Umutoza wa Rayon Sports yeguye nyuma yo gutsinda kiyovu

Nyuma y’aho yari amaze gutsinda Kiyovu Sports ibitego 2-0,Ivan Jacky Minnaert watozaga Rayon Sports yatangaje ko atkiri umutoza wa Rayon Sports

Akimara gufasha ikipe ye ya Rayon Sports kubona amanota ku mukino atinzemo Kiyovu Sports ibitego 2-0,uyu mutoza ukomoka mu gihugu cy’u Bubirigi ahise atangariza itangazamakuru ko atakiri umutoza wa Rayon Sports.

Ivan Jacky Minnaert wamaze gusezera muri Rayon Sports,aha ni mbere y'umukino wa Kiyovu Sports
Ivan Jacky Minnaert wamaze gusezera muri Rayon Sports,aha ni mbere y’umukino wa Kiyovu Sports

Uyu mutoza yatangaje ko kuba atandukanye n’ikipe ya Rayon Sports atari ibibazo by’amafaranga cyangwa se ibindi bifite aho bihuriye n’ubukungu,ko ahubwo ari ibindi biri hanze ya Siporo atigeze yumvikana n’abayobozi b’iyi kipe,

"Si ikibazo cy’amafaranga,hari ibindi biri ku ruhande iyi kipe itabashije gukora,nta kirarane ikipe imfitiye,namaze kubitangariza abayobozi,nagombaga kubanza gufasha ikipe gutegura uyu mukino wa Kiyovu Sports"

Umutoza Minnaert aha yasaga nk'uha inshingano Massudi Djuma umwungirije
Umutoza Minnaert aha yasaga nk’uha inshingano Massudi Djuma umwungirije

Uyu mutoza wari umaze gutsinda ikipe ya Kiyovu Sports ibitego bibiri ku busa,akaba kuva yagera mu Rwanda yari maze gutoza iyi kipe mu mikino itatu ya Shampiona ,aho yatsinze ibiri akanganya umwe,akaba nta mukino yigeze atsindwa.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ariko Rayonsport
yacu izira iki koko?
Rayon sport,Rayon sport!!!
reka dushake undi
ntakundi

ZIGAMUKWEMERA Alcade yanditse ku itariki ya: 27-02-2016  →  Musubize

ariko she iyi kipe izira iki koko? imeze nkawamwana utangira guhaguruka agahita arwara bwaki agasubira gukambakamba.birababaje abayobozi nibabe mask Kabisa bakemure ibibazo.

Higiro yanditse ku itariki ya: 25-02-2016  →  Musubize

Bamugarure rwose kuko yarashobopeee!!!!

I wiringiyimana jeancloude yanditse ku itariki ya: 25-02-2016  →  Musubize

akose mana noneho twabyitiki koko ndababaye ubuyobozi bwacu nibwumvikane numutoza turamwemera rwose

richard yanditse ku itariki ya: 24-02-2016  →  Musubize

ewana umutozawacutwamukundagakabisa nuwambere

mukeshimana jeampoul yanditse ku itariki ya: 24-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka