Bosenibamwe Aimé, avuga ko izo Stade ari nziza kandi zabayeho kera ariko uburyo zimeze muri iki gihe ntabwo bushimishije. Agira ati “twakoze imishinga ubungubu turashakisha abafatanya bikorwa badufasha gutunganya Stade Ubworoherane na Stade ya Gicumbi”.
Igihe cyo gutangira gusana ayo masitade ntikiramenyekana kuko bisaba gushishikariza abafatanyabikorwa barimo n’abikorera bo mu ntara y’amajyaruguru. Mu gihe kiri imbere hazagaragazwa ikizaba cyaragezweho.
Agira ati “Ibibuga byombi mu by’ukuri biraduhangayikishije cyane ari nazo mpamvu mu gihe cya vuba wenda kiri imbere, tuzabereka ibyo tuzaba twakoze kuri ibi bibuga kugira ngo bitungane.”

Guverineri Bosenibamwe avuga ko ayo masitade nasanwa ashobora kuzashyirwamo ubwatsi bwa kizungu “tapis”. Ndetse ngo hazasanwa, hanubakwe n’amazu abakinnyi bashobora kuzajya bakoresha bari kuri Stade.
Ikibuga kiri ahantu bita Nyakabingo, muri Shyorongi, ho mu karere ka Rulindo nacyo hari gushakwa uburyo cyasanwa kikamera nk’ibindi bibuga bikinirwaho imikino ya shampiyona. Icyo kibuga cyakiniweho na Rwabugiri, wari umwami w’u Rwanda.
Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere siporo mu ntara y’amajyaruru, ngo n’ibindi bibuga bitandukanye biri mu turere ndetse no mu mirenge, nabyo bizacungwa neza binasanwe; nk’uko Bosenibamwe abihamya.
Norbert Niyizurugero
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|