Rayon 0-0 Police. Igitego cyanzwe, penaliti 2 zirengangijwe na poto 3 mu mukino ushyize APR FC aheza

Ikipe ya Rayon Sports ntiyashoboye kubyaza amahirwe menshi yabonye mu mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona inganyirijemo na Police FC i Muhanga 0-0.

Wari umukino wari ufite byinshi uvuze ku makipe yombi akomeje kwiruka inyuma ya APR FC mu ruganba rwo guhatanira igikombe cya shampiyona cya 2014-2015, aho kunganya kw’ikipe imwe muri izi nta mahirwe menshi byari buyihe.

Cedric Amiss yari yitabiriye uyu mukino
Cedric Amiss yari yitabiriye uyu mukino
Ambulance yinjiranye na Mayor Abdallah ubwo haburaga iminota itanu ngo umukino utangire
Ambulance yinjiranye na Mayor Abdallah ubwo haburaga iminota itanu ngo umukino utangire
Police yabanje mu kibuga
Police yabanje mu kibuga
Rayon sports yahanganye na Police
Rayon sports yahanganye na Police

Iminota 10 ya mbere y’umukino yaranzwe no kwigana ku makipe yombi yakiniraga umukino hagati cyane, anagerageza kumenyera ikibuga byagaragaraga ko kidatuma umupira utambuka nkuko bikwiye kubera imvura yari i Muhanga.

Uko umukino wakomezaga kujya mbere, niko Rayon Sports yawinjiragamo neza aho yihariye umupira bigaragara, ariko ntibone amahirwe agaragara imbere y’izamu rya Emery Bayisenge. Igice cya mbere cy’umukino cyaje kurangira ari 0-0 ndetse nta na kinini kikigaragayemo.

Tubane James wa Rayon na Jimmy wa Police bahoze bakinana muri As Kigali
Tubane James wa Rayon na Jimmy wa Police bahoze bakinana muri As Kigali
Abafana ba Rayon Sports bari babukereye
Abafana ba Rayon Sports bari babukereye
Kapiteni Fuade ni umwe mu bigaragaje
Kapiteni Fuade ni umwe mu bigaragaje
Gikundiro Forever Fan Club yakomeje kugaragaza ko ifite itandukaniro mu mifanire
Gikundiro Forever Fan Club yakomeje kugaragaza ko ifite itandukaniro mu mifanire

Mu gice cya kabiri, Rayon Sports yaje ifite imbaraga zidasanzwe nubwo Police FC ari yo yabonye amahirwe akomeye ya mbere y’umukino, ubwo ku munota wa 47 Jimmy Mbaraga yangukiraga mu kunyerera kw’ikibuga maze akisanga abonye umupira imbere ya Bakame gusa, ariko ntashobore gutsinda mu izamu ryari ryambaye ubusa nyuma yo gucenga uyu munyezamu wa Rayon Sports.

Ikipe ya Rayon Sports kuva kuri uyu munota yaje gukomeza gukinira imbere y’izamu rya Police ndetse ku munota wa 70 iza kubona amahirwe akomeye yo gutsinda, ubwo Coup Franc ya Fuade Ndayisenga yakubitaga umutambiko w’izamu maze Peter Otema ntashobore gusubiza umupira mu izamu wari umugarukiye.

Rayon Sports yabonye amahirwe menshi imbere y'izamu
Rayon Sports yabonye amahirwe menshi imbere y’izamu
Amwe mu mahirwe akomeye Rayon Sports yarase
Amwe mu mahirwe akomeye Rayon Sports yarase
Sina Jerome yabonye amahirwe menshi yo gutsinda
Sina Jerome yabonye amahirwe menshi yo gutsinda
Muganza yahisemo gutera uyu mupira ku mutambiko w'izamu aho kuwushyira mu nshundura
Muganza yahisemo gutera uyu mupira ku mutambiko w’izamu aho kuwushyira mu nshundura

Rayon sports yakomeje gusatira kandi izamu rya Police ubwo ku munota wa 74 umukinnyi Sina Jerome yazaga gusiga ba myugariro ba Police agatera umupira mu izamu ukagarurwa n’umunyezamu ugasanga Muganza Isaac wari usigaranye n’izamu ariko agahitamo kuwutera ku mutambiko waryo ukajya hanze.

Ku munota wa 84 w’umukino Rayon Sports yaje kubona igisa na penaliti ubwo Muganza Isaac yazamukanaga umupira muri ba myugariro ba Police babiri, gusa akisanga hasi mu rubuga rw’amahina, ariko umusifuzi Kagabo Issa akaza kumwereka ikarita y’umuhondo cyane ko yabonaga yigushije.

Isaac Muganza yahawe ikarita y'umuhondo nyuma yo kugwa mu rubuga rw'amahina
Isaac Muganza yahawe ikarita y’umuhondo nyuma yo kugwa mu rubuga rw’amahina
Andi mahirwe Rayon Sports yapfushije ubusa mu minota yanyuma y'umukino
Andi mahirwe Rayon Sports yapfushije ubusa mu minota yanyuma y’umukino

Iyi kipe y’i Nyanza ntabwo yacitse intege yakomeje gusatira bikomeye ndetse nyuma y’iminota ibiri umupira mwiza wari uturutse kwa Peter Otema ku ruhande rw’iburyo ugana ahatererwa penaliti waje guhura na Emery Mvuyekure wasohotse nabi niko kuwihera Sina Jerome wawugaruye mu izamu ariko uhura n’akaboko ka Mugabo Gabriel, ariko umusifuzi Issa nabwo ntiyihutira kuba yatanga penaliti.

Rayon Sports yaje kubona andi mahirwe ku munota wa 90 w’umukino ubwo umupira wari uvuye kwa Fuade umunyezamu Emery yazaga kuwufata akagongana na Sina Jerome wamwambuye umupira agatsinda igitego ariko umusifuzi Issa akaza kwemeza ko Sina Jerome yari yakoreye ikosa umunyezmau wa Police FC.

Sina mu gahinda kenshi nyuma yo gutsinda igitego kikangwa
Sina mu gahinda kenshi nyuma yo gutsinda igitego kikangwa

Umukino waje kurangira ari 0-0 bivuze ko nta kipe n’imwe muri izi yashoboye kuba yakomeza gusatira ikipe ya APR FC iyoboye urutonde.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu, yo yaje gutsinda itababariye Isonga ibitego 2 -0 mu mukino Mugiraneza Jean Baptiste Migi yaherewemo ikarita itukura.

Mu yindi mikino Espoir yatsinze Marines 1-0, Musanze inganya n’Amagaju 1-1 mu gihe Mukura yanganyije na Etincelles 0-0.

Urutonde rwa shampiyona:

Ikipe- Imikino- Amanota

  1. APR 12 29
  2. As Kigali 11 24
  3. Police 12 21
  4. Rayon Sports 12 20
  5. Amagaju 12 16
  6. Marines 12 16
  7. Sun Rise 11 15
  8. Espoir 12 15
  9. Kiyovu 11 15
  10. Gicumbi 11 13
  11. Mukura VS 12 13
  12. Musanze 12 10
  13. Etincelles 12 08
  14. Isonga 12 03

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Ndumiwe noneho!Dukuze iyo aba asifura yari yageneye Rayon sport ibitego bitandatu;Photo 3,pénalités 2 n’igitego cyanzwe!bishyize aheza APR gîte se KO n’iyo Rayon itsinda itari kuba n’iya kabili?Ahubwo nimureba nabi murarangiza allé muri aba gatanu,dore aho nibereye!

Jado yanditse ku itariki ya: 8-01-2015  →  Musubize

Ndumiwe noneho!Dukuze iyo aba asifura yari yageneye Rayon sport ibitego bitandatu;Photo 3,pénalités 2 n’igitego cyanzwe!bishyize aheza APR gîte se KO n’iyo Rayon itsinda itari kuba n’iya kabili?Ahubwo nimureba nabi murarangiza allé muri aba gatanu,dore aho nibereye!

Jado yanditse ku itariki ya: 8-01-2015  →  Musubize

Ndumiwe noneho!Dukuze iyo aba asifura yari yageneye Rayon sport ibitego bitandatu;Photo 3,pénalités 2 n’igitego cyanzwe!bishyize aheza APR gîte se KO n’iyo Rayon itsinda itari kuba n’iya kabili?Ahubwo nimureba nabi murarangiza allé muri aba gatanu,dore aho nibereye!

Jado yanditse ku itariki ya: 8-01-2015  →  Musubize

gikundiro yacu ndabona ntaribi ahubwo twifitiye numwaku ahari nubwo ngewe ntarya nemera ko umwaku ubaho nabonye ikipe ari iriya ariko kumarangamutima yange rewo na jhihadi barancimishije. ese (DUKUZE) ubu tuzongera kumva ibyegeranyo bye hehe kumakuru atandukanye murakoze

nisingizwe obed yanditse ku itariki ya: 7-01-2015  →  Musubize

Ariko DUKUZE ko mbona wanditse inkuru igaragaza ko ari Rayon yakinaga gusa Police ntago yari iri mu kibuga? buriya koko umukino ko twawurebye twese, Police yabonye buriya buryo bwonyine wavuze gusa? ikindi mu mutwe w’inkuru ngo penality yanzwe, ahubwo se hari iyabaye? please...

BARAHIRA Bertin yanditse ku itariki ya: 7-01-2015  →  Musubize

WAPI TO!! WOWE WANDITSE IYI NKURU NGO WITWA??!!

BROWN yanditse ku itariki ya: 6-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka