Rayon Sports yabuze amahirwe yo gufata umwanya wa mbere muri shampiyona

Igitego cya Sunrise ku munota wa 79 cyatumye iyi kipe inganya na Rayon Sports igitego 1-1 bituma Rayons Sports itungukira ku gutsindwa kwa APR FC ngo ibe yarangiza umunsi wa cyenda ari yo iyoboye shampiyona y’icyiciro cya mbere.

Ni umukino wakinwaga kuri iki cyumweru tariki 30/11/2014 ku kibuga cya Rwamagana, aho abafana benshi bigaragara bari bitabiriye uyu mukino, wari ufite byinshi uvuze kuri shampiyona y’icyiciro cya mbere.

Rayon Sports yabanje mu kibuga.
Rayon Sports yabanje mu kibuga.

Rayon Sports yagiye mu kibuga ibizi neza ko gutsinda uyu mukino bivuze ko irahita ifata umwanya wa mbere, dore ko yari guhita inganya amanota na APR FC ariko iyi kipe y’i Nyanza ikayiza imbere ku bitego izigamye.

Inzozi z’abafana ba Rayon Sports zabaye nk’iziba impamo, ubwo ku munota wa 31 w’umukino Isaac Muganza yateraga ishoti rikomeye mu izamu ryari ririnzwe na Saaka Robert, maze uyu uruhukira mu nshundura byatumye abafana benshi bari i Rwamagana batangira kuririmba intsinzi.

Sunrise imaze kwishyura igitego cya Rayon Sports.
Sunrise imaze kwishyura igitego cya Rayon Sports.

Ikipe ya Sunrise, nyuma yo gutsindwa iki gitego yaje nayo gutangira gusatira cyane ngo irebe ko yakwishyura ariko igice cya mbere kirangira ari icyo gitego kimwe cya Rayon Sports ku busa.

Mu gice cya kabiri, umukino wakiniwe ahanini mu rubuga rwa Rayon Sports yari yagowe cyane n’iyi kipe yari mu rugo, ndetse biza no kurangira umukinnyi Majyambere Alype akoreye ikosa umukinnyi wa Sunrise mu rubuga rw’amahina, byatumye Munyankindi Patrick ayishyurira igitego ku munota wa 79.

Abakinnyi ba Sunrise bishimira igitego.
Abakinnyi ba Sunrise bishimira igitego.

Umukino waje kurangira ari icyo gitego 1-1 ari nako Rayon Sports igumana umwanya wa kabiri n’amanota 18, amanota abiri inyuma ya APR FC ya mbere.

Dore uko indi mikino yagenze ku munsi wa cyenda wa shampiyona:

Marines FC 1-0 Musanze FC

AS Kigali 3-1 Etincelles

Mukura VS 3-2 Amagaju

Police FC 1-0 Isonga

Urutonde

1. APR FC

2. Rayons Sports

3. AS Kigali

4. Police FC

5. Marines FC

6. Kiyovu Sports

7. Amagaju FC

8. Sun Rise

9. Gicumbi

10. Espoir

11. Musanze

12. Etincelles

13. Mukura

14. Isonga

Andi mafoto y’umukino wa Rayons Sports na Sunrise

Abafana ba Rayon Sports bari bizeye gutsinda.
Abafana ba Rayon Sports bari bizeye gutsinda.
Abafana bari bakubise buzuye.
Abafana bari bakubise buzuye.
Gatete George Perezida w'abafana ba APR FC (ibumoso) yari yaje kureba abakeba.
Gatete George Perezida w’abafana ba APR FC (ibumoso) yari yaje kureba abakeba.
Mayor wa Nyanza Murenzi Abdallah (ibumoso) na we yari kuri uyu mukino.
Mayor wa Nyanza Murenzi Abdallah (ibumoso) na we yari kuri uyu mukino.
Mu kibuga ryari ishiraniro.
Mu kibuga ryari ishiraniro.
Penaliti yavuyemo igitego cyo kwishyura.
Penaliti yavuyemo igitego cyo kwishyura.
Sunrise na yo yari yakoze ku bafana bayo.
Sunrise na yo yari yakoze ku bafana bayo.
Sunrise yanganyije na Rayon Sports kuri iki cyumweru.
Sunrise yanganyije na Rayon Sports kuri iki cyumweru.
Umutoza wa APR FC Dr Petrovic (bumoso) yarebye uno mukino wose ahagaze.
Umutoza wa APR FC Dr Petrovic (bumoso) yarebye uno mukino wose ahagaze.

Jah d’eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka