Rayon Sport igiye kuzenguruka igihugu yereka abakunzi bayo igikombe

Kuri uyu wa gatandatu tariki 01/06/2013, Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buzatangiza kuzengurukana igikombe cya shampiyona iyo kipe iheruka kwegukana, hirya no hino mu turere tw’u Rwanda mu rwego rwo kukimurikira abakunzi bayo.

Umuyobozi w’abafana ba Rayon Sport mu Rwanda, Jean Claude Muhawenimana, yadutangarije ko byamaze kwemezwa ko iyo gahunda izatangirira i Nyanza ku cyiciro cya Rayon Sport, igikombe kikerekwa abakunzi ba Rayon Sport b’i Nyanza na Ruhango, bakazakomereza mu tundi turere mu cyumweru gitaha.

Nubwo ngo batazabasha kugera mu turere twose tw’u Rwanda uko ari 30, Rayon Sport yagennye uturere tumwe na tumwe dufite abakunzi benshi b’iyo kipe kandi tukaba dushobora no guhurirwamo n’abandi bafana bavuye mu tundi turere iyo kipe itazabasha kugeramo.

Abafana ba Rayon Sport bari benshi baje kwakira igikombe ku munsi wa nyuma.
Abafana ba Rayon Sport bari benshi baje kwakira igikombe ku munsi wa nyuma.

Tumwe mu turere bamaze kwemeza ko bazatugeramo nk’uko Muhawenimana abitangaza, harimo Nyanza, Ruhango, Huye na Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo, Rwamagana, Ngoma na Kayonza mu ntara y’Iburasirazuba, Musanze mu ntara y’Amajyarugugu na Rubavu mu ntara y’Uburengerazuba, ariko ngo byanabashobokera bakazongeraho n’utundi turere.

Muri icyo gikorwa, ubuyobozi bwa Rayon Sport ngo buzajya bwitwaza abakinnyi bayo bazajya bereka abafana igikombe, ndetse hakazajya haba hari n’abahanzi nyarwanda bazajya basusurutsa abo bafana hirya no hino aho bazajya.

Igikorwa cyo kuzenguruka igihugu berekana igikombe, ngo biri kandi no mu rwego rwo gukangurira abakunzi ba Rayon Sport gukomeza gushyigikira iyo kipe, bakayitera inkunga, kandi bakazanaboneraho kugurisha bimwe mu birango by’iyo kipe birimo imyambaro n’ibindi.

Rayon Sport yishimira igikombe kuri sitade Amahoro.
Rayon Sport yishimira igikombe kuri sitade Amahoro.

Rayon Sport yatwaye igikombe habura umukino umwe ngo shampiyona irangire ubwo yari imaze gutsinda Musanze FC igitego 1-0, ariko yagishyikiririjwe ku mugaragaro kuwa gatandatu tariki 25/05/2013, nyuma y’umukino yakinnye ikanatsindwa na Espoir ibitego 3-2.

Rayon Sport yatwaye igikombe cya shampiyona cya karindwi mu mateka yayo nyuma y’imyaka icyenda itagitwara, izahagararira u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (CAF Champions League) ndetse na CECAFA.

Theoneste Nisingizwe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

gikundiro widuter ishyari ngwino n i KARONGI
WITONDE UZENGURUKE UTURERE TWOSE HARIMO ABAFANA N INKUNGA
KAZENEZA

kagimba jean yanditse ku itariki ya: 1-06-2013  →  Musubize

felecitation muze mutwereke icyo gikombe.tubashyikirize inkunga zacu twigurire nizo teni n;ibirango .muze vuba ahubwo!!!!

ntezanas yanditse ku itariki ya: 30-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka