As Kigali igabanyije igitutu kuri APR FC nyuma yo gutsindwa na Marines

Marines FC ikomeje kugora amakipe afite izina mu Rwanda aho kuri uyu wa gatandatu ishoboye gutsinda As Kigali ibitego 2-0, mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona waberaga kuri stade Umuganda.

Ikipe ya Marines yari yaranganyije na APR FC 1-1 ndetse na Rayon Sports bagatandukana gutyo mu mikino ikomeye yaherukaga gukinira i Rubavu, nubundi yatangiye umukino wo kuri uyu wa gatandatu ari yo igaragaza gushaka igitego kurusha As Kigali yari iya kabiri muri shampiyona.

Umutoza Coka akomeje kugora amakipe makuru
Umutoza Coka akomeje kugora amakipe makuru
As Kigali yakinnye na Marines kuri uyu wa gatandatu
As Kigali yakinnye na Marines kuri uyu wa gatandatu
As Kigali nubwo yahabwaga amahirwe ariko yatinze kwinjira mu mukino
As Kigali nubwo yahabwaga amahirwe ariko yatinze kwinjira mu mukino
Ikipe ya Marines nayo yasezerewe n'ikipe y'i Kinihira
Ikipe ya Marines nayo yasezerewe n’ikipe y’i Kinihira

Marine yari imbere y’abafana bayo, yaje gufungura amazamu ku munota wa 20 w’umukino, ku ikosa ry’umusore Kayumba Sotel wambuwe umupira na Mugenzi Bienvenu maze uyu akawushyikiriza Nzabonimpa Prosper wahise ahindukiza Batte Shamiru wari mu izamu.

Ass Kigali yatinze kwibona mu mukino ku buryo bugaragara, yaje no gutsindwa igitego cya kabiri ku munota wa 33 w’umukino, ubwo Patrick Umwungeri yakoreraga ikosa Mugenzi Bienvenu mu rubuga rw’amahina, maze kapiteni wa Marines Muvunyi Haruna agatsindira ikipe ye igitego cya kabiri kuri penaliti.

Igice cya mbere cyarangiye ari ibyo bitego 2-0. Mu gice cya kabiri As Kigali yakoze impinduka yinjizamo abakinnyi basatira Cyubahiro Jacques na Sugira Ernest, gusa ntibagira icyo bahindura mu mukino nubwo igice kinini cyawo cyakiniwe mu kibuga cya Marines.

Umutoza Eric yazanyemo ba rutahizamu benshi ariko ntacyo bafashije ikipe ya As Kigali
Umutoza Eric yazanyemo ba rutahizamu benshi ariko ntacyo bafashije ikipe ya As Kigali
Mugenzi Bienvenu(wa Marines uri mu kirere) uretse gutanga imipira ibiri yavuyemo ibitego yanagoye cyane As Kigali
Mugenzi Bienvenu(wa Marines uri mu kirere) uretse gutanga imipira ibiri yavuyemo ibitego yanagoye cyane As Kigali

Gutakaza uyu mukino, bivuze ko As Kigali ishobora kurushwa amanota arindwi na APR FC ya mbere, mu gihe iyi yaba ibashije gutsinda Etincelles kuri iki cyumweru mu mukino na wo uzabera kuri stade Umuganda.

Mu yindi mikino, ikipe y’Isonga ibifashijwemo na Danny Usengimana, yabonye intsinzi yayo ya mbere muri shampiyona, ubwo yashoboraga gutsinda Espoir 1-0 mu mukino wabereye ku Kicukiro. Amagaju yatakaje umukino wayo wa kabiri mu rugo ubwo Gicumbi yayatsindiraga i Nyagisenyi 3-2 mu gihe igitego cya Mbakiye cyafashije Kiyovu gutsinda Mukura 1-0.

Ku Cyumweru tariki 08/02/2015

  • Etincelles vs APR Stade Umuganda
  • Musanze vs Rayon Sports Stade Ubworoherane

Urutonde rwa shampiyona

Ikipe imikino Amanota

  1. APR FC 14 32
  2. AS Kigali 15 28
  3. Police FC 14 24
  4. Gicumbi 16 24
  5. Amagaju 16 23
  6. Rayon S. 14 22
  7. Marines 15 21
  8. SC Kiyovu 15 20
  9. Espoir 16 18
  10. Sunrise 14 17
  11. Mukura 15 15
  12. Musanze 15 14
  13. Etincelles 15 14
  14. Isonga 15 07

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Nishimiye umwanya APR iriho, kandi ndayisaba gushyiramo ingufu igakomeza ikazanikira ,ndasaba kandi ko uko mushyira amanota n’imikino mwajya mushyiraho ni bitego ndetse nuko amakipe azajyenda ahura. Murakoze gukomeza kudukorera ibyo tubasaba. Imana ibane namwe.

Tripau X yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

uyu munsi APR insindire entencelles dukomeze dushyiremo intera ndende hagati yacu na AS KIGALI

ting yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Nishimiye Umwanya Apr Ihagazeho

Protais Gitwa yanditse ku itariki ya: 8-02-2015  →  Musubize

Umupira uridunda koko
gusa AS Kigali niyisubireho kuko umujyi Wa Kigali turashaka igikombe

alias ruvebana yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka