Ubudage ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi nyuma yo kwandagaza Brazil 7-1

Ikipe y’Ubudage yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi, ubwo yari imaze kwandagaza Brazil ikayitsinda ibitego 7-1 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 8/7/2014.

Muri uwo mukino waranzwe n’intege nkeya za Brazil, mu minota 30 y’igice cya mbere Ubudage bwari bumaze gutsinda ibitego bitanu byinjijwe na Thomas Mueller, Miroslav Klose, wahise yuzuza ibitego 16 ari nabyo byinshi mu gikombe cy’isi, Toni Kroos, Toni Kroos na Sami Khedira.

Amakipe yagiye kuruhuka ari ibitego 5-0 ariko mu gice cya kabiri, Brazil yagarutse ishaka gusatira ariko ntibyamaze akanya kuko Ubudage bwongeye kwigarurira umukino maze butsinda ibindi bitego bibiri byinjiwe na Andre Schuerrle.

Thomas Mueller yinjiza igitego.
Thomas Mueller yinjiza igitego.

Brazil yakinaga idafite Neymar yagendeyeho muri iki gikombe cy’isi akaza kuvunika, ndetse na Thiago Silva wari wahagaritswe kubera amakarita y’umuhondo, yabonye igitego cy’impozamarira ku munota wa 90 gitsinzwe na Oscar.

Uwo mukino utazibagirana mu mateka ya Brazil, wasize amateka menshi ndetse n’imihigo myinshi, aho kuba byabaye ubwa mbere ikipe yakiriye igikombe cy’isi itsindwa ibitego byinshi.

Ibitego Brazil yatsinzwe ni nabyo byihuse cyane mu mateka y’igikombe cy’isi mu mukino wa ½ cy’irangiza, kandi ni nabyo byinshi byinjiye mu mateka ya ½ cy’irangiza muri iryo rushanwa.

Miroslav Klose yesheje umuhigo w'ibitego 16 aba uwa mbere ku isi umaze gutsinda ibitego byinshi mu gikombe cy'isi.
Miroslav Klose yesheje umuhigo w’ibitego 16 aba uwa mbere ku isi umaze gutsinda ibitego byinshi mu gikombe cy’isi.

Ibitego 7-1 byatsinzwe n’Ubudage kandi byahesheje iyo kipe kwesa umuhigo w’ibitego byinshi mu gikombe cy’isi kuko yahise igwiza ibitego 221.

Ikipe y’Ubudage ifite ibikombe by’isi bibiri, yageze ku mukino wa nyuma ku nshuro ya munani mu mateka yayo, izahura ku mukino wa nyuma n’ikipe iza kurokoka hagati ya Argentine n’Ubuholandi mu wundi mukino wa ½ cy’irangiza ukinwa kuri uyu wa gatatu tariki ya 9/7/2014 kuva saa yine z’umugoroba.

Ubudage buzakina n'Ubuholandi cyangwa Argentine ku mukino wa nyuma.
Ubudage buzakina n’Ubuholandi cyangwa Argentine ku mukino wa nyuma.
Oscar niwe watsinze igitego kimwe cy'impozamarira cya Brazil.
Oscar niwe watsinze igitego kimwe cy’impozamarira cya Brazil.
Brazil yatsindwaga nk'idahari.
Brazil yatsindwaga nk’idahari.
Amarira kuri David Luiz, Thiago Silva arimo kumuhoza.
Amarira kuri David Luiz, Thiago Silva arimo kumuhoza.
Abafana ba Brazil mu gahinda.
Abafana ba Brazil mu gahinda.
Abakunda Brazil bo ntibumvaga ibiba ku ikipe yabo.
Abakunda Brazil bo ntibumvaga ibiba ku ikipe yabo.
Abafana b'Ubudage ibyishimo byabarenze.
Abafana b’Ubudage ibyishimo byabarenze.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka