Rayon Sports igiye guhagararira igihugu kirangwa n’Intsinzi -Théogene Ntampaka

Ku wa kabiri ku isaha saa kumi n’iminota 30 nibwo ikipe ya Rayon Sports yahagurutse i Kigali yerekeza mu Misiri igiye gukina umukino ubanza wa 1/16 n’ikipe ya Zamalek.

Nyuma y’aho byavugwaga ko ikipe ya Rayon Sports ishobora kuterekeza mu Misiri kubera amafaranga igenerwa na MINISPOC yari itarabona, byaje kurangira impande zirebwa n’icyo kibazo zigikemuye maze ikipe ya Rayon Sports iragenda.

Théogene Ntampaka, umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports wanayiherekeje yatangaje ko yasabye abakinnyi kwihanganira bimwe mu bibazo byashoboraga gutuma batajya gukina uyu mukino ndetse anatangaza ko ibibazo byari kubabuza kugenda byakemutse.

Ikipe igeze i Kanombe.
Ikipe igeze i Kanombe.

Theogene Ntampaka ati “Twavuganye na MINISPOC na FERWAFA dusanga nta kibazo kidasanzwe cyari gihari, gusa umupira wo mu Rwanda tugomba kuwufata uko uri kuko turacyacyennye, niyo mpamvu muri Rayon Sports hari imishinga twatangiye kugira izadufasha mu mimsi iri imbere”.

Yakomeje agira ati “Abakunzi bacu badufitiye icyizere, nk’uko twagiye no muri Cameroun benshi bataduha amahirwe, turumva dufite icyizere cyo kwitwara neza, igihugu cyacu kirangwa n’intsinzi niyo mpamvu tugomba natwe kugihagararira neza”.

Habimana Sosthene, umutoza w’agateganyo wa Rayon sport avuga ko n’ubwo agiye gukina n’ikipe ikomeye ariko abakinnyi nta bwoba bajyanye.

“Twabanje no kumvisha abakinnyi kwibagirwa kuba tumaze iminsi tunganya, amakipe yo mu karere kacu twajyaga dutinya amakipe yo mu barabu ariko byarahindutse, abakinnyi nabo bazi ko agomba kwigaragaza kugira ngo babe banagurwa n’andi makipe akomeye,” Habimana.

Abakinnyi ba Rayon sport binjira mu kibuga cy'indege.
Abakinnyi ba Rayon sport binjira mu kibuga cy’indege.

Rayon Sports ihagurutse hari abakinnyi bafite imvune nka Fuade Ndayisenga, Ndatimana Robert, Emmanuel Imanishimwe na Ndayishimiye Eric Bakame, ariko hari icyizere ko bashobora gukina uwo mukino.

Rayon Sports yajyanye abakinnyi 18 aribo Gerard Bikorimana, Djihad Bizimana, Aphrodis Hategikimana, Jean Paul Havugarurema, Emmanuel Imanishimwe, Pierrot Kwizera, Peter Otema, Moses Kanamugire, Frank Lomami, Huberto Sincere Manzi, Isaac Muganza, Robert Ndatimana, Fuadi Ndayisenga, Eric Ndayishimiye, Vivien Niyonkuru, James Tubane, Faustin Usengimana na Leon Uwambazimana.

Umukino uzahuza Rayon Sports na Zamalek uteganyijwe kuba ku wa gatanu tariki ya 13/03/2015 n’ubwo ikipe ya Zamalek yari yasabye ko washyirwa ku cyumweru ariko ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) rigatinda kubemerera.

Amafoto y’ikipe ya Rayon Sports I Kanombe ubwo yerekezaga mu Misiri:

Bakame mu cyumweru kimwe aramenya niba aguma muri Rayon Sports cyangwa yerekeza ahandi
Bakame mu cyumweru kimwe aramenya niba aguma muri Rayon Sports cyangwa yerekeza ahandi
Isaac Muganza asohoka mu modoka.
Isaac Muganza asohoka mu modoka.
Kwizera Pierrot umaze igihe gito muri Rayon Sport ni umwe mu berekeje mu misiri.
Kwizera Pierrot umaze igihe gito muri Rayon Sport ni umwe mu berekeje mu misiri.
Myugariro Faustin na Robert Ndatimana ku kibuga cy'indege i Kanombe.
Myugariro Faustin na Robert Ndatimana ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Rwarutabura ntiyabashije guherekeza ikipe ye.
Rwarutabura ntiyabashije guherekeza ikipe ye.
Uwambazimana Leon asohoka mu modoka.
Uwambazimana Leon asohoka mu modoka.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

NUMVA EKIPEYACUNYUMA YICYOTWAKITANKICYUHO CYABA CYARABAYE APR BAJYENDE NKUKO NUBUBABIJYENZA BAZABIKORE TWIFATANINABO TUBASABIRAKUMANA UBWO URUJYENDO RWIZS

HABANABAKIZE yanditse ku itariki ya: 11-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka