Tombola isize Muhanga na Esperence mu itsinda ry’urupfu

Kuri uyu wa mbere tariki 13/1/2015 ku cyicaro gikuru cya Ferwafa hamaze kubera tombola y’uburyo amakipe azahuramuri shampiyona y’icyiciro cya kabiri y’umwaka wa 2015.

Amakipe 19 ni yo yitabiriye iyi tombola akaba yashyizwe mu matsinda abiri, aho itsinda rya mbere ririmo amakipe icyenda ashobora kongerwaho imwe mugihe inteko rusanjye ibyemeje, naho itsinda rya kabiri rikaba ririmo amakipe 10.

Ikipe ya La Jeunesse yikuye mu marushanwa nyuma y'ihagarikwa ry'amasezerano na Tinco. Icyemezo kitavuzweho rumwe n'abanyamuryango bayo
Ikipe ya La Jeunesse yikuye mu marushanwa nyuma y’ihagarikwa ry’amasezerano na Tinco. Icyemezo kitavuzweho rumwe n’abanyamuryango bayo

Ikipe ya La Jeunesse yahoze mu cyiciro cya mbere ikacyikuramo ku mpamvu zitari zasobanuka, izatangirira urugamba rwo kukigarukamo mu itsinda A, itsinda ihuriramo n’amakipe nka Aspor imaze imyaka muri iki cyiciro, ndetse na SEC yagarukiye muri ½ mu mwaka wa shampiyona ushize.

Itsinda rya kabiri ni ryo rigaragaza ingufu cyane, aho amakipe yamanutse mu cyiciro cya mbere umwaka ushize, Esperence na Muhanga abarizwa, akazahangana n’andi makipe nka Rwamagana itoroshye, Bugesera yahigiye kuzamuka uyu mwaka, ndetse n’Intare zirerera APR FC.

As Muhanga yageze ku mukino wanyuma w'igikombe cy'Amahoro mu myaka ibiri ishize
As Muhanga yageze ku mukino wanyuma w’igikombe cy’Amahoro mu myaka ibiri ishize

Shampiyona y’icyiciro cya kabiri izatangira tariki 24/1/2015 aho aya makipe azayikina agomba gutanga abakinnyi batatu bonyine barengeje imyaka 20 ku rutonde rw’abakinnyi batarenze 30 azaba atanga muri iri shyirahamwe bitarengeje tariki 15/1/2015.

Uko amatsinda ahagaze:

Itsinda A

  1. SEC
  2. Aspor
  3. Etoile de l’est
  4. Gasabo
  5. La Jeunesse
  6. Pepiniere
  7. United Sars
  8. Vision,
  9. Vision JN
  10. X (izemezwa na Inteko Rusange)

Itsinda B

  1. Bugesera
  2. Akagera
  3. Esperance
  4. Intare
  5. Interforce
  6. Kirehe
  7. Muhanga
  8. Rwamagana
  9. Sorwathe
  10. Unity FC

Jah d’ eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Amakipe yose afite amazina y’Akarere nta mbaraga afite. Akwiye gushaka andi mazina ariko agafashwa n’Akarere.

rrr yanditse ku itariki ya: 13-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka