
Nk’uko Kazungu Claver yabyitangarije, yavuze ko yamaze gutandukana na APR FC guhera kuri uwa Mbere tariki ya 18 Nyakanga 2021.
Yabitangarije mu kiganiro ‘Urukiko’ gitambuka kuri Radio 10, aho yemeje ko mu myaka itanu yari amaze ari umuvugizi wa APR FC abyishimira.
Yagize ati "Impamvu natinze ni akanama nabanjemo, guhera ubu sinkiri umuvugizi wa APR FC kandi na byo nabishimiye kuko natangiye bavuga ngo sinzamara n’umwaka umwe ndi umuvugizi wa w’iyo kipe".
Yavuze ko gutandukana na APR FC nta ruhare yabigizemo, ahubwo ubuyobozi bw’ikipe ari bwo bwifuje kutamwongerera amasezerano.
Yavuze ko n’ubundi yari yahawe ako kazi atagaharaniye ahubwo ari ikizere ubuyobozi bwamugiriye.
Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko impamvu butamwongereye amasezerano byatewe n’amavugururwa yakozwe, aho umwanya w’ubuvugizi washyizwe mu biro bya Visi Perezida w’iyo kipe.

National Football League
Ohereza igitekerezo
|
kazu warukenewe APR ikeye kazungu
Nubundi uretse guhembwa nta burenganzira yari afite bwo kugira icyo atangaza.