CHAN: U Rwanda, Ivory Coast na Maroc mu itsinda rimwe

Muri Tombola yabereye muri Serena Hotel ikanitabirwa na Nyakubahwa Perezida wa Republika,u Rwanda rwatomboye bizwi mu mupira w"amaguru muri Afrika

U Rwanda nk’igihugu kizakira amarushanwa ya CHAN azabera mu Rwanda kuva tariki 16 Mutarama 2016 kugeza taliki ya 07 Gashyantare 2016, ruzaba ruyoboye itsinda rya mbere rigizwe n u Rwanda,Gabon,Maroc na Cote d.Ivoire.

Perezida wa FERWAFA Vincent de Gaulle ari kwerekana imwe mu kipe zatomboranye.
Perezida wa FERWAFA Vincent de Gaulle ari kwerekana imwe mu kipe zatomboranye.

Uko amatsinda ateye:

Group A - Rwanda, Gabon, Morocco, Ivory Coast (Bazakinira kuri Stade Amahoro(
Group B - Angola, DR Congo, Cameroon, Ethiopia (Bazakinira i Huye(
Group C - Nigeria, Niger, Guinea, Tunisia (Nyamirambo(
Group D - Uganda, Mali, Zambia, Zimbabwe (Rubavu(

Perezida Kagame wanagize uruhare muri Tombola,yijeje abari bitabiriye uyu muhango ko u Rwanda ruzakora ibishoboka kugira ngo abazitabira irushanwa bazanogerwe naryo.

Perezida Kagame nawe yagize uruhare muri tombola.
Perezida Kagame nawe yagize uruhare muri tombola.

Uwari uhagariye ishyirahamwe ry.umupira w.amaguru muri Afurika ari nawe Visi Perezida waryo,yatangaje ko igihugu cy’u Rwanda bagifitiye icyizere kubera ubuyobozi bwiza burangajwe imbere na Nyakubahwa Paul Kagame Perezida wa republika y’u Rwanda

Kapiteni w’ikipe y’igihugu Amavubi Haluna Niyonzima nawe wari witabiriye iyi Tombola,yatangaje ko n’ubwo batomboye amwe mu makipe asanzwe afite amazina akomeye muri Afrika,afitiye icyizere Amavubi kuko kugira ngo ube ikipe ikomeye ugomba guhura n’abakomeye,gusa anizeza abanyarwanda ko iri tsinda batarifitiye kuko Amavubi nayo afite ubushobozi bwo gutsinda.

Andi mafoto:

Ibirori byatangijwe n'imbyino za Kinyarwanda.
Ibirori byatangijwe n’imbyino za Kinyarwanda.
Aho tombola yabereye hari hateguye neza.
Aho tombola yabereye hari hateguye neza.
Bamwe mu bayobozi bari bitabiriye uyu muhango.
Bamwe mu bayobozi bari bitabiriye uyu muhango.
Perezida Kagame yashyikirijwe ikirango cy'irushanwa rya CHAN.
Perezida Kagame yashyikirijwe ikirango cy’irushanwa rya CHAN.
Bari kwerekana igikombe amakipe y'ibihugu azaba ahatanira.
Bari kwerekana igikombe amakipe y’ibihugu azaba ahatanira.
Icyo nicyo gikombe.
Icyo nicyo gikombe.
Perezida Kagame yijeje abazitabira iri rushanwa ko bazanyurwa n'imitegurire yaryo.
Perezida Kagame yijeje abazitabira iri rushanwa ko bazanyurwa n’imitegurire yaryo.
Perezida Kagame asanzwe ari umukunzi w'umupira w'amaguru.
Perezida Kagame asanzwe ari umukunzi w’umupira w’amaguru.
Iyo mipira yar iteguye nayo.
Iyo mipira yar iteguye nayo.
Minitiri w'umuco na Siporo, Uwacu Julienne, ageza ijambo rye ku bitabiriye umuhango.
Minitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne, ageza ijambo rye ku bitabiriye umuhango.
Tombola yahise atangira amakipe y'ibihugu atombora ayo bizahura.
Tombola yahise atangira amakipe y’ibihugu atombora ayo bizahura.
Kapiteni w'Amavubi, niyonzima Haruna nawe agaragaza ikipe yatomboye indi.
Kapiteni w’Amavubi, niyonzima Haruna nawe agaragaza ikipe yatomboye indi.
Aba bana nabo berekanye ubuhanga bwabo kuri ruhango.
Aba bana nabo berekanye ubuhanga bwabo kuri ruhango.

Sammy IMANISHIMWE

Amafoto: Sam Imanishimwe & Urugwiro

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Najye mperereye USA ndinyuma Yama Mavubi ,Nshimiye nu buyobozi bwacu bwabashije kuduhesha agaciro ,Nkumbuye stade AMAHORO Nkanasuhuza abafana bicara muri 12 ✌

Paul yanditse ku itariki ya: 20-01-2016  →  Musubize

Kabisa tubarimyuma abasore bacu bakaze imyitozo ariko ntibyoroshye.

Alexis yanditse ku itariki ya: 21-11-2015  →  Musubize

Ndasaba Abanyarwanda Twese Tuzitabire Chan Dushyigikire Amavubi Maze Ahangamure Barumuna Ba Drogba Tuzibyinire Itsinzi Bana Bu Rwanda!

Ndahayo yanditse ku itariki ya: 16-11-2015  →  Musubize

BAZAHONDE AMAVUBI

Gahire yanditse ku itariki ya: 16-11-2015  →  Musubize

AMAVUBI BAZAYAHONDE

Gahire yanditse ku itariki ya: 16-11-2015  →  Musubize

Kigali to day tubashimiye amafoto yanyu nubunyamwuga mutugaragariza.

Shimwa yanditse ku itariki ya: 16-11-2015  →  Musubize

Itsinda ry’urupfu kbsa, sha ndabarahiye kuharenga ni ahamana !!!! Nawe se ’’ ivory coast, Maroc, Gabon, Rwanda !!! Nihatari

kivu yanditse ku itariki ya: 15-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka