Mahoro Nicolas na Emery Bayisenge muri APR Fc

Rutahizamu wanyuze mu makipe nka Mukura na Rayon Sports,Mahoro Nicolas yerekeje muri APR Fc ndetse na Emery Bayisenge Emery

Nyuma y’iminsi agaragara mu myitozo y’ikipe ya APR Fc,rutahizamu wahoze akinira ikipe ya Mukura Vs ndetse na Rayon Sports,Mahoro Nicolas aratangaza ko yamaze kumvikana na APR Fc kuzayikinira uyu mwaka w’imikino wa 2015/2016.

Mahoro Nicols mu myitozo yo kuri uyu wa mbere
Mahoro Nicols mu myitozo yo kuri uyu wa mbere

Mu kiganiro twagiranye n’uyu musore ubwo yari ararangije imyitozo yo kuri uyu wa mbere ,yadutangarije ko iyi kipe yamuhamagaye ngo ayikinire,ndetse anatangaza ko ku giti cye bisa nk’ibyarangiye igisigaye ari ukuyisinyira kandi nabyo nta gihe gisigaye

Mahoro Nicolas yagize ati "APR Fc yarampamagaye ngo tugirane ibiganiro,byagenze neza,ubu igisigaye ni ugusinya kandi nabyo nta gihe kinini bizatwara,ndumva nizeye kwitwara neza kuko abo tuzaba duhanganye ntacyo bandusha,nkaba numva ngomba no kuzakina CHAN mu kwa mbere"

Mahoro Nicolas ngo arasa nk'uwasinye
Mahoro Nicolas ngo arasa nk’uwasinye

Mahoro Nicolas kandi wananyuze ku mugabane w’u Burayi mu gihugu cy’u Bubiligi,yanyuze mu ikipe ya Mukura ntibyamuhira,ndetse ayivuyemo yerekeje muri Kiyovu Sports ariko nabwo ntibabasha kumvikana

Emery Bayisenge ngo ntaremererwa kugira icyo atangaza

Mu myitozo y’ikipe ya APR Fc kandi hakomeje kugaragaramo myugariro wayikiniye na Shampiona ishize ariwe Emery Bayisenge,aho yari yarerekeje muri Autriche ariko ntibyamuhira.

Emery Bayisenge mu myitozo yo kongera ingufu
Emery Bayisenge mu myitozo yo kongera ingufu

Uyu mukinnyi nyuma y’imyitozo twaramwegereye ngo agire icyo atangariza abanyarwanda by’umwihariko abafana b’ikipe ya APR Fc,gusa ariko yadutangarije ko abayobozi be bataramuha uburenganzira bwo kugira icyo atangariza itangazamakuru.

Emery Bayisenge utaremererwa kugira icyo atangaza
Emery Bayisenge utaremererwa kugira icyo atangaza

Biteganijwe ko aba bakinnyi bombi ibyabo nibiramuka birangiye,bazifashishwa ku mukino uzaba kuri uyu wa Gatandatu,aho APR Fc izaba yakiriye Rwamagana ku kibuga cyo ku Mumena

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

emry biradushimisha iyo uri gukinira ikipe yacu y APR FC kuko ukina nka JOHN TERRY wa CHELSEA.

HATANGIMANA Jean de Deiu yanditse ku itariki ya: 14-11-2015  →  Musubize

Wenda emry yihangane kuko abuzariyamahirwe yo gukina iburayi. ariko kubwange kubagarutse biranshimishije! nazafatanye nikipe yacu tugumye duhashye gasenyi ! Kukondabizi buriya gasenyi yamubonyiratitira. Kubera za kufura mutayobewe!

Sibimana theoneste yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka