Isonga yasezereye Seninga Innocent wari umutoza wayo

Ikipe y’Isonga ibaye iya gatatu muri shampiyona y’u Rwanda isezereye umutoza nyuma yo gutangaza kuri uyu wa kabiri ko yarangije gutandukana na Seninga Innocent wayitozaga.

Seninga Innocent yaje bwa mbere mu ikipe y’Isonga mu kwa cyenda kwa 2012, ubwo umutoza Nshimiyimana watozaga Isonga yari agiye muri APR FC, Mashami wari usanzwe amwungirije mu Isonga FC akagirwa umutoza mukuru maze Seninga Innocent akaba ariwe ugirwa umutoza wungirije Mashami.

Seninga Innocent wasezerewe mu ikipe y'Isonga.
Seninga Innocent wasezerewe mu ikipe y’Isonga.

Uyu mutoza waje no kungiriza Yves Rwasamanzi, yaje no kugirwa umutoza mukuru w’ikipe y’Isonga mbere y’uko uyu mwaka wa shampiyona utangira hari mu kwezi kwa Nzeri 2014.

Amakuru ava mu ikipe y’Isonga ariko avuga ko Seninga Innocent wari umaze amezi atatu ari umutoza mukuru w’Isonga yamaze gusezererwa, nkuko Sandra Muhimpundu, umunyamabanga w’iyi kipe yabitangarije Kigali Today.

Ati “Ni byo twarangije kumuha ibaruwa imuhagarika kuri uyu wa kabiri. Hari ibyo atari yarubahirije mu masezerano ye ndetse n’amakosa yagiye akora ni byo bitumye tumusezerera”.

Seninga yari akunzwe n'abakinnyi b'ikipe ye.
Seninga yari akunzwe n’abakinnyi b’ikipe ye.

Sandra Muhimpundu yakomeje avuga ko gusezerera Innocent ntaho bihuriye n’umusaruro w’Isonga, gusa yemeza ko amakosa yakoze ashobora kuba ari kimwe mu byateye Isonga kwitwara nkuko iri kwitwara.

Uyu munyambanga w’Isonga watangaje ko bafashe umwanzuro wo kudatangaza amakosa uyu mutoza ashinjwa ndetse n’ibyo atubahirije mu masezerano bagiranye, yashimangiye ko iyo bajya kumusezerera kubera umusaruro batari gutegereza umunsi wa 10 wa shampiyona.

Umwe mu mikino Isonga yatsinzwe uno mwaka harimo uwo yanyagiwemo na Rayon Sports 5-0.
Umwe mu mikino Isonga yatsinzwe uno mwaka harimo uwo yanyagiwemo na Rayon Sports 5-0.

Isonga ubu iri mu maboko y’umutoza wari wungirije Niyibizi Suleyman, ndetse ikaba itazihutira gushaka undi mutoza kuko “babuze ku isoko” nkuko Sandra yakomeje abitangariza Kigali Today.

Ikipe y’Isonga nyuma y’umunsi wa 10 wa shampiyona ni yo iheruka izindi n’amanota atatu gusa. Iyi kipe, ikaba ije yiyongera ku ikipe ya Mukura na Sunrise nazo zamaze gusezerera abari abatoza bazo.

Jah d’eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka