicurasi yerekeza mu Buholandi no mu Budage aho izakorera imyitozo yitegura imikino Paralympique izabera i Londres muri Kanama uyu mwaka.
Muvunyi Hermas, usiganwa ku maguru mu rwego rw’abamugaye, yongeye kwigaragaza ubwo yegukanaga imidali ibiri ya Zahabu mu irushanwa ryabereye i Tunis muri Tuniziya, Nyuma yo kwegukana umudali wa zahabu mu mikino Nyafurika wanamuhesheje itike yo kuzajya mu mikino Paralympique ya Londres.
Nyuma yo kwitwara neza muri Marathon yabereye i Roma mu Butaliyani tariki 18/03/2012, Umunyarwanda Jean Pierre Mvuyekure yabonye itike yo kuzasiganwa ku maguru mu mikino Olympique izabera i Londres mu Bwongereza.
Ikipe y’igihugu ya Cross Country yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa kane yerekeza i Cape Town muri Afurika y’Epfo mu isiganwa ku maguru ryitwa "African Cross Country Championship” rizaba tariki 18/03/2012. Indi kipe ni iya Marathon yerekeje i Roma mu Butariyani mu isiganwa ryiswe Marathon International de Rome nayo izaba (…)
Irushanwa ry’igihugu mu gusiganwa ku maguru ryiswe Stop Sida ryateguwe na Rurangirwa Louis ryari riteganyijwe kubera mu karere ka Huye tariki 15/01/2012 ntabwo ryabaye kubera kutumvikana na mugenzi we Lt Kayitsinga barwanira kuyibora ishyirahamwe ry’imikono ngororamubiri mu Rwanda.
Kuva tariki 12-18/01/2012, Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abamugaye (NPC-Rwanda) izakira ingando zagenewe urubyiruko rw’Akarere k’Afurika y’Iburasirazuba yiswe “IPC Youth Camp Rwanda 2012”.
Koperative y’abigisha koga banabungabunga ibidukikije ku kiyaga cya Muhazi mu Karere ka Rwamagana (CONAPELAM) irategura irushanwa ryo koga rizahuza abiyumvamo ubuhanga bwo koga mu Rwanda hose kuri Noheli y’uyu mwaka.
Uwayoboraga ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri, Rurangirwa Louis, yarekuwe tariki 14/12/2011nyuma y’aho uwamwunganiraga mu butabera agaragarije ko ibyo yaregwaga nta shingiro bifite ariko ntarasubira mu kazi ke nk’uko bisanzwe.
Kuva tariki 05/12/2011, uwayoboraga ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (Federation Rwandaise d’Athletisme), Rurangirwa Louis, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Remera azira ibijyanye n’imiyoborere ye.
Nyuma yo gutangira imyitozo kuri uyu 3 Ukwakira 2011, akize imvune, uyu mukinnyi w’imikino ngororamubiri Nyirabarame Epiphanie, aratangaza ko afite icyizere ko mu marushanwa asigaje yizera ko azabonamo ibihe(minima) bimwemerera kwitabira imikino Olempike izabera i London mu gihugu cy’u Bwongereza