Mukura ihaye APR ubutumwa bwo kwifashisha kuri Police

Ikipe ya Mukura yihereranye APR Fc iyitsinda ibitego 2-0 mu mukino wa Shamiona wabereye ku Mumena kuri uyu wa kabiri.

Mu mukino wari wari utegerejwe n’abantu benshi,ubwo haminwaga umunsi wa kabiri wa Shampiona y’icyiciro cya mbere,kuri Stade Mumena ikipe ya Mukura yaje kwihererana APR Fc iyitsinda ibitego 2-0,kimwe mu gice cya mbere,ikindi mu gice cya kabiri.

Ndoli Jean Claude amaze guha imyitozo Kimenyi
Ndoli Jean Claude amaze guha imyitozo Kimenyi
Mukura yabanje mu kibuga
Mukura yabanje mu kibuga
APR Fc yabanjemo
APR Fc yabanjemo

Ku I Saa Cyaenda n’igice nibwo umukino wari utangiye,wari umukino wa mbere ku mutoza Rubona Emmanuel wagiye muri iyi kipe agiye gusimbura umutoza Dusan Dule nanubu bitaramenyekana neza icyamuvanye muri iyi kipe.

APR Fc isaba Imana intsinzi mbere y'umukino
APR Fc isaba Imana intsinzi mbere y’umukino
Mbere y'umukino Morale yari iri hejuru
Mbere y’umukino Morale yari iri hejuru

Ikipe yaje yariye karungu,ndetse itangira isatira ari nako ihusha ibitego byari byabazwe,ku munota wa 18,nibwo Ndayishimioye Christophe wakuwe mu ikipe ya Vital’o y’I Burundi yoherezaga umupira muremure maze Rusheshangoga Michel wa APR Fc,ntiyawaufunga neza bituma Habimana Youssuf yohereza ishoti rikomeye mu izamu rya APR Fc,maze Kimenyi Yves ashiduka inshundura zinyeganyega.

Mukura yishimira igitego cya mbere
Mukura yishimira igitego cya mbere
Byari ibyishimo kuri Mukura Vs
Byari ibyishimo kuri Mukura Vs

APR Fc yagerageje kongera imbaraga mu busatirizi,maze Ntamuhanga Tumaine wakinaga hagati akurwamo,Mugenzi Bienvenu arinjira,ariko ntibyagira icyo bitanga cyane kuko igice cya mbere cyaje kurangira ari cya kimwe cya Mukura ku busa bwa APR Fc.

Mu gice cya kabiri cy’umukino,cyatangiye n’ubundi bigaragara ko Mukura vs irusha APR fc guhererekanya neza imipira mu kibuga,biza no gutuma Ndayishimiye Christophe wari wagoye ba myugariro ba APR Fc aza kubaca mu rihumye maze abatsinda igitego cya kabiri.

Inzira y’igitego cya kabiri

APR Fc yaje gukora impinduka ikuramo Iranzi Jean Claude,maze yinjizamo Eric Rutanga usanzwe ari myugariro,maze na Mukura yinjizamo Nova Bayama wahoze muri APR Fc asimbura Ombeni,gusa riko izo mpinduka ntacyo zahinduye ku mubare w’ibitego kuko umukino waje kurangira Mukura itahanye amanota atatu mu karere ka Huye itsindiye APR mu rugo ibitego 2-0.

APR Fc kandi nyuma yo gutsindwa na Mukura ikba ifite akazi katoroshye ko guhangana na Police Fc yayisezereye muri ½ mu mikino y’igikombe cy’Amahoro,ikaza kongera no kuyisezera mu mikino y’Agaciro Development Fund.

Andi mafoto

Ndoli aratera akanyabugabo Yves kimenyi utahiriwe n'uyu mukino
Ndoli aratera akanyabugabo Yves kimenyi utahiriwe n’uyu mukino
Bamwe mu bayobozi ba APR Fc bari baje kuyishyigikira
Bamwe mu bayobozi ba APR Fc bari baje kuyishyigikira
Djihad Bizimana ahanganye na Muadjili ( Nyirarume we)
Djihad Bizimana ahanganye na Muadjili ( Nyirarume we)

Djihad Bizimana (APR Fc) yakomeje guhangana na Muadjili ( Nyirarume we)

Djihad Bizimana yakomeje guhangana na Muadjili ( Nyirarume we)
Djihad Bizimana yakomeje guhangana na Muadjili ( Nyirarume we)

Indi mikino yabaye

Amagaju 1 Muhanga 0
Espoir 1 Kiyovu 1
Police 3 Bugesera 0

Kuri uyu wa Gatatu

Rwamagana City vs Etincelles (Rwamagana)
Musanze vs Gicumbi (Musanze)
Rayon vs AS Kigali (Muhanga)
Marines vs Sunrise (Tam Tam)

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

RWABUZE ISONI APR FC KBA.

KIBONGE yanditse ku itariki ya: 28-09-2015  →  Musubize

APR yaduteje abantu, byambabaje peeee kumva itsindirwa iwayo, ibyobitegobyosekubusa yebabaweeeee!!!!!!!!!.

Philibert nteziryayo yanditse ku itariki ya: 23-09-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka