Rayon yagerewe mu kebo mukeba APR yagerewemo

AS Kigali yongeye guhangara Rayon Sports iyitwara amanota atatu iyitsinze ibitego 2-1 mu mukino wabereye I Muhanga kuri uyu wa gatatu

Kuri uyu wa gatatu ku bibuga bitandukanye byo mu Rwanda habereye imikino itandukanye y’umunsi wa 2 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere ,aho umukino wari utegerejwe na benshi ari umukino wahuje ikipe ya Rayon Sports yari yakiriye AS Kigali kuri Stade ya Muhanga.

Rayon Sports yabanje mu kibuga
Rayon Sports yabanje mu kibuga
AS Kigali yabanje mu kibuga
AS Kigali yabanje mu kibuga
Nshimiyimana Eric na David Donadei basuhuzanya mbere y'umukino
Nshimiyimana Eric na David Donadei basuhuzanya mbere y’umukino
Barasuhuzanya mbere y'umukino
Barasuhuzanya mbere y’umukino
Babanje kujya inama mbere y'umukino
Babanje kujya inama mbere y’umukino
Abakapiteni n'abasifuzi
Abakapiteni n’abasifuzi

Imbere y’abafana benshi bari baturutse mu bice bitandukanye,ikipe ya AS Kigali yaje kurusha ikipe ya Rayon Sports ishyaka ndetse no gushakisha igitego,aho abakinnyi nka Ernest Sugira bakomeje kugerageza amashoti ya kure n’ubwo bitahise bibakundira kubona igitego.

AS Kigali yugariye neza muri uyu mukino
AS Kigali yugariye neza muri uyu mukino

Mu minota ya mbere y’igice cya mbere ikipe yaRayon Sports yaje kuvunikisha Manishimwe Djabel wagaragazaga ko ari umwe mu bakinnyi bageragezaga guhuza umukino w’ikino w’ikipe ya Rayon Sports,maze aza gusimburwa na Nsengiyumva Moustapha wavuye mu Isonga.

Ku munota wa 41 w’igice cya mbere,nyuma y’aho ba myugariro batabashije gucunga neza abakinnyi ba AS Kigali,Murengezi Rodrigue yaje kubaca mu rihumye maze abatsinda igitego ari nacyo cyonyine cyabonetse mu gice cya mbere.

ABatoza n'abasimbura bishimira intsinzi
ABatoza n’abasimbura bishimira intsinzi

Igice cya kabiri kigitangira ikipe ya Rayon Sports yaje gukuramo Ndikumana Bodo wahoze kina muri As Kigali,maze yinjizamo Emmanuel Imanishimwe waje no guhusha igitego cyari cyabazwe aho yari asigaranye n’umunyezamu maze atinda gutera bituma umunyezamu awumwambura.

Mu gukomeza gushaka gukomeza ubusatirizi,umutoza Donadei yaje gukora ibitavuzwe ho rumwe ubwo yakuragamo Mugheni Fabrice wasaga ho yari afatiye runini ha Rayon Sports,maze yinjizamo Davis Kasirye.

Ku munota wa 77 w’umukino ,ubwo abakinnyi ba Rayon Sports bari bahugiye mu gushaka kwishyura,baje gucikwa n’abakinnyi ba AS Kigali,maze Ndayishimiye Yussuf Kabishi wanakiniye amakipe nka Musanze,Kiyovu Sports na Rayon Sports,aza kubonera AS Kigali igitego cya kabiri.

Byari ibyishimo ku bakinnyi
Byari ibyishimo ku bakinnyi
Abafana bahise bisohokera
Abafana bahise bisohokera

Ku munota wa 89 w’umukino Davis Kasirye yaje gutsindira Rayon Sports igitego cy’impozamarira,maze nyuna hongerwaho iminota 4 itaje kugira icyo ihindura,maze umukino urangira AS Kigali yegukanye amanota atatu.

Kasirye yatsinze igitego ariko ababara ukuboko
Kasirye yatsinze igitego ariko ababara ukuboko
Umunyezamu yabanje kwimana umupira
Umunyezamu yabanje kwimana umupira

Andi mafoto

Indi mikino yabaye

Rwamagana 2 Etincelles 0
Marines 1 Sunrise 0
Musanze 1 Gicumbi 0

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ubwoba wapi kbsa kuko imikino nimibisi rayon nikomeze umujyo um we tuzitwara neza imuhanga twazize kuvunikisha djabel land Igusimbuza kwa genze nabi.

François yanditse ku itariki ya: 25-09-2015  →  Musubize

Bibaho muri ruhago tuzatsinda ubutaha match ziracyahari.

emmy yanditse ku itariki ya: 24-09-2015  →  Musubize

ntabwoba dufite Rayon sport izadushimisha mumukino uzakurira biriya bibaho ndabwira aba rayon twese ngo twihangane kuko tutazayiva inyuma murakoze.

Emmy i Rusizi yanditse ku itariki ya: 24-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka