Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports itakarije ba rutahizamu bayo babiri bayikiniye mu mwaka w’imikino ushize, abo ni Davis Kairye na Ismaila Diarra bose berekeje muri Daring Club Motema Pembe yo muri Republika iharanira Demokarasi ya Congo, ubu iri mu nzira zo kuzana undi zo kuzana undi uzafatanya na Moussa Camara bamaze kongeramo.

"Mbere twugariraga duhereye imbere, bigatuma inyuma dutsindwa bike, ariko ubu turi gushyira imbaraga mu kugarira duturutse inyuma, umukino wa Rayon Sports ni ukwataka cyane tugatsinda ibitego byinshi, uwo duhanganye bigatuma aguma inyuma nawe" Masudi Djuma aganira n’itangazamakuru nyuma y’imyitozo yo kuri uyu wa Kabiri
"Tumaze gutsindwa ibitego byinshi, mbere twatsindaga byinshi tugatsindwa bike, ubu tugiye gushaka undi rutahizamu ugomba gufatanya na Camara na Lomami kuko ni babiri gusa, uko mwabonye Camara aza, ni nako muzabona n’undi aje "
N’ubwo umutoza Masudi Djuma yirinze gutangaza niba uwo mukinnyi azava mu Rwanda cyangwa hanze, amakuru atugeraho aravuga ko uwafashije Rayon Sports kubona Ismaila Diarra na Moussa Camara ari nawe uzafasha iyi kipe kubona undi mukinnyi uzaziba icyuho cy’abagiye.

Rayo irerekeza i Huye mu mpera z’icyumweru
Mu rwego rwo gukomeza imyiteguro, ikipe ya Rayon Sports binyuze ku mutoza wayo Masudi Djuma, iratangaza ko yerekeza i Huye kuri uyu wa Kane, ikzahakinira umukino wa gicuti n’Amagaju ku wa Gatanu, ku Cyumweru ikazakina n’ikipe ya Mukura VS.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
uwo rutahizamu ningombwa reyo oyeee!!
Bamushake uworutahizamu bafatanye na camara amatwongere tuyandagaze rayon komereza aho
Nukuri Dushakire Barutahi Zamu Aperi Ntika Dusuzugure Ngo Nimukeba.
MASUDI AZABIKORA,ADUSHAKIRE UMEZE NKA DIARA
Turabashyigikiye cyane rwose kko match nyinshi nizo zizadufasha kugira partinership nka equipe knd dukeneye rutahizamu Uri kuri calibre nziza nka camara gsa bizagorana kubona uko bakina ari abanyamahanga 5 masoudi yitonde arebe neza kuko shassir, mougheni, camara, pierrot nuwo uzaza ntawuri kurwego rwo kujya kuri bench