Gikundiro Forever yahaye Bonane abakinnyi ba Rayon Sports

Abafana ba Rayon Sports bahuriye muri Fan Club ya Gikundiro Forever baraye basuye ikipe yabo ari nako bifatanya n’abakinnyi kwishimira umwaka mushya wa 2015.

Ni gahunda yateguwe n’abafana bahuriye muri Fan Club ya Gikundiro Forever, imwe mu ma Fan Club azwiho kugaragaza ibikorwa kurusha izindi zifana iyi kipe y’i Nyanza.

Aho izagwa niho bazagwa... aha ni mbere yo kwerekeza i Rwamagana ku mukino Rayon Sports yanganyijemo na Sunrise 1-1
Aho izagwa niho bazagwa... aha ni mbere yo kwerekeza i Rwamagana ku mukino Rayon Sports yanganyijemo na Sunrise 1-1

Ku masaha ya mugitondo cyo kuri uyu wa gatandatu tariki 3/1/2015, ni bwo aba bafana bahagurukaga i Kigali berekeza i Nyanza, aho nyuma yo kureba imyitozo y’abakinnyi, basabanye na bo bagasangira ndetse bakanabasigira sheki y’amafaranga ibihumbi 200 byo kuza gukomeza gusangira kuri Noheri.

Uretse gusabana n’iyi kipe, Gikundiro Forever yanatwerereye Bikorimana Gerrard umunyezamu w’ikipe ya Rayon Sports ugiye gushinga urugo mu minsi ya vuba.

Uhereye i Bumoso Claudine, Fuade, Joy na Aurore bashyikiriza sheki Kapiteni wa Rayon Sports
Uhereye i Bumoso Claudine, Fuade, Joy na Aurore bashyikiriza sheki Kapiteni wa Rayon Sports
Bikorimana Gerrard yashyikirijwe intwererano ye kuva muri Gikundiro Forever
Bikorimana Gerrard yashyikirijwe intwererano ye kuva muri Gikundiro Forever

Mukeshimana Joy ushinzwe affaires sociales n’ubukangurambaga muri Gikundiro Forever avuga kuri iki gikorwa, yabwiye Ruhagoyacu ko icyo we na bagenzi be bari bagamije ari ukwifuriza abakinnyi umwaka mushya muhire no kubabwira ko abafana babari inyuma n’ubwo umusaruro mu kibuga utari kuboneka uko bikwiye.

Gikundiro Fan Club igizwe n’abafana 54 bahurizwa hamwe no gukunda ikipe ya Rayon Sports. Uretse guherekeza ikipe ya Rayon Sports aho igiye hose aba bafana bakaba bajya bagurira ikipe yabo bimwe mu bikoresho harimo n’imitobe(Juices) yo kunywa nyuma yo gukina.

Abakinnyi n'abafana ba Forever i Nyanza
Abakinnyi n’abafana ba Forever i Nyanza

Rayon Sports kugeza ubu iza ku mwanya wa kane muri shampiyona n’amanota 19 aho irushwa na APR FC ya mbere amanota rindwi yose. Iyi kipe kuri uyu wa kabiri tariki 06/01/2015 izaba yerekeje i Muhanga kwisobanura n’ikipe ya Police FC ya gatatu ku rutonde rwa shampiyona.

Mu byiza n'ibibi Gikundiro Forever yarahiriye kuzifatanya na Rayon Sports
Mu byiza n’ibibi Gikundiro Forever yarahiriye kuzifatanya na Rayon Sports

Jah d’eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Iki gikorwa kiranshimishije cyane.
Birakwiye kandi biratunganye ko twese dukurikiza uru rugero. Imana ihe umugisha Rayon Sport, ubuyobozi bwayo, gikundiro fan club, abafana bose ba Rayon Sport ndetse n’abanyarwanda twese muri rusange.

Pasteur yanditse ku itariki ya: 5-01-2015  →  Musubize

Iki gikorwa ni cyiza. Kubera ko hari abafana benshi byagora kugera i Nyanza, kandi bikaba byateza n’akavuyo mu mihanda kubera ubwinshi bwabo ( Muribuka igihe rayon yimukiraga i Nyanza uko byari byifashe), byaba byiza ubuyobozi bwa Rayon bupanze gahunda nk’izi, ariko noneho bakajyana ikipe igasanga aho abafana bari, wakwirebera ibitangaza .

ugg yanditse ku itariki ya: 5-01-2015  →  Musubize

N’andi ma fan clubs abonereho urugero rwiza

Fred yanditse ku itariki ya: 4-01-2015  →  Musubize

erega ikepe nimwe kandi na bafana nibamwe gusa imana ibahe umugisha kwibuka abakinnyi bacu.
ubutaha nzabandikumwe namwe.
2015 ibyiza byose kuri Gikundiro nabafana babo

NDUGU yanditse ku itariki ya: 4-01-2015  →  Musubize

Iki gikorwa ni cyiza n’andi ma fan club yigire kuri Gikundiro 4ever ndakeka dufite abana bameze kuriya byibuze ibihumbi bitanu equipe yabaho neza cyane. Ariko rero abakinnyi nabo bashyiremo imbaraga bakore akazi uko bikwiye kuko iyo rayon yatsinzwe ibabaza benshi. Murakoze!

Chris yanditse ku itariki ya: 4-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka