Amavubi akomeje imyitozo ikaze yitegura Tanzania

Ikipe y’igihugu Amavubi yatangiye gukora imyitozo kuri uyu wa mbere yitegura umukino wa gicuti ifitanye na Tanzania tariki 23/1/2015 i Mwanza.

Ikipe y’igihugu Amavubi yatangiye gukora imyitozo kuri uyu wa mbere yitegura umukino wa gicuti ifitanye na Tanzania tariki 23/1/2015 i Mwanza.

Lee Johnson yakoresheje imyitozo ya mbere mu ikipe y'igihugu
Lee Johnson yakoresheje imyitozo ya mbere mu ikipe y’igihugu
Rusheshangoga Michel agerageza kuzamukana umupira
Rusheshangoga Michel agerageza kuzamukana umupira
Emery Bayisenge umwe mu basore bamaze iminsi bitwara neza
Emery Bayisenge umwe mu basore bamaze iminsi bitwara neza
Ndatimana Robert yahamagawe ku munota wanyuma
Ndatimana Robert yahamagawe ku munota wanyuma
Yannick Mukunzi na we kera kabaye yaje mu ikipe y'igihugu
Yannick Mukunzi na we kera kabaye yaje mu ikipe y’igihugu

Yari imyitozo ya mbere y’umutoza mushya Lee Johnson wahawe Amavubi nyuma y’igenda rya Constantine aho nkuko byagaragaye intego kwari ukwigisha abakinnyi guhanahana mu kibuga kurusha ibindi byose.

Abakinnyi bose bakina imbere mu gihugu bahamagawe bakaba , hanarimo abasore babiri ba APR FC Nshutinamagara Ismael Kodo na Kwizera Olivier bagaragaza imbaraga nubwo mu minsi ishize bari bagize utubazo tw’imvune.

Kapiteni w’ikipe y’igihugu Haruna Niyonzima akaba ari we utabonetse mu myitozo yo kuri uyu wa mbere ndetse no kuri uyu wa kabiri akaba atagaragara aho biteganyijwe ko azahurira n’ikipe muri Tanzania.

Aganira n’itangazamakuru, Lee Johnson utoza Amavubi, yatangaje ko yishimiye urwego aba bakinnyi yabasanzeho.

“Ni abakinnyi beza bagize ibihe byiza mu minsi yashize, bityo nta kintu gikomeye nzahindura mu mikinire yabo”,Lee Johnson nyuma y’imyitozo ya mbere.

Yakomeje ati: “Yari imyitozo ya mbere, ntabwo abakinnyi benshi ndabamenya gusa muri rusanjye nabonye bitwaye neza”.

Nahisemo guhamagara abakinnyi barengeje imyaka kuko biba byiza iyo ufite ikipe y’abakiri bato ukomgeramo abafite ubunararibonye birafasha”.

Umutoza Lee Johnson yacishagamo agatanga amabwiriza
Umutoza Lee Johnson yacishagamo agatanga amabwiriza
Abakinnyi nka Janvier Mutijima na bo bitabiriye imyitozo yo kuwa mbere
Abakinnyi nka Janvier Mutijima na bo bitabiriye imyitozo yo kuwa mbere
Buteera Andrew na we yagarutse mu ikipe y'igihugu
Buteera Andrew na we yagarutse mu ikipe y’igihugu
Sibomana Patrick Papy aritezwe i Mwanza
Sibomana Patrick Papy aritezwe i Mwanza
Umunyezamu Kwizera Olivier ahagaze neza
Umunyezamu Kwizera Olivier ahagaze neza
Yannick Mukunzi agaragaza ibyo ashoboye
Yannick Mukunzi agaragaza ibyo ashoboye
Abatoza bamwenyuraga nyuma y'imyitozo
Abatoza bamwenyuraga nyuma y’imyitozo

Biteganyijwe ko ikipe y’u Rwanda ihaguruka i Kigali kuri uyu wa gatatu yerekeza i Mwanza mbere yo gukina na Tanzania kuwa gatanu tariki 23/1/2015.

Jah d’eau DUKUZE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Bitewe Nukazi Mbandimo Simperuka Kumva Urubuga Rw’imikino Mwatubwira Ikipe Irikumwanya Wambere Ngewe Ndi Umufana Kotedivari Irikumwanya Wakangahe?

Kwizera Ismael yanditse ku itariki ya: 22-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka