Seninga Innocent wari umutoza wa Etincelles yatandukanye na yo

Umutoza Seninga Innocent wari umaze amezi make yongeye kugirwa umutoza mushya wa Bugesera yamaze gusesa amasezerano n’iyi kipe

Seninga yandikiye Etincelles ayimenyesha ko atakiri umutoza wayo
Seninga yandikiye Etincelles ayimenyesha ko atakiri umutoza wayo

Nk’uko bigaragara mu ibaruwa Seninga yandikiye ubuyobozi bwa Etincelles muri iki gitondo cyo ku wa 26/11/2019, yamenyesheje iyi kipe ko asezeye ku mirimo yari ashinzwe.

Zimwe mu mpamvu yatanze, harimo kuba iyi kipe yarishe amasezerano bagiranye ndetse igashaka no kumuhuguza umushahara w’ukwezi kwa cumi, ndetse no kuba komite ari yo yamuguriye abakinnyi mu gihe mu masezerano bavugaga ko ari umutoza Seninga ugomba kuzabahitamo.

Ibaruwa Seninga Innocent yandikiye Etincelles

Mu mikino icyenda ya shampiyona uyu mutoza yari amaze gutoza Etincelles, yatsinzemo imikino itatu, inganya ibiri itsindwa ine, ubu ikaba iri ku mwanya wa cyenda mu makipe 16.

Inkuru bijyanye :

Ikipe ya Etincelles iranyomoza Seninga uyishinja ubwambuzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka