Mu rwego rwo gutangira gahunda nshya y’umutoza wa Rayon Sports yo gutangaza amakuru ari mu ikipe buri gihe ubwo hazajya haba habura iminsi ibiri ngo Rayon Sports ikine,ikipe ya Rayon Sports yatangaje byinshi bivugwa mbere y’uko bakina na Gicumbi.

Mu kiganiro cyatangiye ku I Saa kumi n’iminota 25,kikaba cyari kiyobowe by’umwihariko na Gakwaya Olivier umunyamabanga mukuru wa Rayon Sports,cyari cyitabiriwe kandi n’umutoza wa Rayon Sports Ivan Jacky Minnaert,Kapiteni wa Rayon Sports,ndetse na rutahizamu Ismaila Diarra mushya uturutse mu gihugu cya Mali.

Kuva i Nyanza,ikipe ikaza i Kigali
Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko kuba ikipe yaravuye i Nyanza harimo no kuba aho iyi kipe yakiniraga hagiye gutunganwa ikibuga,bituma iyi kipe biba ngombwa ko ishaka ikibuga ikoreraho imyitozo mu gihe itarabona aho izajya ikorera imyitozo ya buri munsi.
Gakwaya Olivier yagize ati" Aho twakoreraga imyitozo i Nyanza twumvise ko hari gahunda y’uko shampiona izajya ibera ku bibuga biriho ubwatsi bw’ubukorano, ni muri urwo rwego na Nyanza twumvise ko bagiye kuhatunganya,niyo mpamvu twashatse ikindi kibuga mu mujyi wa Kigali"

Rutahizamu mushya waturutse mu gihugu cya Mali.......
Umutoza wa Rayon Sports Ivan Jacky Minnaert yatangaje ko uyu mukinnyi Ismaila Diarra bazanye n’ubundi asanzwe amuzi cyane ko yanamutoje amezi atandatu mu ikipe ya Djoliba Fc,akaba yumva amufitiye icyizere ko azitwara neza muri iyi shampiona.

Ku ruhande rw’uyu mukinnyi ,yirnze kugira byinshi atangaza,cyane ko ari bwo bwa mbere yari ageze muri iyi Shampiona
Ismaila Diarra ati " Ni ubwa mbere ngeze mu Rwanda,nta mukinnyi n’umwe nsanzwe nzi ,ndetse n’ikipe sinari nsanzwe nyizi,niyo mpamvu numva nazabanza nkamenyera ikipe"
Davis Kasirye yahawe igihe ntarengwa cyo kwitaba ikipe
Nyuma y’igihe kinini umukinnyi Davis Kasirye atitabira imyitozo,umunyamabanga mukuru wa rayon Sports yatangaje ko uyu mukinnyi hari ibikubiye mu maseszerano yagiranye na Rayon SPorts akaba asabwa kwitaba akanama ka discipline bitarenze ku wa mbere
Gakwaya ati " Kasirye nta kintu twamereye tutigeze tumuha,yanze kwitabira imyitozo,niyo mpamvutwamwamdikiye ibaruwa imusaba kuba yamze kwitaba ikipe bitarenze ku wa mbere"
Iyi nama yahuzaga Rayon Sports n’abanyamakuru,yari igamije gutangaza amakuru ku mukino uzahuza Rayon Sports na Gicumbi kuri uyu wa gatanu,umukino uzabera kuri Stade ya Gicumbi guhera Saa cyenda n’igice
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
RYENUMVA ABAREYO TWESE TWASHIRA HAMWE ABO BANYAMAHANGA NTIBADUCIKE
ndumyfana was APR yagura. itagura ni Toto kuri APR sawa murakoze
rayon sport tuyirinyuma uyumuinsi turatsinda gicuimbi
UMUKINYI UTITABIRIYE IMYITOZO NUWO GUHOMBYA IKIPE YAKAGOMBYE GUHANWA KUGIRANGO EJO HATAZA N,UNDI
Aba reyon sport natwe tuyirinyuma kweri ,courage.