#VisitRwanda: Amafoto ya mbere ya Lionel Messi muri Paris Saint-Germain
Ikipe ya Paris Saint-Germain yamaze gusinyisha umunya-Argentine Lionel Messi amasezerano y’imyaka ibiri, aho yagaragaye anambaye umwambaro wamamaza gahunda ya ‘Visit Rwanda’ ishishikariza abantu gusura u Rwanda.

Nyuma y’imyaka 21 mu ikipe ya FC Barcelone, umukinnyi Lionel Messi ubu yamaze kuba umukinnyi wa Paris Saint-Germain aho yayisinyiye amasezerano y’imyaka ibiri ndetse n’undi umwe ushobora kwiyongeraho.
Nyuma y’iminsi ibiri ategerejwe i Paris, ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri tariki 10 Kanama 2021 ahagana saa cyenda ni bwo rutahizamu ukomoka muri Argentine yari amaze gusesekara i Paris aho yakiriwe n’amagana y’abafana, abanza gufata umwanya wo kubasuhuza.
Nyuma yaho Lionel Messi yaje guhita ajya gukora ikizamini cy’ubuzima mu bitaro by’Abanyamerika byitwa Neuilly-sur-Seine, nyuma ikipe ya Paris Saint-Germain iza guhita itangaza ko ari umukinnyi wayo mushya uzajya yambara nimero 30.
Lionel Messi agera i Paris







Akora ikizamini cy’ubuzima





Lionel Messi azambara no 30 muri Paris Saint-Germain, ari na yo yahereyeho mu ikipe ya FC Barcelone






Amafoto: Getty Images/Paris Saint-Germain
National Football League
Ohereza igitekerezo
|