CAF yatangaje ko yanyuzwe n’ibyo yabonye kuri Stade Huye

Nyuma y’aho itsinda ry’abagenzuzi ryaturutse mu mpuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afrika (CAF) risuriye ibikorwa byo gutunganya Stade Umuganda ya Rubavu, kuri uyu wa kabiri hari hatahiwe Stade Huye aho iri tsinda ryatangaje ko rifitiye icyizere u Rwanda ko iyi mirimo izarangira neza kandi ku gihe.

Kuri uyu wa kabiri,taliki ya 19 Gicurasi 2015, Itsinda ry’abagenzuzi riturutse muri CAF ryakomeje ibikorwa byo kugenzura imyiteguro yo kwakira igikombe cy’Afrika kizabera mu Rwanda guhera tariki ya 16/01/2016 kugeza tariki ya 07/02/2016.

Stade Huye imaze imyaka hafi itanu yubakwa
Stade Huye imaze imyaka hafi itanu yubakwa

Nyuma yo gusura imirimo yo kubaka Stade Huye yatangiye mu mwaka wa 2011, iri tsinda ryatangaje ko ryanyuzwe n’aho imirimo igeze ndetse ritangaza ko rinafite icyizere gihagije ko iyo mirimo izarangira ku gihe.

Basobanurirwa igishushanyo mbonera
Basobanurirwa igishushanyo mbonera

Mu kiganiro twagiranye na Junior Salomon Binyam Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru muri CAF yagize ati "U Rwanda rufite ubunanaribonye bwo kuba rwarakiriye igikombe cy’Afrika cy’abatarengeje imyaka 20 mu mwaka wa 2009 ndetse n’icyabatarengeje imyaka 17 mu mwaka wa 2011 kandi babikoze neza, nta bwoba dufite ko ibikorwa byazadindira kandi turizera ko igikombe bazacyakira neza"

Ku ruhande rwa Minisiteri y’umuco na Siporo yari ihagarariwe n’Umunyamabanga uhoraho,Bugingo Emmanuel nawe yatangaje ko n’ubwo imirimo yagiye idindira ariko bafite icyizere cy’uko biteguye kwakira iri rushanwa

Bugingo Emmanuel ati"Kugeza ubu hari ibyifuzo bagiye batugezaho,ariko ubwo tugomba kwicara tukabiganira kandi icyizere kirahari,urebye icyizere ba rwiyemezamirimo batanga, turizeza abanyarwanda ko iyi mirimo izarangirira igihe kandi neza"

Andi mafoto kuri Stade Huye

Aho abasimbura bicara hari imyanya 10 gusa ibibuga byinshi haba imyanya 12
Aho abasimbura bicara hari imyanya 10 gusa ibibuga byinshi haba imyanya 12
Basobanurirwa igishushanyo mbonera
Basobanurirwa igishushanyo mbonera
Stade Huye imaze imyaka hafi itanu yubakwa
Stade Huye imaze imyaka hafi itanu yubakwa
Ubwiherero bwa Stade Huye
Ubwiherero bwa Stade Huye
Ahatwikiriye hasa nk'arangije gukorwa
Ahatwikiriye hasa nk’arangije gukorwa
Inyubako ziri kuzamurwa mu mujyi wa Huye ugomba kwakira igikombe cy'Afrika
Inyubako ziri kuzamurwa mu mujyi wa Huye ugomba kwakira igikombe cy’Afrika
Mu nzira ijya kuri Kamena....
Mu nzira ijya kuri Kamena....
Ikibuga cy'imyitozo cya Kamena
Ikibuga cy’imyitozo cya Kamena
Hari gukorwa umuhanda ujya ku kibuga cy'imyitozo
Hari gukorwa umuhanda ujya ku kibuga cy’imyitozo

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

bihangane basane na stade umuganda kuko ntabwo ijyanye nikerekezo.kabi
sa

augustin nihondorera yanditse ku itariki ya: 3-06-2015  →  Musubize

nibakomerezaho turabashyigikiye

masho yanditse ku itariki ya: 21-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka