Kanyankore Yaounde yamaze guhungana umuryango we mu Rwanda

Umutoza w’ikipe ya Vital’o Fc, Kanyankore Gilbert Yaounde yamaze guhungana umuryango we mu Rwanda Kubera ibibazo by’umutekano muke uri mu gihugu cy’u Burundi.

Nyuma y’aho mu gihugu cy’u Burundi hakomeje kuvugwa ibibazo by’umutekano byanatumye impunzi amagana n’amagana zihungira mu Rwanda, ubu umutoza w’ikipe ya Vital’o Fc yo mu Burundi yamaze kugeza abana be mu Rwanda.

Umutoza Yaounde yahunganye umuryango we aboneraho anirebera uko Police itsinda Rayon 2-1
Umutoza Yaounde yahunganye umuryango we aboneraho anirebera uko Police itsinda Rayon 2-1

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yari yitabiriye umukino wa Shampiona ikipe ya Police Fc yatsinzemo Rayon Sports ibitego 2-1 kuri uyu wa kane, akaba yemeje ko nawe yagombaga kuzana abana be mu Rwanda.

Kanyankore yagize ati ”Iki cyumweru ndi hano kubera ibibazo biri mu Burundi , nazanye abana banjye nk’uko n’abandi bose babikoze,kuko n’ubundi ntibigaga,ntibigeze baza no mu biruhuko ariko nagira ngo baze banarebe bene wabo uko bameze kuko bose baba mu Rwanda.”

Yaounde yatangaje ko asubira i Burundi kuri uyu wa gatanu agakina imikino itatu ikipe ye isigaje
Yaounde yatangaje ko asubira i Burundi kuri uyu wa gatanu agakina imikino itatu ikipe ye isigaje

Kanyankore akaba yaje mu Rwanda nyuma y’aho ikipe ye yamaze kwegukana igikombe cya Shampiona n’ubwo habura iminsi itatu ya Shampiona ariko akaba ateganya gusubirayo kuri uyu wa gatanu.
Kanyankore kandi usibye kuba atoza Vital’o yanatoje amakipe atandukanye hano mu Rwanda nka Rayon Sports, Les Citadins na Kiyovu Sports.

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ni umunyarwanda se?

alegisi yanditse ku itariki ya: 16-05-2015  →  Musubize

Ngirango Kanyankole Yawunde ni umunyarwanda. Ubwo rero yaratshye ntabwo yahunze.

bj yanditse ku itariki ya: 15-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka