Hoteli yagombaga kwakira amakipe abiri ya CHAN yafunzwe

STIPP Hotel yo mu Karere ka Rubavu yari iteganyijwe kwakira amakipe ya Mali na Zimbabwe muri CHAN yafunzwe kubera umwanda.

Tariki 11 Mutarama 2016 nibwo abakozi b’akarere ka Rubavu bashinzwe isuku bagenzura imyeteguro y’imikino ya CHAN, bafashe icyemezo cyo gufunga STIPP Hotel kubera kudashyira mu bikorwa ibyo yari yasabwe.

Hotel yagombaga kwakira amakipe azakina CHAN yafunzwe.
Hotel yagombaga kwakira amakipe azakina CHAN yafunzwe.

Kigali Today iganira n’umwe mubakozi bakoze igenzura utashatse ko amazina ye atangazwa yagize ati “Yafunzwe kubera kutuzuza ibyo yasabwe kandi hashize igihe, twakoze amanama yo kwetegura imikino ya CHAN cyane cyane mu mahotel azakira abakinnyi n’abandi bazitabira CHAN.

STIPP Hotel ibyo yasabwe ntiyashoboye kubishyira mu bikorwa duhitamo kuyifunga ngo ibanze ibyuzuze.”

Amakipe nka Mali na Zimbabwe zaje kwitabira imikino ya CHAN izatangira tariki 16 Mutarama 2016, zamaze gushakirwa ahandi zigomba kuzaba harimo Hotel nshya yitwa Western Mountain.

Itangazo ryashyizwe kuri STIPP Hotel riyifunga.
Itangazo ryashyizwe kuri STIPP Hotel riyifunga.

Bimwe mu bikorwa STIPP Hotel ishinjwa kuba itarujuje birimo kuva ahajya umwanda w’ubwiherero hari haruzuye ntibagabanye umwanda, isuku yo mu gikoni, isuku rumesero hamwe n’isuku yo hanze.

STIPP Hotel ifunzwe nyuma y’uko yakiriye ikipe y’Amavubi mu gihe cyo kwitegura CHAN, benshi bavuga ko ibibazo ifite bishobora kuba ariho byagaragariye.

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Ariko abantu batazi politique.nu mwanda ugaragarira amaso muzavuga ngo ni politique?
uyumuntu wavuze haruguru nafate umwanya atembere murwi misozi igihumbi urebe isuku ihari. ntabwo rero isuku nke nkiriya ikwiye kubarizwa mu Rwanda.Muyibozi wafashe icyemezo gikwiriye,ahubwo harebwe nahandi hari isuku nkeya hafungwr na amande menshi.

SAMORA yanditse ku itariki ya: 14-01-2016  →  Musubize

Ahubwo wowe biragaragara ko umwanda ntacyo ugutwara ikindi biragaragara ko ukunda itiku murwanda ntakwihanganira umwanda nagato ubuyobozi bugere nahandi good

egide yanditse ku itariki ya: 13-01-2016  →  Musubize

Tureke lLeta ikore akazi kayo kugira tutazaseba imbere yamahanga Nina kandi baranze gukosora NGO bacunge isuku yaho nifungwe kabisa

peter yanditse ku itariki ya: 13-01-2016  →  Musubize

Iyo ni politike ntibakatubeshye. Ni gute hotel nka Stipp Hotel itagira toilettes? Ese Ko ayo makipe bayashyize kuri hotel nshya yuzuye vuba aha nta n’ukwezi imaze ifunguwe, koko ko turi abantu batekereza, murumva ibyo bintu nta kibyihishe inyuma kweli kweli? nzaba mbarirwa!

Alias Rubavu yanditse ku itariki ya: 12-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka