Tottenham Hotspur itwaye Europa League 2024-2025

Bwa mbere nyuma y’imyaka 17, Ikipe ya Tottenham Hotspur yongeye gutwara igikombe icyo aricyo cyose, nyuma yo gutsindira Manchester United ku mukino wa nyuma wa UEFA Europa League 2024-2025 wabereye i Bilbao muri Espagne igitego 1-0.

Brennan Johnson atsinda igitego cya Tottenham Hotspur
Brennan Johnson atsinda igitego cya Tottenham Hotspur

Ni umukino wabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gicurasi 2025, kuri Stade ya Nuevo San Mamés Barria mu Mujyi wa Bilbao muri Espagne, ahari hahanzwe amaso aya makipe yombi atarirwaye neza muri Premier League, akaba yari ahuriye ku ntego yo kurengera umwaka wayo nibura atwara Igikombe cyo ku rwego rw’umugabane.

Mu gice cya mbere , Manchester United yabonanaga neza yaremye uburyo bwinshi ugereranyije na Spurs ariko abakinnyi nka Amad Diallo babura uko bashyira mu izamu uburyo amashoti abiri agana mu izamu iyi kipe yabonye muri atanu yateye muri rusange. Ku ruhande rwa Spurs nayo rutahizamu Dominic Ayodele Solanke na Richarlison bagowe no gufungura amazamu yari ahagazemo Umunya-Cameroun, André Onana Onana, mu mashoti atatu ikipe yabo yateye arimo rimwe ryaganaga mu izamu.

Amad Diallo yahushije uburyo bwari kuvamo igitego Manchester United
Amad Diallo yahushije uburyo bwari kuvamo igitego Manchester United

Icyakora Spurs itabonye uburyo bwinshi mu gice cya mbere, binyuze ku Munya-Pays de Galles Brennan Price Johnson yafunguriye amazamu ku mupira yahawe na Pape Matar Sarr maze Luke Shaw ananirwa kuwukuraho birangira uruhukiye mu rushundura, Umusifuzi w’Umudage, Félix Zwayer asoza iki gice iyi kipe y’i Londres iri imbere y’iy’i Manchester n’igitego 1-0.

Brennan Johnson watsinze igitego
Brennan Johnson watsinze igitego

Manchester United yagarutse mu gice cya kabiri yotsa Tottenham Hotspur igitutu ku mipira yubakiraga hagati mu kibuga, igashyirwa mu mpande mbere yo guhindurwa mu ruhuga rw’amahina, ndetse umunota wa 60 w’umukino usanga imaze guhererakanya umupira inshuro 241 kuri 90 ya Tottenham Hotspur, gusa Rasmus Winther Højlund na Mason Mount bananirwa n’igikorwa cya nyuma.

Byari agahinda kuri Manchester United
Byari agahinda kuri Manchester United

Nyuma y’uko umutoza Ange Postecoglou akoze impinduka zasize Kapiteni Son Heung-Min asimbuye Richarlison, Manchester United yabonye uburyo bukomeye bwashoboraga kuyigomborera buturutse ku mupira Bruno Miguel Fernandes yateye maze Umunyezamu Guglielmo Vicario ananirwa kuwugumana, mbere no Rasmus Højlund asongamo n’umutwe gusa Micky Van de Ven avaniramo umupira ku murongo.

Umupira Micky Van de Ven yakuriyemo ku murongo mu gice cya kabiri, ni amwe mu mahirwe menshi Manchester United yahushije muri uyu mukino
Umupira Micky Van de Ven yakuriyemo ku murongo mu gice cya kabiri, ni amwe mu mahirwe menshi Manchester United yahushije muri uyu mukino

Umutoza Ruben Filipe Marques Amorim yakoze impinduka zashobokaga zose, yinjizamo Alejandro Garnacho Ferreira, José Diogo Dalot Teixeira a Joshua Orobosa Zirkizee byongera imbaraga mu busatirizi, icyakora ifirimbi ya nyuma ivuga Tottenham Hotspur yegukanye intsinzi n’Igikombe ku gitego 1-0.

Tottenham Hotspur yegukanye igikombe cya gatatu cya Europa League yaherukaga mu 1984
Tottenham Hotspur yegukanye igikombe cya gatatu cya Europa League yaherukaga mu 1984
Umutoza wa Tottenham Hotspur Ange Postecoglou wavuze ko mu mwaka we wa kabiri ahantu atwara igikombe, abikoze no kuri iyi nshuro
Umutoza wa Tottenham Hotspur Ange Postecoglou wavuze ko mu mwaka we wa kabiri ahantu atwara igikombe, abikoze no kuri iyi nshuro

Tottenham Hotspur yahise ikora amateka yo kwegukana igikombe kuva mu 2008 ubwo yatwara English League Cup “Carabao Cup”, ndetse ihita inakatisha itike y’imikino ya UEFA Champions League y’umwaka utaha.

Kapiteni wa Manchester United Bruno Fernandes amaze kwambikwa umudali w'umwanya wa kabiri
Kapiteni wa Manchester United Bruno Fernandes amaze kwambikwa umudali w’umwanya wa kabiri
Tottenham Hotspur yongeye gutwara igikombe icyo aricyo cyose bwa mbere kuva mu 2008
Tottenham Hotspur yongeye gutwara igikombe icyo aricyo cyose bwa mbere kuva mu 2008
Umukino urangiye abakinnyi bashimiye umunyezamu Watabaye inshuro nyinshi
Umukino urangiye abakinnyi bashimiye umunyezamu Watabaye inshuro nyinshi
Byari ibyishimo kuri kapiteni Heung-Min Son umaze imyaka icumi muri Tottenham Hotspur akaba atwaye igikombe ku nshuro ya mbere
Byari ibyishimo kuri kapiteni Heung-Min Son umaze imyaka icumi muri Tottenham Hotspur akaba atwaye igikombe ku nshuro ya mbere
Myugariro Christian Romero yahembwe nk'umukinnyi mwiza w'umukino
Myugariro Christian Romero yahembwe nk’umukinnyi mwiza w’umukino
Gutwara igikombe byatumye Tottenham Hotspur izakina UEFA Champions League mu mwaka utaha 2024-2025
Gutwara igikombe byatumye Tottenham Hotspur izakina UEFA Champions League mu mwaka utaha 2024-2025
Ibyishimo by'abatoza ba Tottenham Hotspur
Ibyishimo by’abatoza ba Tottenham Hotspur

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka