Rayon Sports yasinyishije umurundi Kwizera Pierrot yari imaze imyaka 2 ishakisha

Ikipe ya Rayon Sports imaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wo hagati Kwizera Pierre amasezerano y’amezi 18 akinira iyi kipe mu mikino yo kwishyura ya shampiyona.

Kwizera Pierre uzwi nka Pierrot, yifujwe na Rayon Sports kuva mu mwaka wa 2013 gusa birangira yerekeje muri Simba yo muri Tanzania mu mwaka ushize, ikipe atagiriyemo ibihe byiza nkibyo yakoreye muri Cote d’Ivoire, aho yakiniraga ikipe yaho ya AFAD (Academie de Foot Amadou Diallo de Djékanou).

Pierrot ni inshuti ikomeye ya Makenzi.. gusa bashobora kubisikana umwe yinira undi asohoka
Pierrot ni inshuti ikomeye ya Makenzi.. gusa bashobora kubisikana umwe yinira undi asohoka

Uyu musore ukina mu kibuga hagati asatira izamu(attacking midfielder) mu ikipe y’intamba ku rugamba y’u Burundi, ni umwe mu bakinnyi Rayon Sports yitezeho byinshi muri shampiyona, nkuko yabitangaje ku rubuga rwayo rwa Facebook.

Rayon Sports yiteze byinshi kuri uyu musore w'umurundi
Rayon Sports yiteze byinshi kuri uyu musore w’umurundi

Pierrot, aje asanga abandi bakinnyi nka Kabamba Tshishimbi Papy wahoze akinira TP Mazembe na Kengi Mutombo Junior wakiniraga AS Bantou, ndetse na Ganza Alexis wahoze muri Police FC bose biteguye gutangirana na Rayon Sports mu mikino yo kwishyura ya shampiyona.

Kuza kwa Pierrot ariko gushobora gukurikirwa n’igenda rya ba myugariro babiri ba Rayon Sports Sibomana Abuba na Nizigiyimana Karim Makenzi kuri ubu bari kubarizwa mu gihugu cya Kenya aho bagiye mu biganiro na Gor Mahia yaho.

Makenzi na Abuba bibereye muri Kenya
Makenzi na Abuba bibereye muri Kenya

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Nibyo ikipe ni ihora yivugurura kuko burya ikipe irasaza. Ntimubona aho kutavugurura FC Barcelona biyigeze. Nyamara ifite abakinnyi b’amazina. Ba Makenze bagende n’ubwo bari abakinnyi bakomeye, hazamuke abandi bana nabo berekane ibyo bashoboye. Wenda hari igihe bababuzaga kwigaragaza.Kandi nabo imigisha myinshi aho bazajya.

jff yanditse ku itariki ya: 15-01-2015  →  Musubize

DUKUNDA RAYON GIKUNDIRO CY’ABANYARWANDA!TWISHIMIYE KUBONA UMUKINNYI NKA PIERRE!MUZATUBWIRE AHO GUSHAKA UBWENEGIHUGU KURI PETER OTEMA NA SINA JEROME BIGEZE!

NDAYIZEYE yanditse ku itariki ya: 14-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka