AS Kigali yasatiriye APR FC nyuma yo gutsinda Rayon Sports

Ikipe ya AS Kigali igeze ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-1 kuri iki cyumweru.

Ikipe ya Rayon Sports yagiye gukina na As Kigali ishaka kwihorera ku mukino aya makipe yombi yaherukaga guhuriramo aho yanganyije igitego 1-1 kuri stade Amahoro, bikaza no gutuma iyi kipe y’i Nyanza ibura igikombe cya shampiyona ku munota wanyuma.

Uyu mukino ariko n’ubundi ikipe ya Mfutila ntabwo yawigaragajemo, dore ko nyuma yaho igice cya mbere kirangiriye ari 0-0, Songa Isae wa As Kigali yaje gufungura amazamu ku munota wa 65 nyuma yo gucenga abinyuma ba Rayon Sports, umupira akawutereka neza mu nshundura z’izamu rya Bakame.

AS Kigali yogeye kubabaza abakunzi ba Rayon Sports.
AS Kigali yogeye kubabaza abakunzi ba Rayon Sports.

Rayon Sports ariko yaje kugaruka mu mukino ku munota wa 82, ubwo Peter Otema yishyuraga igitego ku mpano yiherewe na Shamiru Batte urindira AS Kigali, gusa bikarangira Kabula Mouhamed ahesheje ikipe ya Eric Nshimiyimana intsinzi, nyuma yo gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 87 ari nako umukino warangiye.

Gutsindwa kwa Rayon Sports byatumye AS Kigali iza ku mwanya wa kabiri n’amanota 21 aho irushwa na APR FC ya mbere amanota abiri gusa.

Undi mukino wabaye ku cyumweru tariki 14/12/2014 ni uwo Gicumbi yanganyijemo na Kiyovu Sports 0-0.

Uko amakipe akurikirana nyuma y’umunsi wa 10:

1. APR FC

2. AS Kigali

3. Rayons Sports

4. Police FC

5. Marines FC

6. Kiyovu SC

7. Gicumbi FC

8. Sun Rise FC

9. Amagaju FC

10. Espoir FC

11. Musanze FC

12. Mukura VS

13. Etincelles FC

14. Isonga FC

Jah d’eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka