Rusizi: Abafana ba Espoir FC barishimira intsinzi bakuye kuri APR FC

Abafana b’ikipe ya Espoir FC y’i Rusizi bararanye akanyamuneza nyuma yo gukura amanota atatu mu mukino bakinnye na APR FC ku wa gatatu tariki ya 18 Werurwe 2015.

Uyu mukino watangiye amakipe yombi asatirana ku buryo kumenya iyari gutahukana intsinzi byari bigoye. Mu gice cya kabiri nibwo umukinnyi Harerimana Jean Damascène bakunze kwita Gisimba yabyaje amahirwe koruneri ikipe ye yari ibonye ku munota wa 10, bityo umukino urangira ari igitego kimwe rukumbi ku ikipe ya Espoir ku busa bwa APR FC.

Abafana ba Espoir FC bishimira intsinzi.
Abafana ba Espoir FC bishimira intsinzi.

Umutoza w’ikipe ya Espoir FC, Gatera Alphonse avuga ko uyu mukino utari woroshye akurikije uko wari umeze, dore ko ikipe ya APR FC itifuzaga gutsindwa kuko yari imaze imikino myinshi itsindwa harimo n’uwo yatsinzwe n’ikipe yo mu Misiri ya Al Ahlly, icyakora ngo nabo ntibari bicaye kuko mu myitozo yabo bakora buri munsi yabahaga icyizere cyo kuba batatsindwa uyu mukino.

Uyu mutoza avuga ko bishimiye intsinzi bakuye ku ikipe ikomeye nk’iyi kuko biha imbaraga abakinnyi muri rusange.

Abafana biruka bajya kureba aho umutoza yari agiye kurwana.
Abafana biruka bajya kureba aho umutoza yari agiye kurwana.

Gusa iyi ntsinzi ntivugwaho rumwe n’abafana b’ikipe ya APR FC aho bavuga ko hagiye habaho kubogama ku musifuzi, gusa umutoza w’ikipe ya Espoir FC, Gatera avuga ko iyo ikipe yatsinzwe itabura urwitwazo kuko ntacyo yanenga imisifurire y’uyu mukino.

Nyuma y’umukino ibyishimo by’abafana b’ikipe ya Espoir FC ntibyatinze kuko byaje kubangamirwa n’imvururu aho umutoza w’ikipe ya APR FC, Mashami Vincent yashyamiranye n’umusifuzi ndetse n’inzego z’umutekano avuga ko umukinnyi we yakubitswe n’umupolisi, imvururu zatinze cyane ku buryo zaje guhagarikwa n’inzego z’umutekano ariko ku bw’amahirwe ntawakomerekeyemo.

Abakinnyi ba APR FC binjira mu modoka bataha nyuma yo gutsindwa.
Abakinnyi ba APR FC binjira mu modoka bataha nyuma yo gutsindwa.
Ikipe ya Espoir FC ikomeje kwihagararaho ku kibuga cyayo.
Ikipe ya Espoir FC ikomeje kwihagararaho ku kibuga cyayo.

Musabwa Euphrem

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

nonese nkawe magorwa utakarije ikizere umuntu ubona yahomba iki?
ubundise ninde uba waguhatiye kubisoma wagiye wumva ISANGO ko ariyo ivuga ibishimisha amatwi yanyu nk’abarayon
agahinda kazarinda kabarundura ngo barabanga kd arubujiji mwibitseho

hitiema yanditse ku itariki ya: 21-03-2015  →  Musubize

icyakora I Rusizi hacyenewe abanyamakuru ba kigalitoday,bashinzwe sport ,babona kandi bakatugezaho inkuru zukuri,udutendo twabaye muri uyu mukino wa APR na ESPOIR ni twinshi,ariko urebe inkuru mudufpunyikiye.

kagabo yanditse ku itariki ya: 19-03-2015  →  Musubize

ABA RAYON DUFITE INGENGA BITEKEREZO YAKERA EREGA GUHANGANA SI ISHYARI AHUBWO NUGUKORA CYANE

magorwa yanditse ku itariki ya: 19-03-2015  →  Musubize

Ariko disi abantu koko bareba hamwe ariko ntibabone ibintu bimwe, bitewe n’inyungu z’umuntu. Ndebera uyu munyamakuru disi ntabwo yabonye ko nyuma ya match habaye imvururu ku kibuga, ndetse bamwe bakambikwa amapingu. Ntabwo yabonye ikintu kidasanzwe mu mupira aho umukinnyi ahabwa ikarta itukura aho kujya mu rwambariro akajya kwicarana n’abanyacyubahiro, n’utundi dutendo twinshi. Ibyiza inkuru nk’izi mwajya mizireka kuko abasomyi babatakariza ikizere.

kk yanditse ku itariki ya: 19-03-2015  →  Musubize

RAYON NTIDUKWIYE GUCIKA INTEGE

ALIAS yanditse ku itariki ya: 19-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka