Kuri uyu wa kane ikipe ya Rayon Sports iyobowe n’umutoza wayo mushya Kayiranga Baptista yakoreye imyitozo ya mbere ku kibuga izakinira ho umukino wo kwishyura n’ikipe ya Zamalek yari yayitsinze ibitego bitatu kuri kimwe.

Nyuma y’aho ikipe ya APR FC ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo (Orange CAF Champions League) yerekeje mu gihugu cya Misiri gukina n’ikipe ya Al Ahly, ikipe ya Rayon Sports nayo ikomeje kwitegura umukino wo kwishyura uzayihuza na Zamalek mu gikombe gihuza amakipe yatwaye igikombe cy’igihugu (CAF Confederation Cup).

Uyu mukino uzaba kuri iki cyumweru taliki ya 05/04/2015 ukabera kuri Stade Amahoro guhera Saa cyenda n’iminota mirongo itatu (15h30), ikipe ya Rayon Sports irasabwa gutsinda ikipe ya Zamalek ibitego bibiri ku busa kugira ngo ibashe gusezerera iyi kipe ihagarariye igihugu cya Misiri.

Ikipe ya Zamalek bikaba biteganijwe ko igera mu Rwanda kuri uyu wa gatanu ku isaha ya saa sita z’amanywa.
Sammy IMANISHIMWE
National Football League
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
rayon tuyirinyuma twizeyeko ko izatsinda 2-0
ikipe tuyirinyuma kabisa
RAYON SPORT TUYIRINYUMA KABISA NIKOMEZE YITOZE NUBWO TUTARIKUMWE TUYIFITE KUMUTIMA
Courage tubarinyuma