Ikipe y’Amagaju ngo niyo yahimbiwe indirimbo bwa mbere mu Rwanda

Amateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda agaragaza ko ikipe y’Amagaju ubu y’akarere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo ariyo yahimbiwe indirimbo iyirata mbere y’andi yose.

Ikipe y’Amagaju yashinzwe n’Umutware Rutaremara ubwo yari amaze kugabirwa ubutware bwa Bufundu, ubu ni mu Karere ka Nyamagabe.

Muri icyo gihe ni ho umupira w’amaguru wari umaze kumenyekana biturutse ku bigaga i Kabgayi aho bigishwaga n’abazungu bahabaga.

Nyinshi mu ndirimbo z’ayo makipe wasangaga zirata ibigwi byayo bigasa neza n’izaririmbwaga ku rugamba. Nyakwigendera Musenyeri Bigirumwami avuga ibigwi by’ikipe y’Amagaju yagaragajemo amagambo y’iyo ndirimbo uko yaririmbwaga:

Dore inganji iturutse i bufundu

Dore inganji iturutse i Bufundu, Amagaju ataramanaImihigo y’abo badahigwa,

irakagira nyir’ingoma Micheli Murwanashyaka,

Tukuririmbe i Jabiro, inyamamare ubabereye ingororano,

Cyo se magaju y’i Nyamugali, cyo se Menagitero,

Cyo se Mpunga zivuna impuruza muzigabiza izamu mute ?

Ngiki igitero cy’abo hakurya muzakinyuramo mute ?

Dusubiza tutishisha ngo bizacamo.

Aba kabiri ni imikubano, aba gatatu ni imitwe,

Imipira itambitse iva impandetuzacira imitwe mu izamu,

N’abo bazungu bazabibona

Baza kubwira Rutaremara ko nta tandukanirizo n’ i Buraya

Nimwakire igikombe se Magaju.

Nimwakire umudende umunezero wo mu Bufundu

Tuwufungane Shampiyona ngabo z’ahandi,

Nimuririmbe uroya mutwe w’imena,

Inyamamare ubabereye ingororano.

Ernest Kalinganire

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Tujye twibukiranya jyewe ibyinshi narabibonye.

Kayiranga Selestini yanditse ku itariki ya: 9-05-2016  →  Musubize

Ngo amasasu yimbunda agenda nabi!! Uyagereranije n’umupira wa amagaju bakabiri na abagatatu bahereza abagatanu abo bahungu ntibamenerwa(simbyibuka ubanza ari bakitwa ba ruvugiza birindiro) hhhhh

Kayiranga Selestini yanditse ku itariki ya: 9-05-2016  →  Musubize

Karinganire!! Komera komera.nejejwe nuko mbajije google ibya Amagaju ya Rutaremara mu Bufundu nkahasanga iyi nkuru yawe.nari narabuze uwo twakungurana ibitekerezo kuriyo kipe Amagaju ikiri iya Rutaremara.ndibuka uwo bitaga Manayibitego,(Nkundukozera) nkibuka uwo bitaga Maboneza,nkibuka uwo bitaga Ruhingubugi mu bakabiri,nkibuka uwo bitaga Muremarugambarupfakazababisha,ngo bafite ingwe mwizamu ihahagaze,sugufata aracamata.......ozongere unyibutse abakinnyi ba Rayon Sport yo hambere uhereye kuri ba Bayingana.ndibuka ubwo Malcel Ramutsa yari umukuru wayo atumira Mbiriyabera kuturirimbira. Reka nkureke.

Kayiranga Selestini yanditse ku itariki ya: 9-05-2016  →  Musubize

nimuyiririmbe mushyire youtube se twumve.

wewe yanditse ku itariki ya: 5-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka