Nyagatare FC yatsinze United Stars bigerekwa ku musifuzi

Kuri iki cyumweru tariki ya 26 Mata, ku kibuga cya kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, ikipe ya Nyagatare F.C yabashije kuhatsindira ikipe ya United Stars igitego kimwe ku busa, mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiona y’icyiciro cya 2.

Iki gitego cyabonetse mu gice cya 2 cy’umukino, kitsinzwe na myugariro w’ikipe ya United Stars nyuma yo kotswa igitutu na ba rutahizamu ba Nyagatare F.C.

Nyuma yo gutsindwa uyu mukino,Munyeshema Gaspard umutoza wa United Stars yemeza ko yakinnye neza n’ubwo yatsinzwe, ahubwo gutsindwa abishyira ku misifurire we abona itagenze neza kuko ngo hari uburyo bwinshi ikipe ye yimwe.

Umuzamu wa United Stars yahuye n'akazi gakomeye
Umuzamu wa United Stars yahuye n’akazi gakomeye

Naho ku ruhande rw’ikipe ya Nyagatare, Umutoza wayo Aimable Sandro we yemeza ko ikipe izakomeza guhatana kandi yizeza abafana ko nibura batazabura mu makipe 4 azahatanira kujya mu cyiciro cya mbere.

Yagize ati"Tuzakora ibishoboka byose ku buryo tuzaza mu makipe ane ya mbere gusa ariko habonetse ubushobozi nakongeramo abakinnyi nibura 7 kugira ngo ikipe ikomere ariko byose bizajyana n’ubushobozi bw’ikipe."

Nyagatare Fc yasatiriye cyane Izamu rya United Stars
Nyagatare Fc yasatiriye cyane Izamu rya United Stars

Muri iri tsinda rya mbere,Kunganya ku ikipe ya La Jeunesse na Hope byatumye inganya na Nyagatare FC amanota 31 bose ,gusa La Jeunesse ikaza imbere kuko izigamye ibitego 21 mu gihe Nyagatare FC izigamye ibitego 14.

Uko imikino yagenze mu matsinda yose

Itsinda rya mbere , Umunsi wa 15
Kuwa Gatandatu

Aspor 1-1 Sec
Heroes 1-0 Gasabo
Hope 1-1 La Jeunesse
Vision JN 2 -1 Vision Fc

Ku Cyumweru

Giticy’inyoni 1-3 Pepiniere
Nyagatare 1-0 United Stars

Itsinda rya 2, Umunsi wa 14
Kuwa Gatandatu

Miroplast 1-1 Esperance
Golden Generation 1-0 Intare
Unity 3-0 Interforce
Rwamagana 0-0 AS Muhanga
Sorwathe 3-0 Kirehe

Ku Cyumweru
Akagera 0-2 Bugesera

SEBASAZA Gasana Emmanuel.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka